• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatanze impapuro zifata Kayumba Nyamwasa agakurikiranwa ku bikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa RNC yashinze.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatanze impapuro zifata Kayumba Nyamwasa agakurikiranwa ku bikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa RNC yashinze.

Editorial 30 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatanze impapuro nshya zita muri yombi Kayumba Nyamwasa n’abandi bayobozi bari ku ruhembe rw’umutwe w’abarwanyi uzwi nka P5 wisuganyiriza mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo uzahungabanye u Rwanda.

P5 igamije guhungabanya u Rwanda no guteza umutekano muke mu gihugu, ihuriyemo amatsinda atanu arimo Amahoro People’s Congress (AMAHORO-PC), Forces Démocratiques Unifées-Inkingi (FDU INKINGI), People’s Defence Pact-Imanzi (PDP-IMANZI), Socialist Party-Imberakuri (PS IMBERAKURI) na Rwanda National Congress (RNC) iyoborwa na Kayumba.

Impuguke z’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano, ku wa 31 Ukuboza 2018 kasohoye raporo iva imuzi ubufasha Kayumba aha aba barwanyi bakorera mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatanze impapuro zo guta muri yombi abanyamuryango ba P5, ihuje amashyaka atavuga rumwe na leta y’u Rwanda.

RFI yatangaje ko mu bantu ba mbere u Rwanda rwasabye Afurika y’Epfo guta muri yombi ikohereza kuburanira mu gihugu barimo Kayumba Nyamwasa, ushinjwa gukorana n’andi mashyaka mu Burasirazuba bwa RDC mu misozi ya Fizi na Uvira mu ishyamba rya Bijombo.

Raporo y’impuguke za Loni yagaragaje ko Kayumba akorera ingendo nyinshi muri RDC, asuye ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro.

P5 igabanyijemo batayo eshatu; iyitwa Alpha, Bravo na Delta, buri imwe igizwe n’abarwanyi basaga 120, bose bavuga ko bashaka kubohora u Rwanda.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje mu Ugushyingo 2018 ko bugiye koherereza Afurika y’Epfo impapuro zifata Kayumba Nyamwasa akoherezwa mu Rwanda, agakurikiranwa ku bikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa RNC yashinze.

Kayumba yagize uruhare rukomeye mu guhuza RNC na FDLR hagamijwe guhungabanya umutekano w’u Rwanda, binyuze mu bikorwa bihitana abasivile.

Ku wa 14 Mutarama 2011, Kayumba yakatiwe n’Urukiko rwa Gisirikare adahari, igihano cy’igifungo cy’imyaka 24 amaze guhamywa ibyaha birimo gushinga umutwe w’iterabwoba, kugerageza guhungabanya umutekano w’igihugu, kutubahiriza amategeko hamwe n’ibindi.

2019-01-30
Editorial

IZINDI NKURU

Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.

Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.

Editorial 21 Jan 2023
Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Editorial 25 Sep 2019
Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Editorial 26 Jan 2021
Leta igiye gucukumbura  byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Leta igiye gucukumbura byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Editorial 07 Dec 2018

3 Ibitekerezo

  1. rwasubutare
    January 30, 20192:00 pm -

    Qui facit per alium facit per se…………..ukoresheje niwe uba ukoze…..ibyo RNC izakora byose bizamwitiriirwa kandi abiryozwe. Bamukacire bamuzane Mageragere.

    Subiza
  2. Btwenge
    January 30, 20196:22 pm -

    UBWOSE. IGIHE
    ABANTU BAVAGA UGANDA
    BARIMO KAYUMBA(NYamwasa)
    BAKAZA. GUHUNGABANYA
    IKINANI CYANANIYE ABAGOME
    NABAGAMBANYI
    IMPAPURO ZIBATA MURIYOMBI
    ZARI ZITARABAHO?

    Subiza
  3. niyogihozo
    January 31, 20197:27 am -

    Ariko abantu batabaye abategetsi ntibabaho? Reba amaraso yirirwa ameneka mu bihugu byinshi ku isi, reba ingaruka ku bukungu bw’imiryango n’ibihugu, ku buzima, ku mibanire y’abantu biracika hirya no hino, ibi byose biterwa n’abantu bumva batabaho badategeka? Abantu bose ntibashobora kuba abategetsi, kandi hari byinshi bindi abantu bakora bikababeshaho. Ubu koko uyu muntu n’abameze nkawe bose, yakwiturije akita ku burere bw’abana be no ku misazire ye akareka guca izigendwa n’izitagendwa ngo mpaka ategetse igihugu?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzikazi “Saida Karoli”aje kwibutsa abanyarwanda kubyinda injyaruwa
SHOWBIZ

Umuhanzikazi “Saida Karoli”aje kwibutsa abanyarwanda kubyinda injyaruwa

Editorial 08 Mar 2018
Ishyamba si ryeru :  Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene  12.000 USD,  yasize atishyuye
ITOHOZA

Ishyamba si ryeru : Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene 12.000 USD, yasize atishyuye

Editorial 28 Aug 2016
Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye
SHOWBIZ

Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye

Editorial 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru