• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda

Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda

Editorial 28 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Buri gihe uko Umunyarwanda ufungiye muri Uganda arekuwe, azana amakuru mashyashya avuga imibereho y’Abanyarwanda muri Gereza zitandukanye muri Uganda. Abazwi cyane bafatirwa Kampala no munzira zijyayo, bakorerwa iyicarubozo rirenze kandi ntibagezwe imbere y’ubutabera bikaba bitandukanye n’abafatirwa mu byaro b’abaturage basanzwe.

Icyitwa umunyarwanda wese arafatwa agafungwa yaba azi gusoma cyangwa atabizi. Abantu benshi bibazaga impamvu abantu b’abasore b’abaturage basanzwe baturiye umupaka bafatwa bagafungwa kandi ntibashyikirizwe ubutabera muri Uganda aho bashinjwa kwinjira muri icyo gihugu nta byangombwa. Nyamara amakuru avugako waba ubifite cyangwa utabifite byose ari kimwe kuko barabikwaka iyo ubyerekanye.

Igisubizo cyabonetse kuri uyu wa kabiri ubwo Abanyarwanda bane bari bamaze umwaka wose bafungiye Gisoro batanze ubuhamya bw’ibyababayeho. Uwizeye Felicien w’imyaka 51, Habimana Jimmy w’imyaka 27, Twizerimana Emmanuel w’imyaka 25 na Ndayambaje Jacob w’imyaka 36 bose bakomoka mu Ntara y’Amajyaruguru, bageze mu Rwanda nyuma yo kumara umwaka bakoreshwa ubucakara muri gereza za Uganda.

Aba basore  bavuze ibidasanzwe bikorerwa Abanyarwanda bafungiwe muri gereza za Uganda aho bakoreshwa ubucakara nk’abirabura bo muri Amerika mugihe cy’ubucakara bwabo, cyangwa abirabura muri Afurika y’Epfo mu gihe cya Apartheid.

Twizerimana Emmanuel yavuze ko yafashwe muri Kanama 2018 afatiwe mu gace ka Kisoro, kandi yari asanzwe ajyayo nk’uko n’abanya-Uganda birirwa mu Rwanda. Yavuze ko yahageze asanga igisirikare cya Uganda cyakoze umukwabu wo gufata Abanyarwanda bagahita bakatirwa umwaka mu rubanza rutujuje ibisabwa.

Twizerimana yagize ati “Inzego z’umutekano zigirana amasezerano n’abaturage bafite imirima, bakababwira ko bafite ibiti runaka cyangwa imirima yananiranye bashaka guhinga, abashinzwe gereza bumvikana n’abo baturage tukajya kubahingira, iyo turi 10 bishyurwa imitwaro itanu y’amashilingi ya Uganda, ni ibihumbi 10 by’amafaranga y’u Rwanda.”

“Iyo baje gushaka imfungwa, abashinzwe gereza baravuga ngo hano tugira Abanyarwanda kandi nibo bazi guhinga, baraza bakatuvana muri gereza bakatubwira aho turi bukore kuko ngo aritwe tugira imbaraga. Bakujyana mu biti binini mukabikura mwarangiza mukabyikorera, uwo kinaniye akubitwa ibiboko.”

Yakomeje avuga ko gereza zo muri Uganda zahinduwe nk’amasoko Abanyarwanda bacururizwaho bagakoreshwa imirimo inyuranye.

Ati “Ubona ko amagereza yakoze ubucuruzi, umuturage araza ati ndashaka imfungwa 15 z’Abanyarwanda nyuma bakishyura umukuru wa gereza, ejo tugasubirayo kugeza aho dukora harangiye. Bavuga ko ubucakara bwacitse ariko ntabwo buracika ku banyarwanda bari muri iki gihugu.”

Nyuma y’ubuhamya bwa Twizerimana, umuntu yahita yumva impamvu abaturage b’Abanyarwanda batazi n’ibya politiki baba bishakira imibereho bafatwa bagafungwa ku bwinshi. Uko Gereza ifite Abanyarwanda benshi ninako abayobozi bayo bafatanyije n’inzego z’umutekano binjiza amafaranga.

2019-08-28
Editorial

IZINDI NKURU

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Editorial 21 Jan 2018
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Editorial 02 Oct 2020
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Editorial 01 Mar 2024
Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Editorial 23 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane
Amakuru

Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Editorial 03 Nov 2017
Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF
IMIKINO

Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF

Editorial 29 Aug 2018
Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere
Mu Rwanda

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Editorial 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru