• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Editorial 07 Nov 2017 Amakuru

Urukiko Rukuru rwasubitse iburanisha ku bujurire bwa Diane Rwigara na nyina, Mukangemanyi Adeline utagaragaye mu cyumba cy’ibunirasha kubera impamvu z’uburwayi ; nyuma y’uko abaregwa basabye ko batari biteguye kuburana.

Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi Adeline Rwigara, bajuririye umwanzuro wo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 baheruka guhabwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Iburanisha mu bujurire ryo kuri uyu wa kabiri, ubushinjacyaha bwari buhagarariwe na Nkusi Faustin, usanzwe ari Umuvugizi wabwo. Me Buhuru Pierre Celestin wunganiraga Diane Rwigara mu ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ntiyagaragaye mu rukiko, ahubwo Diane yunganirwaga na Me Gatera Gashabana wari umwavoka wa nyina Mukangemanyi mu ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

Ubwo iburanisha ryatangiraga, Mushimiyimana Rwigara Diane, yabwiye urukiko ko umwavoka we yagize urundi rubanza ndetse atari yamenye ko agomba kwitaba urukiko uyu munsi.

Ngo yahawe urutonde rw’amazina y’abantu baraburana uyu munsi atamenyeshejwe ko aza kuburana, bigahurirana n’uko Me Buhuru umwunganira atabonetse kuko afite izindi manza.

Yahise asaba ko ashyikirizwa ‘assignation’, ndetse agahabwa undi munsi wo kuburana. Ikindi kandi ngo ejo [Ku wa Mbere] nibwo yabonanye n’umwunganizi we, bumvikana ko basaba undi munsi wo kuburana.

Me Gatera Gashabana wagaragaye mu rukiko uwo yunganira Mukangemanyi adahari, yavuze ko uwo umukiliya we atabashije kugera mu rukiko kubera uburwayi, asaba ko bahabwa undi munsi kandi icyo gihe bakazahamagarwa mu rukiko hakurikijwe ibiteganywa n’itegeko.

Ubushinjacyaha buhagarariwe na Mukunzi Faustin na Nkusi Faustin bwavuze ko kuba Me Buhuru yarabonye ko araburana uyu munsi ariko ntiyitabe ngo afite urundi rubanza, bibaza impamvu atanandikiye urukiko ngo arusobanurire urwo rubanza urwo arirwo, atari ukubivuga gutyo gusa.

Kuri Mukangemanyi utitabye ariko akandikira urukiko ko arwaye, we ngo yakoroherezwa agahabwa undi munsi, nubwo ubutaha byaba byiza ku ibaruwa bagiye bashyiraho icyemezo cya muganga.

Mu ibaruwa ye, Mukangemanyi yavuze ko Me Gashabana yamuburanira adahari, ariko Umushinjacyaha Nkusi avuga ko amategeko atabimwemerera kuko atamuburanira ahubwo amwunganira.

Diane Rwigara yasabye urukiko ko yahabwa undi munsi wo kuburana kuko ataburana umwavoka we adahari. Naho Me Gashabana yashimangiye ko hakwiye kubahirizwa ibiteganywa mu ihamagarwa mu rukiko kuko “assignation”, ari inyandiko ishyikirizwa uregwa amenyeshwa igihe azaburanira, aho guhabwa urutonde rw’abaraburana umunsi wose.

Ubushinjacyaha bwavuze ko mu gihe cy’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, kumenyeshwa ko umuntu azajya kuburana nk’uko Me Gashabana abivuga, ngo ari igihe urukiko ruba rwararegewe mu mizi, ariko muri uru rwego itegeko rigena ko Ubushinjacyaha bugeza uregwa ku rukiko, ku buryo kubamenyesha ko baburana byari bihagije.

Nyuma y’izo mpaka ku mpande zombie, urukiko rwafashe iminota 10 yo gufata umwanzuro kuri icyo kibazo, nyuma rwanzura ko kuba Mukangemanyi yandikiye urukiko ko arwaye, bitaba ikimenyetso ko aribyo kuko byakwemezwa n’ icyemezo cy’umuganga ubifitiye ubushobozi.

Gusa ngo kuba ubushinjacyaha bwemeza ko rwasubikwa ariko bigomba kugenda. Ikindi kandi urukiko rwavuze ko icyaha akurikiranyweho kitatuma aburanirwa n’umwavoka.

Kuri Diane Rwigara, nawe urukiko rwavuze ko kuba Me Buhuru atabonetse kubera ko afite izindi manza bitashingirwaho, ariko mu nyungu z’ubutabera no kugira ngo uburana yunganirwe, urubanza rwasubikwa.

Iburanisha ryimuriwe ku wa 16 Ugushyingo saa tatu mu Rukiko Rukuru ku Kimihurura.

Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, agahurira n’umuvandimwe we Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda ; Adeline we akiharira icyaha akekwaho cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

2017-11-07
Editorial

IZINDI NKURU

Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Editorial 21 Jul 2016
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Editorial 18 Jul 2024
Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Editorial 18 Mar 2023
Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Editorial 10 Sep 2022
Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Editorial 21 Jul 2016
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Editorial 18 Jul 2024
Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Editorial 18 Mar 2023
Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Editorial 10 Sep 2022
Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Editorial 21 Jul 2016
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Editorial 18 Jul 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru