• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubushakashatsi : Umutekano n’Ituze Rusange ku manota ari hejuru ya 80% -RGB

Ubushakashatsi : Umutekano n’Ituze Rusange ku manota ari hejuru ya 80% -RGB

Editorial 31 Jan 2017 Mu Mahanga

Kuri uyu wa kabiri tariki 31 Mutarama, Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere RGB, cyashyize ahagaragara ubushakashatsi cyise ” Rwanda Governance Scorecard 2016″, kuva mu myaka itanu ishize Igipimo cy’Umutekano n’Ituze rusange cyongeye kuza ku isonga n’amanota 92.62% avuye kuri 91.6% cyariho mu 2014.

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko umutekano n’Ituze rusange kiri mu byiciro bitatu byonyine bifite amanota ari hejuru ya 80%, hakiyongeraho kurwanya Ruswa no Gukorera mu mucyo cyagize 86.56% kivuye kuri 79.04% mu 2014; n’Uburenganzira n’Ubwisanzure bw’Abaturage cyagize 81.83% kivuye kuri 77.05%.

Gusa hari n’ibipimo byagize amanota aringaniye ndetse bimwe bisubira inyuma, harimo Ubutegetsi bugendera ku mategeko cyagize 79.68% kivuye kuri 81.68% cyariho mu 2014; Iterambere ry’Ubukungu kigira 76.82.% kivuye kuri 72.20% mu 2014; Uburenganzira n’Ubwisanzure bw’Abaturage kigira 76.48% kivuye kuri 77.01%.

Icyiciro cy’imitangire ya Serivisi cyagize amanota ari hasi ugereranyije n’ibindi, kuko cyagize 72.93% mu gihe mu 2014 cyari kuri 72.00%.

Uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa rwo rufite 76.48%, ruvuye kuri 75.36%.

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof. Shyaka Anastase yavuze ko ibi bipimo bisuzumwa “hashingiwe ku bipimo mpuzamahanga by’imiyoborere ndetse hakifashishwa n’amakuru yizewe”, atuma biba uburyo bufatika bwo gusuzuma imiyoborere, gushyiraho politiki no gukora amavugurura agamije kuzamura imibereho y’abaturage.

Ibi bipimo byatangiye gukorwa guhera mu 2010, bigashingira ku bubiko 43 bw’amakuru afite umwimerere, harimo atangwa n’ingeri z’Abanyarwanda zirimo abaturage, inzego za leta, imiryango itegamiye kuri leta, abashakashatsi n’abikorera.

Ubu bushakashatsi bwubakiye ku bipimo umunani bikurikira birimo ubutegetsi bugendera ku mategeko, Uburenganzira n’ubwisanzure bw’abaturage, uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa, Umutekano n’ituze rusange, imibereho myiza y’abaturage, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, Imitangire ya serivisi, Iterambere ry’ubukungu.

-5569.jpg

Muri uyu muhango umushyitsi Mukuru yari Minisitiri w’Intebe Murekezi Anastase

2017-01-31
Editorial

IZINDI NKURU

Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana

Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana

Editorial 19 Sep 2016
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Editorial 19 May 2019
Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa

Editorial 07 Jan 2018
Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Editorial 01 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi
Amakuru

As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi

Editorial 18 May 2022
Rubavu: Umusore yarasiwe ku mupaka arapfa abandi bariruka, basiga imifuka y’urumogi
Mu Rwanda

Rubavu: Umusore yarasiwe ku mupaka arapfa abandi bariruka, basiga imifuka y’urumogi

Editorial 03 May 2018
2019 : Rwanda Day ntikibereye mu Budage  “Impinduka”
HIRYA NO HINO

2019 : Rwanda Day ntikibereye mu Budage “Impinduka”

Editorial 14 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru