• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Editorial 20 Jun 2018 POLITIKI

Abadepite bakomoka mu ishyaka NRM riri ku butegetsi mu gihugu cya Uganda, bashyigikiye ivugurura ry’itegeko nshinga hagakurwamo imyaka umukuru w’igihugu agomba kuba atarengeje,  kuri ubu bongerewe abashinzwe umutekano kabuhariwe baturutse mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu (SFC). Ni nyuma y’iyicwa rya Depite Abiriga uherutse kwicwa n’abantu bataramenyekana.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru kiravuga ko buri mudepite yahawe abakomando babiri bo muri SFC biyongera ku bapolisi bari basanzwe babarinda bo mu mutwe ushinzwe kurinda abanyacyubahiro.

Amakuru ava mu ishyaka NRM akaba avuga ko hari abadepite batanu bafatwa nk’abari mu kaga bamaze guhabwa aba bakomando kabuhariwe basanzwe barinda perezida Museveni.

Biravugwa ko kuri uyu wa kabiri byibuze abadepite babiri, ndetse n’umunyamabanga wa leta, bagaragaye ku ngoro y’inteko ishinga amategeko barinzwe n’abarinzi bashya baturutse mu mutwe ushinzwe kurinda perezida.

Ibi bikaba bije nyuma y’iminsi igera ku 10 Depite Ibrahim Abiriga, wahoraga mu myambaro y’amabara y’ibendera rya NRM, yishwe. Uyu mudepite bivugwa ko ari we wa mbere watangaje ko ashyigikiye ko itegeko nshinga rivugururwa, yicanywe n’umusirikare wa UPDF bari kumwe.

Ubusanzwe abadepite ba Uganda bakeya muri 451 nibo bari barahawe uburinzi bw’igipolisi gishinzwe kurwanya iterabwoba no kurinda abanyacyubahiro. Mu gihe cy’impaka no gutora umushinga wo guhindura itegeko nshinga, abadepite basaga 10 ngo bahawe uburinzi bw’iyi polisi nyuma y’aho bamwe mu badepite bagabiweho ibitero ku mugaragaro barimo Simeo Nsubuga wo muri Kasanda y’Aajyaruguru.

Chimpreports ikavuga ko yamenye ko inzego z’umutekano zari zafashe icyemezo cyo kwambura aba badepite abo bapolisi kabuhariwe babarindaga muri Nyakanga 2018 kuko ngo impungenge zari zihari zari zarangiye, ariko iyicwa rya Abiriga aba ari ryo rihindura ibintu.

Umwe mu badepite bahawe uburinzi bwa SFC wavuganye na Chimpreports ariko utifuje ko amazina ye ajya ahagaragara, we yatangaje ko batahawe ubu burinzi kuko bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga ahubwo ari umuntu ku giti cye ubyishabikira.

 

2018-06-20
Editorial

IZINDI NKURU

FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

Editorial 17 Jun 2025
Hatabayeho FPR na Paul Kagame ntaho u Rwanda rwagana

Hatabayeho FPR na Paul Kagame ntaho u Rwanda rwagana

Editorial 16 Sep 2016
U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Editorial 20 Oct 2017
Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Editorial 14 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Polisi yafashe umumotari washakaga kugurisha moto yatwaraga itari iye
Mu Mahanga

Kicukiro: Polisi yafashe umumotari washakaga kugurisha moto yatwaraga itari iye

Editorial 27 Dec 2016
Ibimaze iminsi bibera i Nyamirambo bigiye kwimukira i Muhanga, Kiyovu SC yahize gusubira Rayon Sports
Amakuru

Ibimaze iminsi bibera i Nyamirambo bigiye kwimukira i Muhanga, Kiyovu SC yahize gusubira Rayon Sports

Editorial 02 Feb 2023
Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.
Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.

Editorial 18 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru