• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Editorial 30 Jan 2018 ITOHOZA

Kuri uyu wa Kabiri nibwo  Cyemayire Emmanuel yaganiriye n’itangazamakuru, ku maso bigaragara ko ananiwe nyuma y’iminsi 25 y’ububabare yanyujijwemo n’Urwego rw’Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda (CMI), arara rwantambi. Yageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere, asa nubonekewe yagize  ati “ndumva ndi kurota, mvuye ikuzimu”. Cyemayire Emmanuel avuga ko I Kampala ngo yahahuriye n’akaga gakomeye, aho ngo yahohotewe cyane kugera n’aho bamuzirikisha amapingu amaboko n’amaguru bayaboheye kucyuma hejuru.

Yagize ati “Banziritse amaguru bayanaganika ku cyuma, noneho n’amaboko barayazirika ndyama ku makaro, namaze iminsi umunani ahantu mu ma escaliers (ingazi), nta muntu umbaza uretse kunkubita mu gitondo nimugoroba, bankubitaga inshyi n’imigeri bambaza ngo nazanywe n’iki, nkababwira ko ari bo bakizi kuko njyewe ntacyo nari nzi, mara iminsi umunani bankubita ndi kuri ayo mapingu, nta kintu na kimwe nifubitse, nahagiriye ibihe bikomeye cyane, naharwariye umugongo n’ubu urambabaza.”

Nyuma y’iminsi umunani ngo ni bwo batangiye kumujyana mu biro byabo kumubaza, aho ku munsi wa mbere wo kumubaza bamubajije abajenerali bo mu Rwanda bavugana. Ngo yarabahakaniye anababwira ko nta n’umwe bavugana ndetse nta n’umuntu wo mu muryango wabo uba mu gisirikare.

Ngo bamubwiye ko bamukubita natababwiza ukuri. Ngo baje no kumubaza umugabo witwa Pasiteri Deo Nyirigira, asubiza ko amuzi, ko ari pasiteri we, ngo banamubaza niba hari icyo bapfa, arabahakanira.

Bananamubajije uwitwa Felix Mwizerwa, ngo ababwira ko amuzi ko ari umuhungu wa Pasiteri Deo Nyirigira kandi ngo na we ntacyo bapfa. Ngo banamubajije abantu avugana na bo  muri Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, abahakanira ko ntabo.

Muri uko kumubaza, Cyemayire avuga ko yumvaga hari abantu bandi babaga bahari ariko ngo ntiyamenyaga abo ari bo kuko yari afunze igitambaro mu maso. Ikaba ari na yo mpamvu akeka ko pasiteri Deo Nyirigira n’umuhungu bari bahari.

Bamaze kumubaza ngo bamusubije aho yari afungiye bongera kumuhambiriza amapingu amaguru n’amaboko, ku munsi ukurikiyeho bongera kujya kumubaza.

Ati “Bambajije ibibazo byinshi cyane, bambajije umunsi wose. Kuva nka saa tatu kugeza saa sita, bajya kungaburira, bangarura saa munani bigera saa kumi n’ebyiri. Nk’uko akomeza abisobanura.”

Mu bibazo bamubazaga, harimo imyirondoro, aho yize, amazina y’abo bavukana na za telefoni zabo, ngo bamubaza inshuti ze zo mu Rwanda na telefoni zabo ndetse n’iz’i Mbarara. Avuga ko banamubajije impamvu ajya mu Rwanda, asobanura ko ahaza kubera ko ahafite umuryango.

Yagize ati “Impamvu nza mu Rwanda ni yo yabaye ikibazo cyane kuko bambaza itariki igihe nazaga mu Rwanda icyo nabaga nje gukora. Nagiye nsobanura ariko nkabona ntibabyumva bakambwira ngo turagukubita. Bati ‘wewe utapata shida, turagukubita.’ Nkababwira nti ibyo mbabwira ni ukuri nta kindi kinjyana mu Rwanda.”

Nyuma yo kumubaza ibibazo byinshi, abo basirikare ngo bamubwiye ko bamukekagaho kuba muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko ngo none basanze ahaba byemewe n’amategeko, ngo niyihangane umuyobozi azamufungura.

2018-01-30
Editorial

IZINDI NKURU

RDC: Abaturage barambiwe abahoze barwanira FDLR, barasaba ko boherezwa mu Rwanda

RDC: Abaturage barambiwe abahoze barwanira FDLR, barasaba ko boherezwa mu Rwanda

Editorial 12 Nov 2018
Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Editorial 07 Oct 2019
Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Editorial 20 Oct 2017
Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Editorial 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa
Amakuru

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Editorial 07 Jul 2022
RPF- Inkotanyi :  Perezida Kagame yiyamye  Abayobozi  basinda kwirirwa baratwa bakagera aho biyitiranya n’igihugu
POLITIKI

RPF- Inkotanyi : Perezida Kagame yiyamye Abayobozi basinda kwirirwa baratwa bakagera aho biyitiranya n’igihugu

Editorial 14 Dec 2016
Mu karere ka Gisagara, amabandi yitwaje intwaro yateye abaturage anakomeretsa Gitifu
INKURU NYAMUKURU

Mu karere ka Gisagara, amabandi yitwaje intwaro yateye abaturage anakomeretsa Gitifu

Editorial 11 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru