• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Umukuru wa Polisi wungirije Jenerali de Brig. Sabiti Mzee Mugyenyi ashobora kwicwa na Jeannette Museveni

Uganda: Umukuru wa Polisi wungirije Jenerali de Brig. Sabiti Mzee Mugyenyi ashobora kwicwa na Jeannette Museveni

Editorial 20 Mar 2018 ITOHOZA

Dukomeje kubacukumburira amakuru y’ibibera mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda, muri uyu mwanya turabagezeho itohoza ku mubano wa madamu Jeannette Museveni n’uwagizwe komiseri wungirije wa Polisi Brig Sabiti Mzee Mugyenyi.

Ubwo yahabwaga amabanga yo kuyobora ingabo zidasanzwe, Jenerali de Burigade Nabaasa, yavuze ko Sabiiti wari warashyizweho umwitangirizwa mu kwesa imihigo, mu rwego rw’ikinyabupfura, no gukora atikoresheje ku buryo buhanitse cyane, ashimangira ko igisirikare cyigomba kudateshuka kuri uru rugero.

Yashimagije Sabiiti nk’umuntu w’igicumbi cy’ikinyabupfura, urangwa no kubahiriza igihe, yongeraho ko ngo ” Ngo kamere ye yo kubahiriza igihe, gukora yivuye inyuma, no kuba ari ntamakemwa, ubwitange bwe mu ngabo bidasanzwe.”Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru nyuma yo gushingwa amabanga mashyashya, Sabiiti yagize ati, ” Nzakumbura Military Police” ariko ngo yiteguye gufata umwanya we mushyashya, kandi nzakora ntikoresheje.”

 Uko yayoboye batayo idasanzwe yasubije Perezida Nkurunzi i Burundi yakorewe coup d’etat.

Sabiti azwiho kurangwa n’ikinyabupfura, ubwo yari akiri umuyobozi w’ingabo zidasanzwe. Ubwo igisa nka kudeta yari igiye gukorwa mu gihugu cy’uBurundi, Perexida Museveni wari hamwe na Perezida Nkurunziza w’uBurundi mu ndege ye ya Perezidansi yo mu bwoko bwa Gulf Stream, yahise ahamagaza bamwe mu bayobozi b’ingabo zidasanzwe barimo na Sabiiti, abategeka gushyiraho batayo yazobereye mu bikorwa by’intambara, kuko bagombaga kujya iBurundi bajyanye Nkurunziza, bityo bakamusubiza ku ntebe nka Perezida.

Résultat de recherche d'images pour "Brig. Sabiti Mzee"

Akaba yarahaye Sabiiti inshingano zo kubakurira, amubwira ko agiye kujyana na Nkurunziza iBujumbura. Aba basirikare bari barashiririjwe n’intambara barateguwe, dore ko bamwe bari bagikubuka muri Somalia, mu gihe abandi batumijwe kuva mu itsinda ry’abakomando bazwi nka ” Elite Commando 2, bari barateguriwe mu mashyamba y’ahitwa Lira, aho kandi Sabiiti yaramaze iminsi mike avuye kwitoreza. Iri tsinda rikaba ryarakoze inshingano ryari ryahawe ku buryo bunoze, ndetse bamwe mur’izo ngabo zasigaye I Burundi, kugeza magingo aya. Biyoberanya mu mpuzankano z’igisilikare cy’uburundi.

Ubwumvikane buke na Janet Museveni

Amakuru aturuka muri SFC yabwiye uyu munyamakuru ko Sabiiti yihishahishaga Janet Museveni [ Umugore wa Perezida Museveni ], nkuko n’abandi basirikare benshi bamerewe. Aya makuru  y’ibanga yahishuwe na Rushyashya.net yifashishije intasi za Museveni avuga ko Janet yatekerezaga ko yari kuzasimbura Muhoozi Kainerugaba umuhungu we w’imfura, kuberako yari yarahindutse inshuti magara y’ingabo nyinshi muri iryo tsinda ry’ingabo zidasanzwe, akizerwa na Perezida Museveni[ Bivugwa ko yaba ari n’umuhunguwe yabyaye hanze], kandi bikaba bivugwa ko ariwe wagiriye Museveni inama yo gukura abasirikare badasanzwe barindaga Janet, akabasimbuza abapolisi. Ibi byaje kuba nyuma yuko abasirikare bakomeje kujya bitotomba ngo kuko Janet yabafataga nabi, aho benshi muri bo bataga akazi mu gihe babaga batahiwe kujya kumurinda.

Tuzakomeza kubacukumburira aya makuru……

2018-03-20
Editorial

IZINDI NKURU

Margret Zziwa  wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera

Margret Zziwa wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera

Editorial 06 Feb 2017
Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru  bibogama – Mbanda

Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru bibogama – Mbanda

Editorial 25 Aug 2017
Nyuma yo kuvugwaho kwivanga muri politiki y’u Rwanda Michael Ryan yasimbujwe

Nyuma yo kuvugwaho kwivanga muri politiki y’u Rwanda Michael Ryan yasimbujwe

Editorial 13 Sep 2017
Serge Ndayizeye  yerekeje ahazabera Rwanda  Cultural   Day n’ibiradio bye

Serge Ndayizeye yerekeje ahazabera Rwanda Cultural Day n’ibiradio bye

Editorial 22 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo
IMIKINO

Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Editorial 15 Feb 2018
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umucongomani  imodoka ye yariganyijwe n’uwayimugurishije
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umucongomani imodoka ye yariganyijwe n’uwayimugurishije

Editorial 23 Dec 2016
FERWAFA yihanganishije abanya-Brazil kubw’impanuka y’indege yahitanye abakinnyi babo
IMIKINO

FERWAFA yihanganishije abanya-Brazil kubw’impanuka y’indege yahitanye abakinnyi babo

Editorial 30 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru