• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Umusirikare ufite ipeti rya general muri UPDF arashinjwa uruhare mu bikorwa byo gushimuta abantu

Uganda: Umusirikare ufite ipeti rya general muri UPDF arashinjwa uruhare mu bikorwa byo gushimuta abantu

Editorial 29 May 2018 ITOHOZA

Umwe mu basirikare bakuru ba Uganda ufite ipeti rya general aravugwaho kugira uruhare mu bikorwa byo gushimuta abantu bimaze iminsi byugarije iki gihugu nk’uko amakuru aturuka mu gisirikare avuga.

Nk’uko amakuru yizewe agera ku rubuga Spyreports dukesha iyi nkuru aturuka mu rwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI), mu bantu bakurikiranye ikibazo cyo gushimuta abantu cyugarije igihugu avuga, ngo ubutasi bumaze kwegeranya amakuru agaragaza ko ibikorwa by’ubushimusi bitegurwa n’umusirikare mukuru (General) muri UPDF imyirondoro ye yabaye igizwe ibanga.

Gusa, biravugwa ko ari umusirikare ufite ipeti rya full general, unanutse, muremure, kandi ukomoka mu burengerazuba bw’igihugu (abazi abasirikare bakuru ba Uganda bakaba bashobora kumwibwira).

Uwatanze aya makuru akaba yasobanuye ko ubutasi mu gisirikare buri kurangiza raporo y’ukuntu ibikorwa byo gushimuta abantu byatangiye na buri wese wari ubiri inyuma, ikazashyikirizwa perezida Museveni ari nawe uzategeka ikizakurikiraho.

Bamwe mu bakekwaho uruhare muri ibi bikorwa ngo bakaba baramaze gushyirishamo uyu musirikare mukuru uwatanze amakuru avuga ko nawe batangiye kumukoraho iperereza ngo humvwe niba ibimuvugwaho ari ukuri.

Biravugwa ko impamvu uyu musirikare mukuru yashyigikiye ibi bikorwa ari ugutuma umurwa mukuru Kampala umera nk’udafite ubuyobozi ndetse no kwangisha abaturage ubuyobozi buriho. Mu cyumweru gishize ngo hakaba haranaburijwemo igikorwa cyo gushimuta muri Makindye, aho ngo ba rshimusi bahamagaye umugore uri mu myaka 20 wari ugiye gushimutwa akabimenyesha CMI bagatega umutego ariko abo ba rushimusi bakaba bataragaragaye aho bari bumvikanye guhurira. CMI ikavuga ko hashobora kuba hari abariye urwara abo ba rushimusi.

Igipolisi cyitandukanyije n’abitwa “Abakumirabyaha”

Biravugwa kandi muri iyi nkuru ko Igipolisi cya Uganda cyatangiye kwitandukanya n’abantu bari bashinzwe kugiha amakuru (police informers), ngo kugeza bahinduye izina bakitwa Concerned Citizens (abaturage bitaye ku bibazo).

Ngo ni nyuma y’aho ubutasi bugaragarije ko aba bakumirabyaha bashinjwa gukorana n’uyu musirikare mukuru ushinjwa, ngo bagiye bakoreshwa mu buryo bwo gushimuta no mu bundi bwoko bw’ibyaha bitandukanye.

Amakuru agera kuri Spyreports akaba avuga ko iki gitekerezo cyo guhindura izina ry’aba bantu cyazanwe n’umukuru wa polisi ya Kampala, CP Moses Kafeero ubwo yahuraga n’abantu be mu cyumweru gishize.

Icyo gihe akaba yarabwiye abapolisi kwirinda gukorana n’aba bakumirabyaha niba badashaka guhura n’ibibazo, asobanura ko amakuru y’ubutasi afite kuri aba bantu atari meza. Aha umuntu akaba atabura kwibutsa ko n’ibikorwa byagaragaye mu mwaka ushize no mu ntangiriro z’uyu wa 2018 byo gushimuta no guhohotera Abanyarwanda bakorera muri Uganda nabyo aba bantu baba baragiye babigiramo uruhare.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko mu mezi ashize igipolisi hirya no hino mu gihugu cyatangiye gushakisha ibikoresho bya polisi biri mu maboko y’aba bantu biyita abakumirabyaha birimo ibikoresho byo mu biro, imipira yo kwambara, mudasobwa, na za moto. Ibi bakaba bari barabihawe n’uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen Kale Kayihura, ngo bijye bibafasha mu kazi kabo.

 

 

 

2018-05-29
Editorial

IZINDI NKURU

U Bufaransa: Ngenzi na Barahira bahamwe no gukora Jenoside bakatirwa gufungwa burundu

U Bufaransa: Ngenzi na Barahira bahamwe no gukora Jenoside bakatirwa gufungwa burundu

Editorial 07 Jul 2016
Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi

Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 09 Apr 2019
Tumenye  bamwe mu barwanya  Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )

Editorial 09 May 2016
Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe

Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe

Editorial 18 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa
ITOHOZA

Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa

Editorial 13 Apr 2017
Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali
Mu Mahanga

Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Editorial 17 Feb 2017
Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere
Amakuru

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Editorial 11 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru