• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Editorial 02 May 2024 Amakuru, Mu Rwanda, UBUZIMA

Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda itari iya Leta ishinzwe kurwanya Virusi Itera SIDA, Guteza imbere Ubuzima no Guharanira Uburenganzira bwa Muntu ku buzima mu Rwanda, risanga hakwiye kubaho ubufatanye bwa buri wese mu guha urubyiruko amakuru nyayoku buzima bw’imyororokere hagamijwe gukumira inda ziterwa abangavu ndetse no kwirinda ibyorezo bitandukanye birimo na virusi itera Sida.

Mu butumwa bwatanzwe ku byiciro bitandukanye birimo abanyamadini, Abanyamakuru, abakoresha imbuga nkoranyambaga n’urubyiruko, hagarutswe ku cyakorwa mu gukumira ikibazo cy’inda ziterwa abangavu ndetse no kwirinda ubwandu bwa virusi itera Sida n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Umwe mu rubyiruko Mukandayishimiye Sabine yagaragaje ko zimwe mu mbogamizi bahura nazo ari uko rimwe na rimwe bagira isoni zo kuganira ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere agasaba ko hakomeza ubukangurambaga.

Yagize ati: “Iyo tugiye mu cyumba cy’urubyiruko dusangamo abantu baturuta tugatinya kubibabwira, ugatinya ko yaba ari uwo muri karitsiye ukaba wamubwira ibintu akabibwira ababyeyi bawe mbere y’uko ubibabwira.

Ku kijyanye n’abanyamadini, na bo bafite imbogamizi yo kuvuga ubuzima bw’imyororokere mu rusengero, nibakangurire urubyiruko kujya mu makarabu kuko tuhungukira ubumenyi kandi tukanatinyuka.”

Umuyobozi ku rwego rw’Igihugu ushinzwe ibwirizabutumwa n’imigenzo y’idini mu idini ya kisilamu mu Rwanda, Sheikh Imaniriho Ismael, ashimangira ko nubwo inyigisho zitangwa zigomba gushingira ku ijambo ry’Imana ariko hakwiye no kuzamura imyumvire.

Ati: “Impamvu nyamukuru ishingira ku kuba twe tuyoborwa n’igitabo cy’Imana kuko ni yo konsititusiyo ya mbere y’umuyisilamu cyangwa umwemera Mana nyakuri. Aha rero habanza kwifata mbere ya byose kuko iyo utifashe uba waguye mu cyaha.”

Yongeyeho ati: “Impamvu yindi nanone ishingira ku muco cyane cyane umuco utatwemerera kuvuga ibintu mu mazina yabyo, ariko aho Isi igeze ibintu tugomba kubihindura tukegera urubyiruko, ibyiciro byose birimo abanyamakuru n’abandi batandukanye kugira ngo dukosore Isi yacu kuko ni cyo tubereyeho.”

Impuguke mu bijyanye n’amategeko ndetse n’ubuzima bw’imyororokere, watanze ikiganiro ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda itari iya Leta ishinzwe kurwanya Virusi Itera SIDA, guteza imbere Ubuzima no Guharanira Uburenganzira bwa Muntu ku buzima mu Rwanda, Sengoga Chris, asanga hakwiye kubaho ubufatanye bwa buri wese mu gutanga amakuru nyayo ku rubyiruko mu rwego rwo gukumira bimwe mu bibazo bishingiye ku buzima bw’imyororokere.

 

Ati: “Ababyeyi ubundi ni bo bafite inshingano za mbere kuko umwana avukira mu muryango akanawukuriramo. Ugasanga akenshi n’abarezi na bo bafite uruhare. Ariko nanone abanyamadini kubera ko usanga sosiyete yose ari ho ibarizwa na bo bakagira uruhare.”

 

Yakomeje avuga ko abanyamadini usanga rero kenshi abanyamadini bigisha sinavuga ko ari ukugoreka amakuru ariko ugasanga badakomoza ku kintu cyo kwirinda ngo bakivuge cyose uko cya bikwiye, bigatuma rwa rubyiruko za ngimbi n’abangavu bari mu madini atandukanye ugasanga ntabwo bafite amakuru y’ibanze ku buzima bw’imyororokere.

 

Amakuru rero kudahuza ngo nibura ayo akuye mu rugo cyangwa atayabonye mu rugo ngo ayabone mu muryango abarizwamo w’amadini n’ahandi ayo yose habayeho gushyira hamwe imbaraga no gufatanya ibikorwa twese tugasenyera umugozi umwe nk’Abanyarwanda mu byiciro bitandukanye, byatuma ba bangavu n’ingimbi babona amakuru ku buzima bw’imyororokere bikanagabanya ibibazo sosiyete nyarwanda irimo ihura nabyo byinshi bijyanye no kutabona amakuru.”

 

Imibare ya Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (Migeprof) yo ku ya 2 Gashyantare 2023 igaragaza ko kuva muri Nyakanga kugera mu Ukuboza 2022, abakobwa ibihumbi 13 bari munsi y’imyaka 19 ari bo batewe inda imburagihe mu Rwanda.

Intara y’Iburasirazuba ni yo iyoboye izindi mu kugira umubare munini w’abangavu baterwa inda aho Uturere tuza ku isonga ari Nyagatare, Gatsibo na Bugesera.

2024-05-02
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Editorial 30 Jul 2021
Icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana Rose Muhando yatumiwe mu Gitaramo i Kigali amaso yaheze mukirere uyu musi nuwa 3 bakimutegereje

Icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana Rose Muhando yatumiwe mu Gitaramo i Kigali amaso yaheze mukirere uyu musi nuwa 3 bakimutegereje

Editorial 01 Sep 2017
Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Editorial 11 Apr 2020
BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

Editorial 31 Aug 2018
Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Editorial 30 Jul 2021
Icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana Rose Muhando yatumiwe mu Gitaramo i Kigali amaso yaheze mukirere uyu musi nuwa 3 bakimutegereje

Icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana Rose Muhando yatumiwe mu Gitaramo i Kigali amaso yaheze mukirere uyu musi nuwa 3 bakimutegereje

Editorial 01 Sep 2017
Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Editorial 11 Apr 2020
BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

Editorial 31 Aug 2018
Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Editorial 30 Jul 2021
Icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana Rose Muhando yatumiwe mu Gitaramo i Kigali amaso yaheze mukirere uyu musi nuwa 3 bakimutegereje

Icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana Rose Muhando yatumiwe mu Gitaramo i Kigali amaso yaheze mukirere uyu musi nuwa 3 bakimutegereje

Editorial 01 Sep 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru