• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush
Julius Hakiza Umuvugizi wa Polisi muri Hoima

Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush

Editorial 08 Mar 2018 HIRYA NO HINO

Polisi mu gace ka Hoima yataye muri yombi umugabo w’imyaka 50 watekeye umutwe abo mu muryango we ababwira ko yashimuswe bityo abamushimuse bakaba bashaka ingurane y’amashiligi ya Uganda miliyoni 2.Uyu mugabo ni uwo ahitwa Bwikya, mu gace ka Mparo muri Hoima yavuye iwe ku wa kane w’icyumweru gishize, bukeye ku wa gatanu afata telefoni ye ahamagara umugore we amubwira ko yashimuswe n’abagizi ba nabi bifuza ingwate kugira ngo bamurekure.

Polisi ya Uganda mu gace kabereyemo ibi itangaza ko uyu mugabo yabeshyaga ko abamushimuse bashaka miliyoni ebyiri z’amashilingi ya Uganda.

Umugore we yahise agira ubwoba akimara kumva iyo nkuru. Umuvugizi wa Polisi muri kariya gace Julius Hakiza avuga ko abavandimwe b’uriya mugabo n’inshuti bahise bishyira hamwe bakusanya miliyoni ebyiri z’amashilingi bayohereza kuri nomero ya telefoni ya wa mugabo.

Gusa abo mu muryango we bakomeje gushakisha amakuru ye nubwo bari bamaze gutanga amafaranga ngo arekurwe.

Inzego za Polisi zafashije gushakisha uyu mugabo utatangajwe amazina ye zivuga ko byageraga nijoro cyangwa mu rukerera akava ahitwa Hoima akajya Kyankwanzi akoresheje ipikipiki yari yakodesheje.

Ku cyumweru nijoro, uyu mugabo yafatiwe mu gace kitwa Butebere, ahitwa Buhanika muri Hoima.

Polisi yaje gusanga we n’anshuti bari mu birori bishimiye ko abamushimuse bamurekuye.

Umuvugizi wa Polisi, Hakiza yatangaje ko uyu mugabo yasanganywe miliyoni 1,5 z’amashilingi muri ya mafaranga yari yohererejwe n’abavandimwe n’inshuti.

Bivugwa ko yishyuye igice kimwe cy’ariya mafaranga umumotari wamuzengurukanaga muri ziriya ngendo ava aha ajya hariya muri turiya duce twavuze.

Polisi yatangaje ko uriya mugabo yahisemo guteka umutwe ko yashimuswe n’abagizi ba nabi kugira ngo abashe kubona amafaranga yo kwishyura umwenda yari afite mu kigo k’imari mu gace akomokamo ka Hoima.

Ubu afungiye kuri Polisi y’aho akomoka muri Hoima ashinjwa gushakisha amafaranga akayabona mu buryo budahwitse.

Inzego z’umutekano muri Uganda zihangayikishijwe n’ubwicanyi bwiyongera ku bantu bashimutwa n’abagizi ba nabi basaba amafaranga ngo babarekure.

Mu cyumweru gishize, umukobwa w’imyaka 28 witwa Susan Magara, yashyinguwe n’abo mu muryango bamusanze yapfuye nyuma yo gushimutwa n’abagizi ba nabi basabaga amafaranga tariki ya 7 Gashyantare 2018.

Uyu mukobwa yishwe n’abagizi ba nabi bamujugunya ku muhanda wa Entebbe nyuma yo kumumarana iminsi 20 yaraburiwe irengero.

2018-03-08
Editorial

IZINDI NKURU

Abasore n’ Abakobwa basigaye banywera shisha mu byumba bihishe nabo akabo kashobotse

Abasore n’ Abakobwa basigaye banywera shisha mu byumba bihishe nabo akabo kashobotse

Editorial 24 Jan 2018
Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Editorial 10 Oct 2018
Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Editorial 22 May 2019
Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Editorial 16 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IBYO UTARI UZI KURI  DAVID HIMBARA  N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME
ITOHOZA

IBYO UTARI UZI KURI DAVID HIMBARA N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME

Editorial 09 Jun 2016
U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.
Amakuru

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Editorial 06 Mar 2024
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon
Amakuru

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Editorial 06 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru