• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

Editorial 13 Mar 2018 IKORANABUHANGA

Umuyobozi w’Urwego Ngenzuramikorere, RURA, Lt Col Patrick Nyirishema, yatangaje ko u Rwanda ruri mu bufatanye n’ibindi bihugu, bigamije gutyaza ubumenyi mu birebana n’ibyogajuru, kugira ngo ikoranabuhanga ribishingiyeho rirushaho kubyazwa umusaruro.

Mu mpera z’umwaka ushize nibwo byatangajwe ko Inzego z’Abikorera mu Rwanda, Ikigo cy’Abayapani Gishinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga, JICA, RURA n’Ikigo cy’Abayapani gishinzwe ibyogajuru, JAXA, bari mu bufatanye buzatuma u Rwanda rubona icyogajuru mu 2020.

Ubwo kuri uyu wa Mbere i Kigali hatangizwaga amahugurwa y’inzego zirebana n’imikorere y’ibyogajuru, Nyirishema yavuze ko kugira ngo iyo mishinga izagerweho ku Rwanda n’ibindi bihugu, hagomba kuba hari amabwiriza akurikizwa.

Yagize ati “Icyo navuga ni uko u Rwanda ruri gufatanya n’ibihugu bitandukanye mu kubaka ubushobozi, ibihugu bitandukanye n’u Buyapani burimo, ndetse no gufatanya n’ibindi bya Afurika, ari nayo mpamvu iki gikorwa cyabereye hano. Tubona ko icyogajuru ari ikintu cy’ingenzi kuri Afurika.”

“Icyogajuru hari abantu bumva ko ari ibintu bihambaye cyane, ariko ikoranabuhanga rimaze kugera ahantu gukora icyogajuru bigenda byoroha. Kera abantu bakoraga icyogajuru kinini cyane, ubu hasigaye hari utwogajuru duto abantu bakora ku giciro kitari kinini, bakaba babyohereza mu kirere.”

Akim Falou Dine ukora muri serivisi z’ibyogajuru mu Kigo Mpuzamahanga Gishinzwe Iterambere ry’Itumanaho, (ITU), ari nacyo kigomba gutanga aya mahugurwa y’iminsi itanu, yavuze ko ibihugu bikeneye kumva neza ibisabwa ngo nabyo bigire ibyogajuru byiyubakiye.

Yakomeje agira ati “Tuzakora ibishoboka muri iki cyumweru, njye na bagenzi banjye mu gutuma izi nzozi ziba impamo, ku buryo mu gihe kitarenze imyaka ibiri, buri gihugu kiri hano kizaba kimaze kugira icyogajuru gito cyangwa kinini mu kirere.”

Ibihugu bike bya Afurika nibyo bimaze kugira ibyogajuru bito, birimo Nigeria, Kenya, Ghana, Misiri, Moroc. Misiri iteganya no kohereza icyogajuru kinini.

Akim yakomeje avuga ko ibyogajuru byitezweho gufasha cyane mu itumanaho n’isakazabumenyi, bikoroshya itumanaho kurusha iminara, bigafasha Abanyafurika kwihutisha ikoranabuhanga.

Yakomeje agira ati “Ibyogajuru bizafasha cyane mu kugera ku ntego zigamije iterambere rirambye binyuze mu itumanaho. Ubu niba uri igihugu gikennye ushobora koroshya ibikorwa nko mu buvuzi bw’iya kure, uburezi, GPS, ikoranabuhanga mu buhinzi… ni ingenzi cyane.”

Gukora icyogajuru gito ngo ntibigihenze, kuko igiciro ku cyogajuru gito cyane gishobora no kujya hagati y’ibihumbi 40-100$.

Nyirishema yavuze ko “mu minsi iri imbere” u Rwanda ruzatangaza gahunda ihari mu birebana n’umushinga wo gutangiza icyogajuru.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango ushinzwe itumanaho muri Afurika y’Iburasirazuba, Dr Ali Simba, yavuze ko hakiri imbogamizi mu itumanaho nko kuba ibihugu bitarabasha gukwirakwiza umurongo mugari wa internet, kandi itumanaho rimeze neza ryihutisha iterambere.

Yakomeje agira ati “Tuzi ko iyo wongereye 10% by’abagerwaho na internet bihita byongera 1.4% ku musaruro mbumbe w’igihugu. Ni ibintu dufite icyogajuru byakoroshya mu karere kose, tukongera abagerwaho na internet ubundi tukazamura umusaruro mbumbe w’ibihugu byacu.”

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe nawo uheruka kongerera imbaraga gahunda y’ibihugu yo kugira ibyogajuru, ubwo washyiragaho Africa Space Agency mu 2016.

Aya mahugurwa yitabiriwe n’abantu 57 bahagarariye ibihugu birimo u Rwanda, Tanzania, Zimbabwe, Uganda, Nigeria, Senegal, Kenya na Sudani y’Epfo, barimo abakora mu nzego ngenzuramikorere, ibigo by’itumanaho, minisiteri z’ikoranabuhanga n’ibindi bitandukanye.

Akim Falou Dine ukora muri serivisi z’ibyogajuru mu Kigo Mpuzamahanga Gishinzwe Iterambere ry’Itumanaho (ITU)

Umuyobozi Mukuru wa RURA, Lt Col Patrick Nyirishema

Amahugurwa ari gutangwa n’impuguke mpuzamahanga zaturutse muri ITU

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango ushinzwe itumanaho muri Afurika y’Iburasirazuba (EACO), Dr Ali Simba

Ibihugu bya Afurika bifite intego yo kubaka ibyogajuru bahereye ku bito

Amahugurwa yitabiriwe n’abantu 57 barimo abakora mu nzego ngenzuramikorere, ibigo by’itumanaho na minisiteri z’ikoranabuhanga

2018-03-13
Editorial

IZINDI NKURU

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

Editorial 19 Nov 2018
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Editorial 11 Sep 2019
Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Editorial 17 Nov 2017
Umukobwa w’iRobot yitwa  ” Sophia ” yamamaye kubera ubwenge buhambaye izagaragara mu nama ya Transform Africa i Kigali

Umukobwa w’iRobot yitwa ” Sophia ” yamamaye kubera ubwenge buhambaye izagaragara mu nama ya Transform Africa i Kigali

Editorial 15 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?
Amakuru

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Editorial 06 Jan 2021
Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi
Amakuru

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Editorial 05 May 2025
Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry,  Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa
Amakuru

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry, Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa

Editorial 07 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru