• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Abakozi ba ISO bashimuta impunzi bazikangisha kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Uganda: Abakozi ba ISO bashimuta impunzi bazikangisha kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Editorial 22 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda (ISO) rwashyizwe mu majwi rushinjwa gushimuta impunzi z’Abanyarwanda rugamije kuzikuramo amafaranga ngo rubone kuzireka.

Ibi bikaba byashyizwe ahagaragara nyuma y’itabwa muri yombi ry’uwitwa Jean Paul Cyubahiro, Umugande ufite inkomoko mu Rwanda, washimuswe kuwa 27 Ukwakira 2017 n’abakozi b’uru rwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu bamusanze ahitwa Nasser Road aho akorera nka Graphics Designer.

Nyuma y’itabwa muri yombi rya Cyubahiro, Umuyobozi Mukuru wa ISO, Col. Kaka Bagyenda mu itangazo yashyize ahagaragara yavuze ko Cyubahiro akurikiranweho guhimba inyandiko zahuje Gen Salim Saleh (umuvandimwe wa perezida Museveni) n’umunyemari w’Umunyarwanda, Rujugiro Ayabatwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda.

Izo nyandiko bivugwa ko zahimbwe na Cyubahiro zivuga ko Gen Salim Saleh afite imigabane mu ruganda M/S Leaf Tobacco and Commodities Ltd rwa Rujugiro, akaba yarashyize umukono ku masezerano kuwa 13 Kamena, amuha 15% by’uru ruganda, nawe akaba ngo yarijeje umutekano w’iyi business.

Ibi ngo bikaba byarabaye nyuma y’uko Rujugiro atangarije ko agiye gushinga uruganda rw’itabi rufite agaciro ka miliyoni 20$ mu majyaruguru ya Uganda.

Iyi nkuru dukesha urubuga Spyreports rwo muri Uganda irakomeza ivuga ko Col Bagyenda wari kumwe n’igisambo gikaze muri Kampala cyitwa Paddy Serunjogi bakunda kwita Sobi, kuri ubu ngo gikorana n’abashinzwe umutekano, yongeyeho ko Cyubahiro yanahimbaga ibyangombwa byo gufasha impunzi zo muri Congo, mu Burundi no mu Rwanda kubona passports za Uganda.

Ibi byose ariko Cyubahiro arabihakana akavuga ko ntaho ahuriye n’izo nyandiko

Amakuru yizewe uru rubuga ruvuga ko rufite, avuga ko itabwa muri yombi rya Cyubahiro ryagizwemo uruhare n’umuntu uha amakuru ISO kuri Nasser Road bita Alex Kagame, amushinja kuba umukozi w’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cy’u Rwanda (DMI).

Jean Paul Cyubahiro ngo akaba yaravuzweho gukorana na Col Baguma Ismael wo muri ambasade y’u Rwanda I Kampala, kandi ko bombi bakunze kugaragara bari kumwe kuri Nasser Road.

Uru rubuga rukaba rukomeza ruvuga ko rwamenye ko nyuma yo guta Cyubahiro muri yombi, abakozi ba ISO bahamagaye umwe muri bene wabo witwa Innocent Nyandebwe bakamusaba kwishyura 500,000 by’Amashilingi ngo Cyubahiro arekurwe.

Bivugwa ko nyuma yo kwishyura aya mafaranga Cyubahiro atarekuwe, maze uyu Nyandebwe akitabaza polisi igatangira gushakisha maze yakurikirana telephone yamuhagaye bagasanga ibaruye kuri uyu witwa Alex Kagame ari nabwo hamenyekanye ko yari umuntu uha amakuru(informant) ISO kuri Nasser Road.

Nyuma Cyubahiro yajyanywe gufungirwa kuri imwe mu nzu zizewe za ISO muri kampala, aho muri cyumba yafungiwemo yasanzemo uwitwa Deoden Mugarura bivugwa ko aba mu mutwe w’inyeshyamba z’Abanyarwanda.

Aha ngo Cyubahiro yabaga arinzwe n’umukozi wa ISO witwa Franco nawe waje kumwumvisha ko ashobora kumufasha gutoroka aramutse ahamagaye bene wabo bakishyura 1,000,000 y’amashilingi ya Uganda.

Ibi nabyo Cyubahiro yarabyemeye aha Franco numero za Nyandebwe aramuhamagara amusaba kwishyura ayo mashilingi kugirango mwene wabo afungurwe. Bivugwa ko Nyandebwe yemeye gushyira Franco ayo mafaranga, ariko akarya urwara igipolisi cyaje gufatira Franco mu cyuho yakira ayo mafaranga ahitwa City Square muri Kampala aho yari aje kuyafata.

Ubwumvikane bucye hagati y’abayobozi ba ISO na CMI

Hagati aho, haravugwa ubwumvikane bucye hagati y’abayobozi b’uru rwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu ndetse n’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) bitewe no kugonganira mu kazi bakomeje kugaragaza.

Amakuru avuga ko umuyobozi wa CMI, Col Abel Kandiho, ashinja ISO guta muri yombi abantu bitari ngombwa yarangiza akajya kubajugunya muri kasho za CMI.

Col Kandiho anashinja abakorera ISO kugerageza gushimuta ububasha bwa polisi ikora ibikorwa bitari mu nshingano zayo, nyuma yabura icyo ikoresha abo ikekaho ibyaha ikabajyana muri kasho za CMI.

2017-11-22
Editorial

IZINDI NKURU

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Editorial 14 Mar 2021
Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR

Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR

Editorial 15 Aug 2018
Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda

Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda

Editorial 24 Sep 2020
“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

Editorial 14 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge
INKURU NYAMUKURU

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Editorial 01 Aug 2019
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 muri Volleyball yisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu gikombe cy’Isi.
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 muri Volleyball yisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu gikombe cy’Isi.

Editorial 14 Jun 2021
Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Editorial 19 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru