• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Editorial 14 May 2018 UBUKUNGU

*Ni icyaha kirenze ubujura bumenyerewe, mu nkiko hari kuburanwa miliyari 2
*Abanyarwanda benshi ngo bazi ko ari ibyo muri filimi gusa!

Umujura witwaje gatarina cyangwa abacukura inzu za rubanda nibo tumenyereye ariko ubu ngo dukwiye kumenya ko abajura bagezweho ari abifashisha ikoranabuhanga nk’uko Umuvugizi w’inkiko abivuga. Ibyo biba ngo ni akayabo, abantu bakwiye kwirinda.

Ubujura bwifashishije ikoranabuhanga ntibumenyerewe mu Rwanda

Ubujura bwifashishije ikoranabunga ngo ntiburagaragara cyane ugereranyije naburiya bujura tumenyereye bwitwaje kiboko. Ariko ngo butangiye kuboneka bwakorewe abantu cyangwa se za banki.

Muri banki imwe mpuzamahanga ikorera mu Rwanda abajura nk’aba bahibye  1,466,343,82  Frw na USD 298,400. Hari abatari bacye bari gukurikiranwa kuri iki cyaha.

Harisson Mutabazi umuvugizi w’inkiko mu Rwanda nk’aya mafaranga angana atya asubiza hasi banki ndetse n’abayibitsamo.

Aya mafaranga ngo yibwe hifashishijwe aba-hackers mu kwinjirira ‘system’ y’ikoranabuhanga banki ikoresha. Andi yibwa hifashishijwe ATM na Credit Cards.

Mu bujura nk’ubu ngo hari ubwo umuntu ajya kureba kuri Konti ye agasanga boherejeho amafaranga menshi cyane atazi aho avuye, yajya kuyarebaho akayabura. Abenshi ngo baricecekera.

Ubundi bujura ngo ni ubukorwa n’abiyitirira ibigo cyangwa inzego bagahamagara abantu bakabafatanya n’ubujiji bakabasaba amafaranga. Uhamagawe akagira amakenga ngo aba akwiye guhita amenyesha inzego zishinzwe umutekano hafi ye.

Mutabazi ariko avuga ko igikomeye kurushaho ari uko abanyarwanda benshi batarasobanukirwa n’ubu bujura, bityo kubukorerwa bikaba bishoboka.

Ndetse ngo n’abakorewe iki cyaha usanga abenshi begera inzego bireba cyamaze gukorwa.

Ingingo ya 307 y’igitabo cy’itegeko ngenga gishiraho amategeko ahana ibyaha, ivuga ko umuntu “umuntu wese utwara ibintu byabitswe cyangwa byoherejwe kuri za mudasobwa cyangwa ibindi byuma bishobora gukora nka za mudasobwa  atari we byari bigenewe ngo ahanisha igifungo kuva ku myaka 2 kugeza ku mwayaka itanu. N’ihazabu ry’amafaranga  y’ u Rwanda kuva ku 500.000 frw kugeza kuri miliyoni eshatu.

Mutabazi Harrison avuga ko hari n’andi mategeko menshi agaruka kuri icyi cyaha cy’ubujura bw’ikoranabuhanga.

2018-05-14
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Editorial 30 Apr 2019
Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Editorial 31 Mar 2019
RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

Editorial 10 Jan 2017
Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Editorial 18 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.
HIRYA NO HINO

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.

Editorial 21 Jun 2017
Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Editorial 29 Mar 2017
Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho
INKURU NYAMUKURU

Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Editorial 17 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru