• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Abapolisi 2 bakuru bari muri kasho za CMI bazira kurekura Abanyarwanda bari batawe muri yombi
DPC-Isingiro Richard Erimu-New-Vision-Photo

Uganda: Abapolisi 2 bakuru bari muri kasho za CMI bazira kurekura Abanyarwanda bari batawe muri yombi

Editorial 11 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi abapolisi babiri bakuru bakorera mu Karere ka isingiro mu burengerazuba bw’igihugu cya Uganda bari guhatwa ibibazo ku kuntu barekuye Abanyarwanda basaga 10 bivugwa ko bari binjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Abo bapolisi bafashwe na CMI ni SP Richard Erimu Okiror (ku ifoto hejuru), ukuriye igipolisi mu Karere ka Isingiro, na ASP Charles Ndamanyire ukuriye ishami ry’ubugenzacyaha mu gipolisi cyo muri aka karere.

Aba bapolisi babiri bakuru batawe muri yombi n’abakozi ba CMI kuwa Gatanu Mutagatifu ku itariki 30 Werurwe bajyanwa I Kampala kuva icyo gihe ntibarasubira mu kazi nk’uko bitangazwa na Chimpreports dukesha iyi nkuru.

Abakozi ba CMI bakaba baranataye muri yombi uwitwa Amos Kiriya, umuyobozi w’inkambi y’impunzi ya Oruchinga iri mu karere ka Isingiro ndetse n’umukozi ukora mu rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka witwa Cathbert Washaba bakuwe I Mbarara.

Amos Kiriya

Amakuru ava mu nzego z’umutekano akaba avuga ko abakekwa batangiye guhura n’ibibazo hagati mu kwezi gushize, ubwo Abanyarwanda 13 binjiraga muri Uganda banyuze Kisoro bagafatwa na polisi bageze I Mbarara.

Bikaba bivugwa ko abo bapolisi babashyikirije urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Mbarara ngo hagenzurwe ibyangombwa by’inzira byabo ndetse banamenye ikibagenza muri Uganda.

Nyuma ngo boherejwe mu nkambi ya Oruchinga dosiye zabo zishyikirizwa polisi ya Isingiro ngo izikurikirane.

Mu kugenzura nk’uko amakuru avuga, ngo ibyangombwa aba Banyarwanda bari bafite basanze ari ibya nyabyo bahita barekurwa.

ASP Charles Ndamanyire

Abakozi ba CMI ariko, baje kumenya nyuma ko iryo tsinda ryari muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ku mpamvu ngo zitazwi.

Mu kumenya rero ko barekuwe, abakozi ba CMI bahise bihutira kugera muri Mbarara, batumiza inama kuwa 30 Werurwe 2018 ku cyicaro cya polisi muri Rwizi mu biro bya RPC Robert Walugembe. Abo bapolisi barahamagajwe basabwa gusobanura uko baretse abo banyamahanga bakagenda.

Inama irangiye, abo bapolisi 2 burijwe imodoka bajyanwa I Kampala aho bikekwa ko bagifungiye kugeza iki gihe. Umuvugizi wa polisi muri Rwizi akaba yemeje aya makuru avuga ko bakiri guhatwa ibibazo na CMI.

Ubwo yasabwaga kugira icyo avuga kuri aya makuru, umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig Richard Karemire yavuze ko azi itabwa muri yombi ry’aba bapolisi bakuru babiri, ariko yongeraho ko nta byinshi yarivugaho.

2018-04-11
Editorial

IZINDI NKURU

Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Editorial 08 May 2018
 Menya umwirondoro wa Claude Gatebuke, umutekamutwe ushakisha amaronko mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

 Menya umwirondoro wa Claude Gatebuke, umutekamutwe ushakisha amaronko mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 24 Apr 2020
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Editorial 23 Sep 2024
Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Editorial 16 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Centrafrika: Abapolisi b’u Rwanda bashimiwe kuba abanyamwunga no kugira imyitwarire myiza mu kazi
Mu Mahanga

Centrafrika: Abapolisi b’u Rwanda bashimiwe kuba abanyamwunga no kugira imyitwarire myiza mu kazi

Editorial 28 Feb 2016
APR FC yitegura gukina na Rayon Sports yakiriye mu myitozo Djibril Outarra wari umaze iminsi yaravunitse
Amakuru

APR FC yitegura gukina na Rayon Sports yakiriye mu myitozo Djibril Outarra wari umaze iminsi yaravunitse

Editorial 05 Nov 2025
Ubwicanyi bw’abari mu nzego mu Burundi burakomeje
Mu Rwanda

Ubwicanyi bw’abari mu nzego mu Burundi burakomeje

Editorial 25 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru