• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro

U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro

Editorial 17 May 2016 Mu Mahanga

Raporo y’ibanga y’Akanama k’Amahoro n’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma birimo guha imyitozo no gutera inkunga y’amafaranga n’ibikoresho abarwanya ubutegetsi mu Burundi ngo bahirike Perezida Nkurunziza kubutegetsi .

Itsinda rigizwe n’impuguke zigenga zashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye ngo zikore igenzura ku bijyanye n’ibihano byafatiwe Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, iryo tsinda mu gutandukira ryaherukaga gusohora Raporo ryise iyi banga muri Gashyantare ivuga ko abarwanyi 18 b’Abarundi bafatiwe mu burasirazuba bwa Congo bakavuga ko bakuwe mu nkambi y’impunzi mu Rwanda hagati muri 2015 bagahabwa imyitozo ya gisirikare n’abarimu ngo barimo n’Abanyarwanda.

Ariko ibi u Rwanda rwabiteye utwatsi.

Muri raporo nshya yizo mpuguke, Reuters ivuga ko yayikubiseho ijisho mu ibanga ejo kuwa Kane, itariki 12 Gicurasi, ngo ikaba igomba no kugibwaho impaka na komite ishinzwe ibihano y’Akanama k’Umutekano ka Loni kuri uyu wa Gatanu, tariki 13 Gicurasi 2016, iyo raporo yongeye kuvuga ko ibyo bintu byo gutoza abarundi u Rwanda rwabikomeje no muri 2016.

Iri tsinda ngo ryahuye n’Abanyarwanda nabo ngo bemeje ko bagize uruhare mu gutoza abo Barundi cyangwa ngo bakoherezwa muri Congo guha ubufasha abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi.

Ubu bushakashatsi ariko nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, buravuguruzanya mu byatangazwaga n’abayobozi bamwe bo mu burengerazuba mu mezi ashize bavuze ko nta bufasha na bumwe bw’Abanyarwanda bwari bugenewe inyeshyamba z’Abarundi bwigeze bufatwa mu mwaka ushize.

Impuguke za Loni zavuze ko zagejeje ibyo zagezeho kuri guverinoma y’u Rwanda igahakana kugira uruhare urwo ari rwo rwose ivuga ko itari izi iby’iyinjiza mu nyeshyamba impunzi z’Abarundi zo mu Nkambi ya Mahama.

Kugeza ubu abahagarariye u Rwanda muri Loni ntacyo baratangaza kuri iyi raporo nk’uko Reuters ikomeza ivuga.

Iyi nkuru kandi ikomeza ivuga ko bamwe mu bagize aka kanama k’umutekano ka Loni bifuza kohereza abapolisi mpuzamahanga mu Burundi bagafasha mu guhagarika ubugizi bwa nabi, ariko bakanagenzura umupaka w’u Burundi n’u Rwanda.

-2805.jpg

Gen. Patrick Nyamvumba

Umwanditsi wacu

2016-05-17
Editorial

IZINDI NKURU

Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Editorial 21 Nov 2017
U Rwanda rwamaganye irekurwa rya Rukundo na Nahimana bahamijwe ibyaha bya Jenoside

U Rwanda rwamaganye irekurwa rya Rukundo na Nahimana bahamijwe ibyaha bya Jenoside

Editorial 17 Dec 2016
Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso

Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso

Editorial 17 Nov 2016
Perezida Museveni ni we ugiye kunga Salva Kiir na Mashar

Perezida Museveni ni we ugiye kunga Salva Kiir na Mashar

Editorial 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA
HIRYA NO HINO

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Editorial 02 Dec 2019
PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative
POLITIKI

PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

Editorial 23 Aug 2018
APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0
Amakuru

APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

Editorial 14 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru