• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Editorial 14 Nov 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi yasabye abatwara abagenzi kuri moto n’amagare kwita ku mutekano w’abagenzi batwaye ndetse n’abandi bakoresha inzira nyabagendwa.

Ubu butumwa yabutanze ku itariki 12 Ugushyingo mu nama yagiranye n’abakora iyi mirimo mu Mujyi w’akarere ka Rubavu ( Gisenyi) bagera ku 1500.

Iyo nama yabanjirijwe n’umuganda wabereye ahakomeje imirimo yo kubaka Ibiro bishya bya Polisi y’u Rwanda muri iyi Ntara, aho bifatanyije na yo kuhakora isuku batera paseparume n’imikindo ndetse bakora n’indi mirimo.

Mu butumwa yabagejejeho, ACP Karasi yababwiye ati:”Umurimo wanyu muwukorera mu muhanda, kandi hari n’abandi bawukoresha barimo abatwaye ibindi binyabiziga, ababigendamo n’abanyamaguru. Mufite rero inshingano zo kubungabunga umutekano w’abagenzi mutwaye ndetse n’abo bandi bakoresha inzira nyabagendwa, kandi nta kindi musabwa uretse kubahiriza amategeko yo gutwara ibinyabiziga.”

Yababwiye ko bamwe muri bagenzi babo bakora cyangwa bagateza impanuka babiterwa ahanini no gutwara ibyo binyabiziga ku muvuduko urenze utegetswe, gukoresha telefone igendanwa babitwaye, gutwara abagenzi barenze umwe, no gukora iyo mirimo basinze cyangwa bananiwe.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri iyi Ntara yakomeje ababwira ati: “Kutubahiriza amategeko y’umuhanda ni ugushyira ubuzima bw’abakoresha inzira nyabagendwa mu kaga. Mukwiriye kubahiriza ibimenyetso n’ibyapa byo ku mihanda n’uburenganzira bw’abanyamaguru. kandi mwirinde uburangare igihe mutwaye moto n’igare.”

Yibukije ko kugira ngo umuntu atangire gutwara abagenzi kuri moto agomba kuba afite ibyangombwa bibimwemerera birimo uruhushwa rwo gutwara moto, urumwemerera gukora iyo mirimo ndetse n’ubwishingizi; kandi yongeraho ko agomba kubyitwaza igihe atwaye icyo kinyabiziga.

ACP Karasi yasabye kandi abatwara abagenzi kuri moto kwambara ingofero yabugenewe (casque), kandi bagahaguruka umugenzi amaze kuyambara neza.

Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’abatwara abagenzi kuri moto muri iyi Ntara, Sentibagwe Gafora yabwiye bagenzi be ati:” Umutekano usesuye ni wo utuma dukora iyi mirimo nta nkomyi .Tugomba rero kugira uruhare mu gukumira icyawuhungabanya.”

Yakomeje agira ati,” Gushaka amafaranga dutwara abagenzi bigomba kujyana no kubahiriza amategeko. Ibyo bizatuma tudakora cyangwa ngo duteze impanuka mu muhanda.”

-4655.jpg

Mu izina rya bagenzi be, yashimye Polisi y’u Rwanda ku nama yabagiriye; kandi ayizeza ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha bayiha amakuru ku gihe.

RNP

2016-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Editorial 15 Dec 2016
Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Editorial 07 Apr 2021
Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Editorial 28 Nov 2022
Impamvu Evode Imena yatawe muri yombi

Impamvu Evode Imena yatawe muri yombi

Editorial 30 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio
HIRYA NO HINO

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Editorial 06 Feb 2018
Nyamagabe: Umukozi ushinzwe isuku muri Sacco akurikiranyweho kwiba miliyoni 1.5
Mu Mahanga

Nyamagabe: Umukozi ushinzwe isuku muri Sacco akurikiranyweho kwiba miliyoni 1.5

Editorial 06 Apr 2016
Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa
Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Editorial 29 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru