• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Editorial 19 Jul 2018 ITOHOZA

Itsinda ry’abayobozi bo mu Karere ka Kisoro muri Uganda, ryasabye guverinoma y’iki gihugu gufungura byihuse Gen.Kale Kayihura umaze ukwezi kurenga afunzwe kandi ataraburanishwa.

Tariki ya 13 Kamena nibwo Kayihura wayoboye Polisi ya Uganda imyaka 13 yatawe muri yombi. Nyuma y’ibyumweru bibiri afunzwe Perezida Yoweri Museveni yatangaje ko akekwaho kubangamira ubunyamwuga bw’urwego yari ashinzwe, akoresha abasivili mu bikorwa by’ubutasi.

Ku wa kabiri nibwo itsinda riyobowe n’Umuyobozi wa Njyanama ya Kisoro, Abel Bizimana ryakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Ruhakana Rugunda aho ryari ryazinduwe no gusaba ko Kayihura ukomoka muri kariya karere afungurwa nta yandi mananiza cyangwa se akaburanishwa mu buryo bwihuse.

Mu kiganiro na NTV nyuma y’ibi biganiro byabereye mu muhezo, Bizimana yavuze ko bitari bikwiye ko Kayihura ashyirwa mu kato nk’umuntu urwaye Ebola, kandi mu by’ukuri ikosa yakoze ari uko yitangiye akazi yari ashinzwe.

Ati “Gen.Kale azi neza impamvu ari muri gereza, kandi perezida wacu arabizi ko ari hariya kandi n’inshuti ye. Ariko uri inshuti yanjye ntabwo wamfunga nkaho ndwaye Ebola. “

Yakomeje avuga ko we icyo ashinja Kayihura ari uko yakoze akazi ke atiganda, Guverinoma ya Uganda ikaba imugomba byinshi ku buryo bitari bikwiye ko afungwa mu buryo budasobanutse.

Ati “Iminsi 30 yararenze kandi ntaragezwa imbere y’ubutabera, ntabwo afashwe nk’imfungwa ariko abayeho nabi kurusha imfungwa […] iyo aza kuba yaroherejwe muri gereza ya Luzira yari kuba ari gukina Tennis, ndetse agahabwa ubufasha bwose buhabwa imfungwa.”

Abayobozi basabye ko Kayihura arekurwa nyuma y’amasaha make Minisitiri w’Ubutabera, Maj.Gen Kahinda Otafiire, atangaje ko inkiko za gisirikare zikwiye guhabwa umwanya wo kwiga ku kibazo cye kubera ko ari zo zibifitiye ububasha.

Kayihurayakuwe kuri uyu mwanya muri Mata uyu mwaka, ubwo Perezida Museveni yakoraga impinduka mu nzego zo hejuru akamusimbuza Okoth Ochola wari umwungirije.

Bivugwa ko Museveni yirukanye Gen. Kale Kayihura ku buyobozi bukuru bwa Polisi amushinja ibyaha birimo kurebera umutekano muke mu gihugu. Ibi bifitanye isano n’abantu bakomeye bamaze iminsi bicwa muri Uganda ibikorwa bishinjwa abantu be ba hafi.

2018-07-19
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Editorial 13 Apr 2025
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Editorial 10 Jun 2021
Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Editorial 13 Apr 2019
‘Umwami Kigeli  akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Editorial 22 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Editorial 21 Aug 2019
Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Editorial 22 Jan 2020
FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa
IMIKINO

FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

Editorial 10 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru