• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo
Adeline Rwigara

Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo

Editorial 16 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa 16 Ugushyingo, urubanza rw’ubujurire rwa Diane Rwigara na nyina Adeline Rwigara rwasubukuwe, abaregwa bose bitabye ndetse n’ababunganira.

Adeline Rwigara yahawe ijambo, avuga ko arwaye ari kunywa imiti ikomeye, avuga ko atiteguye bitewe n’uko nta mbaraga afite.

Adeline yavuze ko uburwayi bwe bukomoka mu buryo yafungiwe muri CID, aho ngo yakorewe iyicarubozo ndetse akaba atararyaga.

Avuga ko nta burenganzira bwo kuba afite impapuro zo kwa muganga ndetse ko ngo atitabwaho uko bikwiye. Me Gashabana umwunganira avuga ko hari icyemezo cya muganga bashyikirije urukiko, aho ngo kigaragagaza ko umukiriya we arwaye bikomeye. Gusa izindi mpapuro za muganga ngo zibikwa na gereza.

Iyo ngo agiye kubonana na muganga ngo ntabwo ari we utwara dosiye ye. Me Gashabana yasabye ko urukiko rwategeka agahabwa inyandiko za Adeline kugira ngo zizabashe kugaragarizwa urukiko.

Yanavuze ko kugeza ubu batanze imyanzuro yabo ariko batigeze bahabwa imyanzuro y’ubushinjacyaha ngo bamenye icyo bwavuze ku yabo.

Ku ruhande rwa Diane Rwigara avuga ko yiteguye kuburana n’ubwo nta myanzuro y’ubushinjacyaha bafite. Me Buhuru Pierre Celestin avuga ubushinjacyaha bukwiye kubaha imyanzuro bakayigaho na bo.

Kuburanisha urubanza batayifite ngo byaba ari ukubogamira ku bushinjacyaha. Ngo nta mpamvu bahabwa ijambo kandi nta myanzuro bwatanze.

Ku ruhande rw’Umushinjacyaha, Nkusi Faustin avuga ko ubwo urubanza rwasubikwaga hari hanzuwe ko Adeline agomba kugaragaza icyemezo cya muganga, aho ngo ntacyo yigeze agaragaza.

Avuga ku by’imyanzuro, avuga ko kuvuga ko batayibahaye atari byo. Ubushinjacyaha ngo bwabonye imyanzuro y’abaregwa ndetse baranayisubiza. Icyo gihe hari ku itariki ya 6 Ugushyingo.

Mukunzi Faustin, uhagarariye ubushinjacyaha avuga ko ibyo kuvuga ko ibyo Adeline arwaye bituruka ku buryo yafunzwemo ntaho bigaragazwa na muganga.

 

2017-11-16
Editorial

IZINDI NKURU

Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 13 Jul 2018
Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Editorial 22 Oct 2020
Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Editorial 11 Oct 2018
Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR,  mu bihuru bya Kisoro

Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR, mu bihuru bya Kisoro

Editorial 10 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bahanganye na “Padiri” Thomas Nahimana ngo ubahatira kumushyigikira muri politiki ye y’ ubuswa n’ubusazi.
Amakuru

Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bahanganye na “Padiri” Thomas Nahimana ngo ubahatira kumushyigikira muri politiki ye y’ ubuswa n’ubusazi.

Editorial 03 Mar 2021
Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF
IMIKINO

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Editorial 23 Dec 2018
Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya nyuma yo gushyiraho Ministiri w’Intebe
POLITIKI

Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya nyuma yo gushyiraho Ministiri w’Intebe

Editorial 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru