• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Uganda : Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Editorial 08 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

 

Hon. John Baptist Nambeshe nyuma yo gutanga impano ku bitaro bya Bududa

Umudepite wa NRM muri Uganda nawe yahisemo gutangaho impano mu bitaro, amafaranga yahawe na bagenzi be muri gahunda yo guhidura itegeko nshinga.

Hon. John Baptist Nambeshe, umudepite w’umugande ubarizwa mw’ishyaka NRM rriri k’ubutegetsi yatanze impano ya miliyoni 29 z’amashilingi ya Uganda ku bitaro bya Bududa, biherereye muri ako gace ari nako ahagarariye mu nteko nshingamategeko ya Uganda.

Iyi mpano ibitaro bya Bududa byayikoresheje bigura imashini itunganywa amaraso y’abarwayi ndetse n’ibindi byuma bisuzuma (x-ray machines) .

Abadepite bereka itangazamakuru amafaranga banze

Ibi kandi biri kuba nyuma yaho Abadepite batavuga rumwe na leta ya Uganda banze ako kayabo ka miliyoni 29 z’amashilingi bahawe ngo bige ku guhindura ingingo y’Itegeko Nshinga igena imyaka perezida w’icyo gihugu agomba kuba atarengeje.

Abanze ayo mafaranga uko ari umunani bagiye mu kiganiro n’abanyamakuru mu mujyi wa Kampala bitwaje ibikapu bitukura byuzuye izo noti, basobanura ko banze gukora igikorwa kinyuranyije n’umutimanama wabo. Abo ni depite Ibrahim Ssemujju, Muwanga Kivumbi, William Nzoghu, Angelina Osege, Robinah Ssentongo, Ana Adeke, Betty Aol na Moses Kasibante. Bose basaba bagenzi babo bo mu ishyaka rya NRM n’andi atavuga rumwe na leta gusubiza ayo mafaranga kuko azabatera kubogama.

Ubusabane ku mafaranga yo guhindura Itegeko nshinga mu gace ka Namutunda

 

 

 

Umudepite uhagarariya agace ka Namutunda we yahisemo kuyafata maze ajya mu baturage ahagarariye arasengera karahava. Bamwe mu baturage bari mu muhango wo “kwiyakira” bagaragaye mu byishimo nyuma yaho intumwa yabo abasengereye “pillawo”, umuceri n’inyama abayisilamu bamenyereweho gutaka iyo barangije igisibo.

 

Ibaruwa Hon Gerald Karuhanga yandikiya banki asaba gusubiza miliyoni 29 z’amagande

Uyu munsi Taliki ya 8 Ugushyingo, Hon Gerald Karuhanga, uhagarariye Ntungamo yandikiye banki ye asaba ko akayabo ka miliyoni 29 z’amashilingi yahawe yasubizwa aho yavuye, yongeraho ko atayakeneye azajya akoresha ayo yizigamiye ariko mu bikorwa biteza imbere agace ahagarariye.

 

 

 

 

 

 

Abayoboke ba NRM batera akavuyo ubyo bari bimwe amafaranga basezeranijwe”

Muri week end ishize, umudepite witwa Hajj Abdul Nadduli yari ahitanywe n’abayoboke ba NRM mu duce twa Buvuma, Mukono, Buikwe na Kayunga nyuma yo kubizeza amafaranga ngo bitabire ntiyayabaha. Kubera uburakari bwinshi, abari bitabiriye bafashe ibikoresho byari aho byose bashaka kubitwika ariko ku bw’amahirwe polisi iratabara.

Guhindura ingingo ivuga ku myaka bikomeje kwamaganwa bikomeye n’abatavuga rumwe na leta, abanyamadini, abanyamategeko na sosiyete sivile. Si abarwanya leta gusa kuko no muri NRM umwuka atari mwiza kuko hari abadepite bahitamo kuryumaho bakayafata ariko ntacyo mu byukuri bazakora.

2017-11-08
Editorial

IZINDI NKURU

FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!

FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!

Editorial 23 Feb 2021
Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Editorial 08 Aug 2019
Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Editorial 03 Jan 2020
Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Editorial 28 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kizito Mihigo arasabira abo yasize mu buroko
INKURU NYAMUKURU

Kizito Mihigo arasabira abo yasize mu buroko

Editorial 16 Oct 2018
Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Editorial 23 Dec 2019
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.
Amakuru

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Editorial 18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru