• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abayobozi bakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda baganiriye ku kurwanya ibyaha ndengamipaka

Abayobozi bakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda baganiriye ku kurwanya ibyaha ndengamipaka

Ubwanditsi 17 Aug 2016 Mu Rwanda

Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Uganda, General Kale Kayihura yavuze ko ikusanyabukungu n’iterambere ry’ikoranabuhanga bituma urwego rw’umutekano rumwe rudashobora kubikemura hatabaye imikoranire y’inzego zitandukanye.

IGP Kayihura yavugiye ibi mu nama yahuzaga inzego za Polisi y’u Rwanda n’iya Uganda yabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru kuri uyu wa kabiri tariki ya 16 Kanama.

Yavuze ati:”Hari byinshi inzego zacu zigomba gukoranira hamwe ngo turwanye ibyaha byugarije ibihugu byacu, kandi ni ngombwa ko dukomeza kwiga no gufashanya; kuko igihe muri Uganda hazaba harangwa umutekano mucye bizagira n’ingaruka ku Rwanda, akaba ariyo mpamvu tugomba gukorana bya hafi nk’ikipe imwe.”

Polisi y’u Rwanda n’iya Uganda basinyanye amasezerano y’imikoranire mu gukumira no kurwanya ibyaha ndengamipaka aya masezerano akaba anemeza ko hazabaho ubufatanye mu kongerera ubumenyi n’ubushobozi abapolisi b’impande zombi binyuze mu mahugurwa, gusangira ubunararibonye, gukorera hamwe imikwabu ku mipaka ibihugu bihuriyeho, kurwanyiriza hamwe icuruzwa ry’abantu no kurwanya ibyaha ndengamipaka no kongerera ubushobozi abapolisi mu nzego zitandukanye.

Gen.Kayihura n’intumwa yari ayoboye yashimiye ubuyobozi bw’u Rwanda muri rusange n’ubwa Polisi y’u Rwanda by’umwihariko kuko bwakoze ibishoboka byose mu guteza imbere Polisi.

Yavuze ati:”Biratangaje kubona ibyo mumaze kugeraho mu gihe gito, iki ni ikimenyetso cy’ubuyobozi bwiza bw’igihugu cyanyu.”

Izi ntumwa zeretswe imikorere y’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda n’ibyo ritegenya gukora ngo rinoze imikorere yaryo.

Mubyo iri shami riteganya harimo gukoresha ikoranabuhanga mu ikoreshwa ry’ibizamini by’abashaka impushya zo gutwara ibinyabiziga, bikaba biteganyijwe ko iri koranabuhanga rizaba ryatangiye gukoreshwa mu myaka 2 iri imbere.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmauel K. Gasana yashimiye imikoranire n’ubutwererane bugaragara hagati y’inzego za Polisi z’ibihugu byombi, bugaragarira cyane cyane mu guhanahana ubunararibonye no kwigira hamwe uko ibibazo by’umutekano byakemuka.

Yavuze ati:”Ubutwererane n’imikoranire myiza yatumye dufatira hamwe ingamba z’uko twarwanyiriza hamwe ibyaha ndengamipaka.”

-3693.jpg

Mu masaha ya mu gitondo, umuyobozi mukuru wa Polisi ya Uganda n’intumwa ayoboye basuye ikigo kigenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro mu Rwanda (RURA), aho basobanuriwe imikorere y’iki kigo mu igenzura ry’amafaranga yinjizwa n’ibigo by’itumanaho buri munsi.

RNP

2016-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Ubwanditsi 22 Oct 2017
Umusirikare mukuru w’u Burundi yatawe muri yombi ashinjwa guhungabanya umutakno w’igihugu

Umusirikare mukuru w’u Burundi yatawe muri yombi ashinjwa guhungabanya umutakno w’igihugu

Ubwanditsi 21 Nov 2016
Knowless Butera yavuze kuri Album yise Inzora yitegura gushyira hanze yateguye atwitwe ubuheta.

Knowless Butera yavuze kuri Album yise Inzora yitegura gushyira hanze yateguye atwitwe ubuheta.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 19 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yongeye kuvugwaho kwivanga mu iperereza ku kibazo cy’u Burusiya
POLITIKI

Trump yongeye kuvugwaho kwivanga mu iperereza ku kibazo cy’u Burusiya

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54
HIRYA NO HINO

Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54

Ubwanditsi 28 Mar 2020
Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome
ITOHOZA

Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Ubwanditsi 04 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru