• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Editorial 23 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura kuri uyu wa Kane ashobora kugezwa bwa mbere imbere y’urukiko rwa gisirikare nyuma y’amezi asaga abiri afunze, aho ashobora gushinjwa ibyaha bigera kuri bine nk’uko amakuru yagiye ahagaragara ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu avuga.

Gen Kale Kayihura wamaze imyaka 13 akuriye igipolisi cya Uganda ategerejweho kugezwa imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye ashinjwa ibyaha bifitanye isano no gukoresha umwanya we mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kwirengagiza inshingano ze.

Biteganyijwe ko ashobora kugezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa Kane, itariki 23 Kanama 2018.

Nubwo byavuzwe gutyo, umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ko uru rukiko rwa gisirikare kuri uyu wa Kane rwerekeza mu majyaruguru ya Uganda muri Gulu aho ruba rugiye kumva urubanza rwa Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine). Uyu akaba yavuze ko kuba perezida w’uru rukiko, Lt Gen Andrew Gutti ategerejwe mu majyaruguru kubw’ibyo bikaba bishobora kutaza kumukundira no kuba Makindye kumva urundi rubanza.

Gusa, ngo byashobokaga ko ashobora kubanza kumva urubanza rwa Kayihura muri iki gitondo mbere yo kwerekeza muri Gulu kumva ikibazo cya Kyagulanyi.

Bamwe mu bayobozi bakuru bavuga ko Kayihura ashinjwa byibuze ibyaha bigera kuri bine, birimo icyo gucyura ku ngufu uwahoze ari umwe mu bashinzwe umutekano wa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

Lt Joel Mutabazi wari warahungiye muri Uganda mbere yo kugarurwa mu Rwanda mu Ukwakira mu 2013, yaje guhanwa n’urukiko mu Rwanda nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano no guhungabanya umutekano w’igihugu.

Kugeza ubu abandi bapolisi ba Uganda barimo Joel Aguma na Nixon Agasirwe nabo barafunze bashinjwa uruhare mu gucyura Lt Joel Mutabazi.

Iki kinyamakuru ariko gikomeza kivuga ko cyo kitarabona urupapuro rugaragaza ibyaha Kayihura ashinjwa. Ariko, abakoranye na Kayihura batifuje ko amazina yabo atangazwa, bavuze ko ubwo Mutabazi yasubizwaga mu Rwanda, Gen kayihura atari muri Uganda kandi atigeze atanga amabwiriza yo gufata Mutabazi.

Ikindi cyaha Kayihura ashobora gushinjwa ngo ni icyo kuba yaragize uruhare mu itoroka ry’uwari ushinzwe ikoranabuhanga n’itumanaho mu gipolisi, Amos Ngabirano. Uyu unafite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, ngo yabashije guhunga igihugu bucece nyuma yo kumenya ko yatangiye gukorwaho iperereza.

Ngabirano ngo akaba yarashinjwaga ruswa no kumena amabanga arebana n’umutekano w’igihugu ariko we akabihakana avuga ko azira umubano wa hafi yari afitanye na Kayihura. Kugeza ubu nta wuzi aho aherereye nubwo ngo hari inshuti ze zamubonye I Dubai.

Ikibazo cy’imbunda

Icyaha cya gatatu ngo Gen kayihura ashobora gushinjwa ni icyo kua yarahaye amabwiriza akoresheje umunwa CP Frank Mwesigwa yo kohereza imbunda zigera ku 3,000 ku Ishuri rya Polisi rya Kabalye.

Umuvugizi w’igipolisi, Emilian Kayima ariko akaba aherutse guhakana amakuru yavugaga ko muri iri shuri haburiye imbunda zigera ku 4,000 ndetse yongeraho ko nta perereza azi riri gukorwa na CMI cyangwa ISO kuri iki kibazo.

Icyaha cya kane rero ngo ashobora gushinjwa ni icyo guha intwaro Abdul Kitatta, umuyobozi w’umutwe wiswe Boda Boda 2010, aho bivugwa ko Kayihura yawuhaye imbunda n’amasasu.

Abayobozi bavuganye na Chimpreports kandi bakomeje bavuga ko iperereza rishobora kuba ryarataye ikirego cyo kwica AIGP Andrew Kaweesi kuko ibimenyetso byashinjaga Kayihura byasanzwe bishobora kuba byarahimbwe.

Gen Kale Kayihura yatawe muri yombi akuwe ku ifamu ye iherereye ahitwa Kashagama mu Karere ka Lyantonde kuwa 13 Kamena ajya gufungirwa mu kigo cya gisirikare cya Makindye.

Gen Kayihura mbere yaho akaba yaragaragaraga nk’umwizerwa wa Perezida Museveni ariko kumwizera bigenda bigabanyuka mu bitewe n’amakimbirane yari afitanye n’uwari minisitiri w’umutekano, Lt Gen Henry Tumukunde.

Raporo z’inzego z’ubutasi ku mubano Kayihura ngo yaba yari afitanye na Guverinoma y’u Rwanda kuri ubu itarebana neza n’iya Uganda ngo nazo zaba zarabaye intandaro z’itabwa muri yombi rye.

2018-08-23
Editorial

IZINDI NKURU

NYAKIBI NTIRARA BUSHYITSI: IBINYOMA BY’UBUTEGETSI BWA KONGO BIRAGENDA BITA AGACIRO.

NYAKIBI NTIRARA BUSHYITSI: IBINYOMA BY’UBUTEGETSI BWA KONGO BIRAGENDA BITA AGACIRO.

Editorial 18 Jan 2023
“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

Editorial 31 Oct 2022
Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Editorial 17 Jan 2018
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Editorial 16 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.
Amakuru

Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.

Editorial 03 Mar 2021
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.
Amakuru

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Editorial 18 Jun 2024
Press Conference : Intambara yongeye kurota hagati ya Donald Trump n’Itangazamakuru
ITOHOZA

Press Conference : Intambara yongeye kurota hagati ya Donald Trump n’Itangazamakuru

Editorial 14 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru