• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Editorial 17 Dec 2019 UBUKUNGU

Abayobozi b’amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba basobanuriwe imikorere y’ubwizigame bw’igihe kirekire bwiswe ’Ejo Heza’ buri mu cyerekezo cy’igihugu cyo kwihutisha iterambere, banerekwa inyungu babufitemo.

Ubu bukangurambaga bugamije gukangurira abaturage kumenya, kwiyandikisha no kwizigamira no guteganyiriza izabukuru muri Ejo Heza, bo ubwabo n’imiryango yabo.

Ejo Heza ni ubwizigame bw’igihe kirekire buteganyiriza pansiyo bwashyizweho na Leta y’u Rwanda kugira ngo buri Munyarwanda n’umunyamahanga utuye mu gihugu yizigamire ateganyiriza izabukuru kugira ngo azasaze afata pansiyo nkuko bigenda ku banyamushahara bategurirwa amasaziro meza.

Mu kumenyekanisha gahunda ya Ejo Heza abayobozi b’amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba ku wa 12 Ukuboza 2019 bahawe amahugurwa yo kubasobanurira imikorere yayo.

Muri rusange amakoperative abarizwamo abanyamuryango basaga miliyoni eshanu bakaba bagize igice kinini cy’Abanyarwanda bangana na 92% bari basanzwe badafite amahirwe yo kugira aho bizigamira hagamijwe guteganyiriza izabukuru.

Kugeza ubu Abanyarwanda bafite ubwiteganyirize bw’izabukuru ni 8% gusa, iri janisha rikaba ryihariwe n’abakorera umushahara.

Abitabiriye inama bakomoka mu makoperative atandukanye yiganjemo ay’ubuhinzi, ubworozi, uburobyi na serivisi n’ayandi. Basoje inama biyemeje kwihutisha ubukangurambaga mu bo bahagarariye kugira ngo babafashe n’igihugu gukemura ikibazo cy’imibereho mibi mu zabukuru no gufatanya n’akarere kuko Ejo Heza yashyizwe mu mihigo y’uturere mu 2019-2020.

Umuyobozi wa Koperative y’Abahinzi b’icyayi COTHEGIM yo muri Karongi, Nsabimana Théophile, yavuze ko bashishikarije abanyamuryango kwiyandikisha no kwizigamira muri Ejo Heza.

Ati ‘‘Ubu byabereye urugero n’abatarizigamira ndetse bakaba biteguye kubikora no kubikorera imiryango yabo.’’

COTHEGIM imaze gutangira umusanzu abanyamuryango 1200 b’iyo koperative muri Ejo Heza.

Abandi bakuriye amakoperative bari bitabiriye inama bavuga ko bagiye gukangurira abanyamuryango kwizigamira.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amakoperative, RCA, gisanga abantu bakorera hamwe bose cyane cyane muri koperative bakwiye gukoresha umusaruro babona bakizigamira muri Ejo Heza.

Umuyobozi mu Kigo gishinzwe Amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba, Hamisi Jean Damascène, yavuze ‘‘Gahunda ya Ejo Heza yuzuzanya na Politiki nshya y’amakoperative kuko byose bigamije iterambere ry’umuturage wiyemeje gukora yiteza imbere muri koperative arimo.’’

Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa by’ubukangurambaga bya Ejo Heza mu Ntara y’Uburengerazuba, Mugiraneza Emmanuel, yavuze ko abibumbiye mu makoperative aribo EjoHeza yashyiriweho by’umwuhariko.

Yakomeje ati ‘‘Nta yandi mahirwe bari bafite yo kwizigamira no guteganyiriza izabukuru ku buryo basaza bafata pansiyo nkuko bigenda ku banyamushahara.’’

Itegeko ryashyizeho Ejo Heza riteganya ko buri muntu yizigamira akurikije ubushobozi bwe. Umunyarwanda uri mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri by’ubudehe asabwa kwizigamira nibura 15 000 Frw ku mwaka, leta ikamwongereraho 18 000 Frw ni ukuvuga 100%. Uwo mu cyiciro cya gatatu asabwa kwizigamira nibura 18 000 Frw ku mwaka, leta ikamwongereraho 9 000 Frw ni ukuvuga 50%. Uwo mu cyiciro cya kane asabwa kwizigamira nibura 72 000 Frw ku mwaka, akaba ntacyo bongererwaho mu buryo bw’uruhare rwa Leta. Uru ruhare ntirurenga 18,000 Frw.

Ayo mafaranga y’ubwizigame ashobora gutangwa buri kwezi, buri gihembwe, buri mezi atandatu cyangwa agatangirwa icya rimwe. Umuntu witeganyirije muri Ejo Heza atangira guhabwa pansiyo yujuje imyaka 55, akayifata mu gihe cy’imyaka 20.

Uzizigamira amafaranga menshi azajya aba afite amahirwe yo kuba ayo mafaranga yaba ingwate akajya kwaka inguzanyo yo kubaka inzu cyangwa kuyigura, kwishyurira abana amashuri n’ibindi.

Umunyamuryango wa Ejo Heza uzagira ibyago yarujuje ibisabwa akagira ibyago akitaba Imana, umuryango we Leta iwufashisha 1 250 000 Frw, agizwe na miliyoni yo kuwufasha na 250 000 Frw yo gushyingura.

Kwinjira muri gahunda y’ubwizigame bw’igihe kirekire ya Ejo Heza ni ugukoresha telefoni igendanwa ukanda *506# ugakurikiza amabwiriza kugeza uhawe ubutumwa bugufi bwemeza ko wamaze kwiyandikisha.

Gahunda ya Ejo Heza ubu ibarizwa mu Kigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, ikaba ari nayo ishinzwe ishyirwa mu bikorwa ryayo buri munsi.

Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego yo kuzamura urwego rw’ubwizigame bukava ku gipimo cya 10.6% bukagera kuri 23 % mu 2024, Ejo Heza ikaba yariyongereye ku bundi buryo bwo kwizigamira no kwiteganyiriza busanzweho.

Abayobozi batandukanye bagarutse ku nyungu ziri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Abayobozi b’amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba basobanuriwe imikorere y’ubwizigame bw’igihe kirekire bwiswe ’Ejo Heza’

2019-12-17
Editorial

IZINDI NKURU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Editorial 18 Mar 2019
Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Editorial 10 May 2018
U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

Editorial 29 Aug 2018
RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Editorial 12 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu : Umusirikare  utaramenyekana yarasiwe ku mupaka  w’u Rwanda na Congo
Mu Rwanda

Rubavu : Umusirikare utaramenyekana yarasiwe ku mupaka w’u Rwanda na Congo

Editorial 18 Jun 2016
Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda
Mu Mahanga

Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda

Editorial 05 Apr 2016
U Rwanda ruragaragaza  na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa
POLITIKI

U Rwanda ruragaragaza na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

Editorial 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru