• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Hagiye kubakwa ikigo kizitirirwa se wa Gen Kale Kayihura, John Kalekyezi, witabye Imana ku myaka 30

Uganda: Hagiye kubakwa ikigo kizitirirwa se wa Gen Kale Kayihura, John Kalekyezi, witabye Imana ku myaka 30

Editorial 09 May 2018 POLITIKI

Inkambi y’agateganyo y’impunzi ya Nyakabande mu Karere ka Kisoro, ho mu gihugu cya Uganda irimo kwimurwa aho yari iherereye ngo hashingwe Ikigo cy’ubumenyi n’ikorabuhanga kizitirirwa umubyeyi wa Gen Kale Kayihura, John Kalekyezi witabye Imana akiri muto ku myaka 30 y’amavuko aguye mu mpanuka y’indege ava mu Burusiya mu 1960. Iki kigo kikazaba kitwa John Kale Institute of Science and Technology.

Iki kigo kigiye gushingwa mu rwego rwo guha icyubahiro John Kalekyezi, se wa Gen Edward Kale Kayihura wahoze akuriye Igipolisi cya Uganda, kubera ubwitange yagize mu guharanira ubwigenge bwa Uganda yari ikolonijwe n’u Bwongereza.

John Komuluyange Kalekyezi akaba yaritabye Imana akiri muto kuko yari afite imyaka 30 y’amavuko, aguye mu mpanuka y’indege ubwo yavaga I Kiev muri Ukraine ubwo iki gihugu cyari kimwe mu bigize Repubulika Zunze Ubumwe z’Abasoviyete mu 1960.

Iyi nkuru dukesha Chimpreports iravuga ko kubaka iki kigo biri mu rwego rw’isezerano perezida Museveni yari yarahaye abaturage ba Kisoro, ubwo aheruka kuhiyamamariza yitegura amatora, aho yabijeje kubaka kaminuza igezweho y’ubumenyi izafasha urungano ruri imbere mu kwiga ibijyanye n’ubumenyi.

Aho iki kigo kigiye kubakwa hari hasanzwe inkambi y’impunzi y’agateganyo ya Nyakabande

Mu ukwakira umwaka ushize, nibwo perezida Museveni yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa iki kigo ku muhanda Kisoro-Kabale.

Abel Bizimana, umuyobozi w’akarere ka Kisoro, avuga ko iyi nkambi yacungwaga n’ibiro bya miniitiri w’intebe na HCR yimuriwe  ahandi ngo imirimo yo kubaka John Kale Institute of Science and Technology itangire, ikaba izubakwa n’amafaranga ya minisiteri y’uburezi.

 

2018-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Editorial 14 Feb 2025
Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Editorial 30 Jul 2025
Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Editorial 11 Mar 2024
2016 : Uko Umunyapolitiki Twagiramungu yataye agaciro burundu

2016 : Uko Umunyapolitiki Twagiramungu yataye agaciro burundu

Editorial 02 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite
Amakuru

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Editorial 19 Apr 2023
Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Editorial 13 Nov 2018
Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Rwanda

Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Editorial 27 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru