• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ubushinwa : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’aba ambasaderi b’ibihugu bya Afurika

Ubushinwa : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’aba ambasaderi b’ibihugu bya Afurika

Editorial 18 Mar 2017 POLITIKI

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rw’akazi yarimo mu Bushinwa, Perezida Kagame yahuye na ba ambasaderi b’ibihugu bya Afurika muri iki gihugu aho bagiranye ibiganiro ku bijyanye n’amavugurura mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Byari biteganyijwe ko Perezida Kagame wahawe inshingano zo kuyobora aya mavugurura abagezaho ibyakozwe, hakaganirwa ku ruhare rwabo mu gukomeza guteza imbere ibikorwa by’uyu muryango.

Perezida Kagame yahawe inshingano zo kuyobora amavugurura mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu nama y’abakuru b’ibihugu ya 27 yabereye i Kigali.

Mu mpera za Mutarama 2017, ubwo yari yitabiriye Inama ya 28 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Perezida Kagame yashyikirije abakuru b’ibihugu na za Guverinoma Raporo kuri aya mavugurura, aho yagaragaje ko hakiri ibibazo muri uyu muryango bishingiye ku kuba hatagaragara neza uko imiryango ishamikiye kuri AU igabana inshingano n’abanyafurika bakaba batabona akamaro k’uyu muryango.

Yanavuze ko kenshi abakuru b’ibihugu bakorana inama, bagafata imyanzuro igamije amavugurura bakayumvikanaho, ariko ntishyirwe mu bikorwa.

Perezida Kagame yageze mu Bushinwa ku wa Gatanu tariki 17 Werurwe ari kumwe na Madamu n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu.

Umukuru w’Igihugu yahuye na mugenzi we w’u Bushinwa Xi Jinping bagirana ibiganiro byibanze ku gushimangira ubufatanye bubyara inyungu ku mpande zombi n’iterambere rusange.

Perezida Xi yashimye uburyo umubano w’ibi bihugu wagiye utera intambwe mu myaka 46 ishize, haba mu bijyanye n’ubwizerane muri politiki, ubufatanye mu bucuruzi no gusangira ibirebana n’umuco, anagaragaza ubushake bwo gufasha u Rwanda kubaka igice cyagenewe inganda, bikajyana n’ubufatanye bw’impande zombi mu guteza imbere urwo rwego, iterambere ry’ubuhinzi, kubaka ibikorwaremezo, ubukerarugendo n’umutekano.

-6126.jpg

-6124.jpg

Perezida Kagame aganira n’abambasaderi

Biteganyijwe ko uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bushinwa rusozwa kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Werurwe 2017.

U Rwanda n’u Bushinwa bifitanye umubano umaze imyaka isaga 46, u Bushinwa bukaba bumaze gutera inkunga ibikorwa n’imishinga itandukanye mu Rwanda.

Source: Igihe.com

2017-03-18
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Editorial 01 Jul 2019
Perezida Kagame yazirikanye Ubutwari bw’uwari Perezida wa Namibia witabye Imana

Perezida Kagame yazirikanye Ubutwari bw’uwari Perezida wa Namibia witabye Imana

Editorial 05 Feb 2024
Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine

Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine

Editorial 09 Apr 2017
“IMBWA na MALONGA”- Igitekerezo cya Pacifique MALONGA .

“IMBWA na MALONGA”- Igitekerezo cya Pacifique MALONGA .

Editorial 08 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International
Amakuru

I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International

Editorial 20 May 2025
Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.
Amakuru

Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.

Editorial 20 Feb 2022
Amafoto – Rayon Sports yatangaje ko yongereye amasezerano Muhire Kevin inasinyisha rutahizamu w’umunya-Brazil Chrismar Malta Soares
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports yatangaje ko yongereye amasezerano Muhire Kevin inasinyisha rutahizamu w’umunya-Brazil Chrismar Malta Soares

Editorial 17 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru