• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia

U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia

Editorial 15 Oct 2019 IMIKINO

Ikipe y’u Rwanda ‘Amavubi’ yanganyije ubusa ku busa na Taifa Stars ya Tanzania mu mukino mpuzamahanga wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa Mbere.

Amakipe yombi yahuye mbere y’uko akina imikino yo kwishyura mu ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2020) kizabera muri Cameroun.

Amavubi yari imbere y’abafana, yihariye umupira mu minota myinshi y’igice cya mbere, ariko ntiyabona uburyo bukomeye bwashoboraga kuyahesha gufungura amazamu muri uyu mukino.

Uburyo bukomeye bwa mbere bwabonetse muri uyu mukino, ni ubwo ku munota wa 28, aho Niyonzima Olivier Sefu yasitaye ku mupira wari utewe nabi n’umunyezamu Boniface Metacha. Omborenga Fitina yananiwe gutsindira u Rwanda ubwo yateraga umupira ukomeye wakuwemo n’uyu munyezamu wa Tanzania.

Habura iminota itatu ngo igice cya mbere kirangire, Nsabimana Eric ‘Zidane’ yagerageje ishoti rya kure, ariko ku bw’amahirwe make umupira uca hejuru y’izamu rya Tanzania.

Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rw’u Rwanda, umutoza Mashami Vincent yinjizamo Kalisa Rachid mu mwanya wa Nshimiyimana Amran.

Hashize iminota 10, Tanzania yakoze impinduka esheshatu icyarimwe, yinjizamo abarimo Mchimbi Ditram Adrian, Madenge Miradji Athuman,Jonas Gerard Mkude, Lyanga Ayubu Reuben na Saidi Mzamiru Yassin.

Aba bakinnyi bafashije Taifa Stars gusatira bikomeye Ikipe y’u Rwanda mu minota isaga 15 yakurikiyeho ariko uburyo bumwe bwabonywe na Muzamiru Yassin ntibwagira icyo butanga, umupira ukomeye yateye ujya ku ruhande.

Umunyezamu wa Tanzania, Boniface Metacha, yayifashije cyane hagati y’umunota wa 60 n’uwa 80, akuramo imipira itatu irimo ibiri yatewe na Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ n’undi watewe na Niyonzima Haruna.

Tanzania yashoboraga gufungura amazamu ku mupira watakajwe na Manzi Thierry, ariko Mchimbi Ditram Adrian ateye ishoti rica ku ruhande.

Habura iminota itanu ngo umukino urangire, Amavubi yabonye uburyo bwiza bwo gutsinda igitego, aho Sugira Ernest yahinduye umupira mwiza mu rubuga rw’amahina, Niyonzima Haruna awuteye mu izamu ugarurwa n’igiti cy’izamu.

Ikipe y’u Rwanda izagaruka mu kibuga ku wa Gatandatu yakira Ethiopia mu mukino wo kwishyura w’ijonjora rya nyuma ryo gushaka tike ya CHAN 2020 izabera muri Cameroun.

Umukino ubanza wabereye muri Ethiopia mu kwezi gushize, warangiye u Rwanda rutsinze igitego 1-0.

Abakinnyi bitabajwe ku mpande zombi:

Rwanda: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina, Rugwiro Hervé, Manzi Thierry, Imanishimwe Emmanuel, Niyonzima Olivier ‘Sefu’, Nshimiyimana Amran (Kalisa Rachid 45’), Nsabimana Eric, Niyonzima Haruna (Nshuti Dominique Savio 90+2’), Kagere Meddie (Sugira Ernest 75’) na Tuyisenge Jacques (Manishimwe Djabel 52’).

Tanzania: Boniface Metacha, Kimenya Salum Mashaka, Kamadi Gadiel Michael, Nondo Bakari Mwamneyeto, Erasto Nyoni, Abdoul Aziz Makame Makame, Mukami Himd Mao, Domayo Frank Raymond, Msuva Simon Happygod, Yussuf Abdilahie Abdallah na Shah Farid Mousa.

2019-10-15
Editorial

IZINDI NKURU

Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Editorial 11 Jun 2019
AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali

AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali

Editorial 26 Jun 2025
Kiyovu SC  yanganyije na Marines ibura umwanya wa mbere

Kiyovu SC yanganyije na Marines ibura umwanya wa mbere

Editorial 17 Dec 2017
Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Editorial 16 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza
Amakuru

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Editorial 16 Dec 2023
Rwanda signs USD 39 million mining deal with Tri Metals Mining (Rwanda) Limited
Mu Mahanga

Rwanda signs USD 39 million mining deal with Tri Metals Mining (Rwanda) Limited

Editorial 12 Feb 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 02 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru