• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Editorial 28 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibikubiye mu bushakashatsi bwakozwe na Human Rights Watch (HRW) bushinja u Rwanda gufata no gufunga abana bo mu muhanda mu buryo bubangamiye uburenganzira bwa muntu, ivuga ko ibikubiye muri iyo raporo bihabanye n’ukuri kw’ibikorwa bigamije kubarinda ubuzima bubi, kubagorora no kubategurira ejo hazaza heza.

Raporo HRW yashyize ahagaragara kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2020 ivuga ko abana bo ku muhanda mu Mujyi wa Kigali batagira kivurira, bafatwa bakajyanwa i Gikondo, bagafungwa, bakubitwa kandi bafungiwe ahantu hari umwanda.

Mu mapaji 44, HRW yatangaje ko ibikubiye muri iyo raporo bishingiye ku biganiro yagiranye n’abana 30 bari hagati y’imyaka 11 na 17 bafungiwe i Gikondo mu gihe kigera ku mezi atandatu. Ivuga ko baganiriye hagati ya Mutarama na Ukwakira 2019.

Raporo y’ubwo bushakashatsi ivuga ko 28 mu baganirijwe bavuze ko bakubiswe, ko basangiraga matora n’ibiringiti birimo inda ari benshi kandi kubona ubuvuzi bibagora.

Ivuga ko uhafungiwe adahabwa uburenganzira bwo kuvugana n’umunyamategeko, uwo mu muryango we cyangwa umurinzi.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya leta, Busingye Johnston, yamaganye ibyatangajwe avuga ko icyo u Rwanda rukora ari ugukiza abana barwo ubuzima bubi bwo ku muhanda, kujya mu biyobyabwenge no kwishora mu byaha bitandukanye.
Yavuze ko ababitangaje nta makuru ahagije bafite kuri gahunda ya leta y’igororamuco kandi ko ibyo batangaje bigaragara ko bifite impamvu za politike bishingiyeho. Yavuze ko hari urubyiruko rwibeshejeho rubikesha iyo gahunda.

Ati “HRW ntabwo ivuga ukuri, nta makuru ifite ndetse ibyo yatangaje bishingiye ku mpamvu za politiki. Abana bato b’u Rwanda baturuka mu miryango itazwi cyangwa yatandukanye bakomeje guhabwa ubumenyi butandukanye bubakiza ubuzima bwo mu muhanda, kwishora mu biyobyabwenge ndetse n’ibyaha. Abatari bake basoje amasomo ndetse ubu bibeshejeho.”

Minisitiri Busingye yavuze ko kuri HRW kuba umwana yaba inzererezi bifatwa nk’uburenganzira bwa muntu, ku buryo itumva ko Guverinoma y’u Rwanda ifite uburenganzira bwo gufata iya mbere mu gukiza abana b’igihugu.

Yavuze ko u Rwanda rwashyize imbaraga mu kurwanya impamvu zose zatuma umwana muto ajya mu muhanda ariko ko kuri HRW bisa nk’aho umwana afite uburenganzira bwo kuba mu muhanda.

Ikigo cy’Igihugu cy’Igororamuco cyashyizweho na leta y’u Rwanda kugira ngo gifashe urubyiruko kugororoka no gutegura ejo hazaza rwigishwa imyuga itandukanye n’uburere mboneragihugu. Nyamara muri raporo ya HRW basabye ko abana bose bahita barekurwa.

Minisitiri Busingye yavuze ko niba kureka umwana w’u Rwanda akaba mu buzima bwo mu muhanda byitwa uburengenzira bwa muntu, ku Rwanda atari ko byumvikana.

Imikorere y’Ibigo by’Igororamuco binyurwamo igihe gito

Iteka rya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ryasohotse ku wa 26 Mata 2018 riteganya ko abajyanwa muri ibyo bigo binyurwamo igihe gito (transit centre) ari abagaragaweho imikorere cyangwa imyitwarire mibi nk’uburaya, gukoresha ibiyobyabwenge, gusabiriza, ubuzererezi, ubucuruzi bwo mu muhanda cyangwa kubunza ibicuruzwa mu nzira mu buryo butemewe n’indi myitwarire yose ibangamiye abaturage.

Nyuma y’uko umuntu ajyanwe muri iki kigo, komite ngenzuramyitwarire yacyo imaze gusesengura no gusuzuma ibibazo by’uwashyikirijwe ikigo kinyurwamo by’igihe gito ishobora kwemeza kumushyikiriza ababyeyi be cyangwa umuryango akomokamo binyujijwe ku buyobozi bw’akarere akomokamo; kumushyikiriza ubugenzacyaha; kumujyana mu kigo ngororamuco; kumujyana ku kigo cy’ubuvuzi kugira ngo ahabwe ubuvuzi akeneye.

Iyi komite iyo ifashe kimwe muri ibyo byemezo, uretse icyo kugororwa by’igihe gito mu kigo kinyurwamo by’igihe gito, uwashyikirijwe ikigo yoherezwa aho komite yagennye mu gihe kitarenze iminsi cumi n’ine.

Iyo hafashwe icyemezo cyo kumugororera mu gihe by’igihe gito muri icyo kigo, uwafashwe ntashobora kurenza amezi abiri. Iyo ayo mezi ashize, biteganyijwe ko hakorwa isuzumwa bareba ko yahindutse, basanga atarahinduye imyitwarire bakamwongera ikindi gihe kidashobora kurenga ukwezi kumwe.

Iri teka rinarondora uburenganzira abajyanwe muri ibyo bigo by’igihe gito batagomba kuvutswa; burimo gushyirirwaho ibyangombwa by’ibanze bituma bagira isuku ku mubiri, ku myambaro n’aho baryama no kugira uburenganzira bwo kuvurwa; kudatotezwa cyangwa kudakorerwa ivangura iryo ari ryo ryose; guhabwa inama n’ibitekerezo no kugaragarizwa ibitagenda neza mu guhindura imyitwarire; gusurwa; kumenya amakuru; gusenga no kwidagadura.

Aba bafite kandi uburenganzira ku bintu bye byose byafatiriwe uretse ibifitanye isano n’ibyakoreshejwe mu bikorwa cyangwa mu myitwarire bibangamira abaturage; afite uburenganzira kandi bwo kudahanishwa ibihano bikomeretsa cyangwa bibabaza umubiri.

Iri teka rinavuga ko buri kwezi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS) gikora igenzura rigamije gusuzuma imikorere y’ikigo kinyurwamo by’igihe gito.

Muri iryo genzura, NRS yita by’umwihariko ku kumenya uko umuntu yashyikirijwe ikigo, uko ikibazo cye kirimo gusesengurwa n’ibyemezo bifatwa, hagamijwe kumenya ko amategeko n’uburenganzira bwa muntu byubahirizwa.

Muri icyo kigo uri kuhagororerwa ahabwa inyigisho kuri gahunda za Leta, ububi n’ingaruka zo kuba mu bikorwa cyangwa imyitwarire ibangamira abaturage, indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda, inzira zo kwihangira imirimo iciriritse no kwibumbira mu makoperative, gutozwa ibyiza byo gukoresha amaboko ye n’indi mirimo yose yamufasha kwiteza imbere, uruhare rw’umuturage mu kubumbatira umutekano n’izindi gahunda zagirira akamaro ugororwa.

Ikigo kinyurwamo by’igihe gito giteganya kandi ibiganiro byihariye nk’ubujyanama mu by’ihungabana n’ibindi bisa nka byo bigamije gufasha no kuvura abakiriwe mu kigo, mu gihe ari byo bakeneye kugira ngo bagarure imyitwarire iboneye.

Hari ibigo binyurwamo by’igihe gito (transit Centers ) bigera kuri 30 buri kigo kigira umubare kitarenza aho nk’icya Gikondo cyakira 1,500.

Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Kuva mu myaka irenga umunani ishize, HRW yakunze gushyira ahagaragara raporo z’urudaca zishinja u Rwanda kurenga ku mahame y’uburenganzira bwa muntu. Nubwo HRW yibasira u Rwanda umusubizo, ifite amasezerano yagiranye na Leta y’u Rwanda hagamijwe kunoza ubunyamwuga mu byegeranyo byinshi irukoraho umwaka ku wundi.

Mu 2011 impande zombi zemeranyije ku masezerano y’imikoranire, humvikanwa ko u Rwanda ruzajya ruhabwa umwanya wo kugira icyo ruvuga kuri ibyo byegeranyo mbere y’uko bisohoka, nubwo kenshi ibi bitubahirizwa.

Mu biganiro Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston, yagiranye na Lewis Mudge, uhagarariye HRW muri Afurika yo hagati, muri Mata 2014, yamugaragarije ko uyu muryango ukomeje kwica nkana amasezerano wagiranye n’u Rwanda kandi ko bishobora gutuma ruyasesa.

Icyo gihe Busingye yagize ati “Dufitanye amasezerano, ubushakashatsi badukozeho nibatubwire, niba bavuze ko turi paradizo tubabwire tuti ‘mwakoze cyane, cyangwa tuvuge tuti aha ariko si ko tubibona’ […] Si byiza ko bandika gusa, natwe dufite uburenganzira bwo kuyavugaho, ni inshingano zacu gusobanurira Abanyarwanda n’Isi ibyatuvuzweho.”

Umunyamerika Richard Johnson wigeze kuba umudipolomate wa Amerika ndetse wanabaye mu Rwanda hagati y’imyaka ya 2008-2010, yigeze gushyira mu majwi Human Rights Watch ku kugambanira u Rwanda irutangaho raporo zigamije kurusebya no kurwicira isura.

Mu gitabo cye yise “The Travesty of Human Rights Watch on Rwanda” cyangwa “Isesereza rya HRW ku Rwanda”, yasohoye mu 2014 yavuze ko kuva uyu muryango washingwa mu 1988 usa n’uwatandukiriye intego zawo zo guhirimbanira uburenganzira bwa muntu, ahubwo usa n’uwahindutse igikoresho cya politiki.

Johnson yakomeje yerekana ko raporo n’imvugo za HRW mu myaka ishize zibasira FPR Inkotanyi yavanyeho ubutegetsi bwakoze Jenoside. HRW ishyigikiye ko abahoze ku butegetsi banagize uruhare muri Jenoside bagaruka muri politiki y’u Rwanda.

 

Urubyiruko rwanyuze mu bigo ngororamuco rwahinduye ubuzima kubera amasomo atandukanye rwagiye ruhakura

 

2020-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Editorial 28 Jan 2019
Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Editorial 01 Apr 2022
#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

Editorial 01 Mar 2018
Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Editorial 14 Mar 2022
Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Editorial 28 Jan 2019
Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Editorial 01 Apr 2022
#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

Editorial 01 Mar 2018
Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Editorial 14 Mar 2022
Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Editorial 28 Jan 2019
Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Editorial 01 Apr 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru