• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   01 May 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

Editorial 10 Mar 2020 IKORANABUHANGA

Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda yo gutera imiti yica imibu itera Malaria, iyisanze mu ndiri yayo nko mu bihuru, mu bishanga, imibande, ahari ibidendezi by’amazi n’ahandi, hakoreshejwe indege zitagira umupilote zizwi nka drones.

Iyi gahunda ifite insanganyamatsiko igira iti “Kurwanya Malaria bitangirire kuri njye” yatangijwe kuri uyu wa 10 Werurwe 2020 mu Murenge wa Rusororo Akarere ka Gasabo, mu gishanga cya Rugende gihingwamo umuceri.

Ni gahunda izajya ikorwa hifashishijwe indege nto zifite ubushobozi bwo kwikorera igicupa gifite ubushobozi bwo gutwara litiro 12, ikazuhera ku buso bungana nibura na hegitari 20 mu isaha imwe. Bivuze ko ku munsi ishobora gutera ahantu hanini cyane umuntu atasoza akoresheje intoki.

Iyi ndege igenda itera mu gace gaherereyemo imibu n’amagi bitera Malaria kurusha ahandi ikurikije ishusho iba yafashwe ihagaragaza.

Uyu mushinga u Rwanda ruwufatanyije na Sosiyete y’Abanyarwanda yitwa ‘Charis Unmanned Aerial Solutions’. Uzunganira izindi gahunda zisanzwe zo guhashya Malaria zirimo gukwirakwiza mu baturage inzitiramibu, gutera imiti mu bishanga, mu nzu n’ahandi hari indiri y’imibu itera iyi ndwara, kwegereza abaturage ubuvuzi, aho uyu munsi abajyanama b’ubuzima babasha kuyisuzuma no kuyivura n’izindi.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko uyu munsi ari amateka ku Rwanda kubera gahunda idasanzwe rutangije muri gahunda yo kurwanya Malaria.

Yavuze ko iki gikorwa ari nko gusanga umwanzi mu ndiri ye mbere y’uko akugabaho igitero, ukamutanga.

Ati “Turi kureba uburyo dukoresheje ikoranabuhanga twakongera uburyo bwo kurwanya Malaria dusanga imigi y’imibu aho iterera amagi tukayicira hariya mbere y’uko ikura.’’

Dr Ngamije yavuze ko ubusanzwe Abanyarwanda bari bamaze kugira ibyabo gahunda zo kurwanya Malaria ariko n’abari barasigaye bashishikarizwa kubigira ibyabo kuko ntawe ugomba gusigara inyuma kugira ngo intego yo kuyirandura igerweho.

Ati “Turashaka kugira ngo iri koranabuhanga ryifashisha indege zitagira umupilote abe ariryo dukoresha kuko tubifitemo inyungu zitandukanye ugereranyije n’ubundi buryo twakoreshaga.”

Ni uburyo bwasabaga gufata abaturage bakazenguruka ibishanga bareba aho imibu iri, bagasubira inyuma bayitera imiti, bigatuma imyaka yangirika n’abantu bakamara umwanya babikora kandi ari benshi n’umuti mwinshi kuko waterwaga n’ahatari imibu.

Abatuye mu Murenge wa Rusororo iki gikorwa cyatangirijwemo bavuga ko kizabafasha kugabanya umubare w’abayirwaye nk’uko Gashema Jean Damascène yabisobanuye.

Ati “Turimo kubona turiya tudege tugenda dutera umuti, twizeye ko bizadufasha, umubare w’abarwaraga Malaria kubera iriya mibu ivuye mu bishanga no mu bihuru n’ibidendezi by’amazi ikagabanuka.”

Mugenzi we witwa Muberanyambo Antoine yagize ati “Bari barampimbye Malaria kubera kuyirwara cyane ariko abajyanama b’ubuzima bamaze kuza natangiye kwivuza ku gihe kubera nivurizaga ku gihe ubu nabashije kwiteza imbere. Mbere narwaraga gatatu mu cyumweru ariko ubu nsigaye mara umwaka wose ntayirwaye. Izi ndege rero zigiye kutwunganira mu bikorwa byacu twakoraga byo kuyirwanya dukoresheje amaboko.”

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko umwaka ushize w’ingengo y’imari wa 2018/2019, Malaria yagaragaye ku barwayi basaga miliyoni 3.9.

Mu mezi 12 ashize ya 2019, Malaria yagaragaye ku bantu miliyoni 3.7 bavuye kuri miliyoni 4.8 yagaragayeho mu mwaka wawubanjirije wa 2018, bisobanuye ko abo yagaragayeho bagabanutseho 21% hagati y’iyo myaka.

Imibare kandi igaragaza ko iyi ndwara iri mu zihangayikishije ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, abo yica bagabanutse cyane kuko bageze kuri 264 mu mwaka w’ingengo y’imari ushize wa 2018/2019 mu gihe mu 2016/2017 yishe 663 bangana n’igabanuka rya 60%.

Minisante igaragaza ko uyu mwaka izatanga inzitiramibu zisaga miliyoni 7.5 zirimo 3.5 zizakorerwa mu gihugu ndetse ko uturere 12 tuzaterwamo imiti yica imibu.

2020-03-10
Editorial

IZINDI NKURU

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Editorial 11 Sep 2019
Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Editorial 20 Aug 2018
Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Editorial 03 May 2018
Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Editorial 01 Apr 2018
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Editorial 11 Sep 2019
Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Editorial 20 Aug 2018
Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Editorial 03 May 2018
Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Editorial 01 Apr 2018
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Editorial 11 Sep 2019
Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Editorial 20 Aug 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru