• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

Editorial 06 Mar 2018 POLITIKI

Nyuma y’igihe kinini u Rwanda rudacana uwaka na Human Rights Watch (HRW), umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, kubera raporo irutangazaho, amasezerano y’imikoranire yageze ku ndunduro.

Muri Nyakanga 2017, uyu muryango wasohoye raporo ku Rwanda wise “All Thieves must be killed”, bisobanuye ngo “Abajura bose bagomba kwicwa”; ishinja inzego z’umutekano ko zishe abaturage bagera kuri 37 mu Burengerazuba bw’u Rwanda kuva muri Mata 2016.

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yaje gusohora raporo yerekana ko HRW yavuze ko hari abantu bishwe nyamara bakiriho. Itangazamakuru ryeretswe bamwe mu bavugwa muri iyo raporo bakiriho n’abandi bahamya ko bagenzi babo bakiriho ndetse ko abapfuye bazize indwara bitari ukwicwa.

Iyo raporo ya HRW yazamuye uburakari ku ruhande rw’u Rwanda, maze mu Ukwakira 2017 abadepite baganira na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Nirere Madeleine, abahamirije ko raporo ya HRW yuzuyemo ibinyoma.

Mu myanzuro Inteko Ishinga Amategeko yashyikirije Guverinoma, harimo uwayisabaga ‘kongera gusuzuma amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch, ku buryo ibikorwa bigayitse bikomeje kuyiranga mu guharabika isura y’u Rwanda n’Abanyarwanda bitakomeza gukorwa hashingiwe cyangwa hitwajwe ayo masezerano atanakurikizwa’. Guverinoma yahawe iminsi 30 kuba yagaragaje icyo yabikozeho.

Mu kiganiro cyihariye na IGIHE, Ukuriye Ishami rya Minisiteri y’Ubutabera rishinzwe ubufatanye mu butabera mpuzamahanga, Umurungi Providence, yatangaje ko ibyo Inteko Ishinga Amategeko yasabaga byakozwe, isubizwa mu ibaruwa iyimenyesha icyemezo cyo kutazavugurura amasezerano na HRW.

Amasezerano u Rwanda rwari rufitanye na HRW yari yarasinywe ku wa 29 Kamena 2016 arangira ku wa 29 Werurwe 2017.

Murungi yagize ati “Icyemezo cyafashwe ni uko Guverinoma yasanze nta mpamvu yo kongera kuvugurura ayo masezerano, bishingiye ku mikoranire n’imikorere n’ubundi yari yabanjirije amasezerano yari acyuye igihe. Ibikorwa bya HRW twasanze nta burenganzira bwa muntu birengera ahubwo bifite impamvu zihishe za politiki aho kuba iz’uburenganzira bwa muntu.”

Ikindi kandi raporo ya HRW yo muri Nyakanga 2017 yasohotse n’ubundi nta cyangombwa cyo gukorera mu Rwanda ifite.

Minisiteri y’Ubutabera ivuga ko hafashwe icyo cyemezo cyo kutavugurura ayo masezerano ariko n’ubundi nta baruwa HRW yari yandika isaba kuyongera. Ariko ngo hari amakuru ifite ko abantu bayo bagenda baca muri za Ambasade, bashaka ko zayifasha akongerwa.

Amasezerano HRW yagiye yica, yavugaga ko mu gihe iri gukora raporo yajya ibanza kuganira na Minsiiteri y’Ubutabera ku kintu ibonye kitagenda mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu mbere yo kuyitangaza.

Mu gihe HRW nta mikoranire n’u Rwanda, Guverinoma yamenyesheje Inteko ko hari indi miryango itegamiye kuri leta yita ku burenganzira bwa muntu izakomeza gukorana nayo.

Ese u Rwanda ruzajyana mu nkiko HRW?

Mu bitekerezo byatanzwe nyuma ya raporo yerekanaga ko hari abantu bapfuye nyamara bakiriho, harimo no kuba HRW yagezwa mu nkiko.

Kuri iki kirebana n’ubutabera, Murungi yagize ati “Twaje gusanga atari ngombwa, kwaba ari ukuyiha ingufu tugiye mu manza nayo.”

Akomeza avuga ko abashyizwe muri iyo raporo ko bapfuye nyamara bakiriho begerwa bagahumurizwa.

Inteko Ishinga Amategeko yari yasabye Guverinoma gushakira abunganira abo raporo ya HRW ivuga ko bapfuye kandi bariho kugira ngo bayikurikirane mu nkiko kubera ko bahungabanyijwe (préjudice moral) n’ibinyoma bikubiye muri raporo yise “All Thieves must be killed”.
Raporo za Human Rights Watch zagiye zishoka zishinja u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwa muntu zaramaganywe, ndetse rukanagaragaza ko ushaka ukuri adakwiye kuzisoma.

2018-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Editorial 01 Jul 2019
Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Editorial 30 Nov 2024
Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Editorial 25 Sep 2016
Ikibazo cy’abarwanyi ba FDLR kiri mu biraje ishinga ba Perezida Kagame na Perezida  Kabila

Ikibazo cy’abarwanyi ba FDLR kiri mu biraje ishinga ba Perezida Kagame na Perezida Kabila

Editorial 17 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwavuze ku bimukira bigaragambirije kuri Ambasade yarwo muri Israel
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwavuze ku bimukira bigaragambirije kuri Ambasade yarwo muri Israel

Editorial 07 Feb 2018
Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!
Amakuru

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Editorial 28 Jan 2025
Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.
Amakuru

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Editorial 30 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru