• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda

Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda

Editorial 01 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma yaho Perezida Yoweri Museveni wa Uganda kuwa Kane, itariki 25 Ukwakira 2018, yoherereje ubutumwa bufatwa nk’ubudasanzwe mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame,abakurikiranira hafi umubano w’ibi bihugu byombi bakomeje  kubona ko ibintu byarushijeho kuba bibi hagati y’ibihugu byombi nyuma yo gukeka  ko ubwo  butumwa bishoboka ko bwaba bukubiye muri iyi baruwa bivugwa ko yari iy’umweru.

Umwe mu bakurikiranira hafi iby’umubano w’ibi bihugu byombi waganiriye  Rushyashya yemeje ko nyuma y’uruzinduko rwa Sam Kutesa yagiriye mu Rwanda ibintu byazambye kurushaho kuko iyi baruwa ishobora kuba yarasubizaga ahubwo iyo U Rwanda rwaba rwarandikiye Uganda ibaza ibikorwa bitari byiza bikomeje kugirirwa Abanyarwanda muri Uganda.

Yagize ati” Umubano hagati ya Kampala na Kigali biragoye kuwusesengura ariko biragaragara ko  warushijeho kuba mubi nyuma y’uruzinduko rwa Kutesa  rusa naho yari aje kumva icyo abayobizi b’u Rwanda batekereza gusa

Uyu avuga ko ibyo Abanyarwanda baba cyangwa bagenda muri Uganda bakorerwa birimo gutabwa muri yombi, gukorerwa iyicarubozo no gucuzwa utwabo  byari bimaze gukabya bityo U Rwanda rukaba rutari kwicara ngo rurebere ariko kwandikira Museveni.

The East African yanditse  ko bigoye kumenya ubutumwa nyakuri bwari muri iyibaruwa uretse gukeka  ko harebewe uko umubano w’ibihugu byombi byifashe, bigoye kumenya ubutumwa bwari bukubiye mu ibaruwa Perezida Paul Kagame yashyikirijwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa.

Ni mu gihe kandi uhagarariye U Rwanda muri Uganda, Rtd Major Gen. Frank Mugambage yanze kugira icyo avuga kuri iyi ngingo ubwo yavuganaga na The East African nyamara bidakuraho ko  iyi baruwa yoherejwe mu gihe ibihugu byombi bikomeje kutarebana neza muri dipolomasi yabyo kubera impamvu zitandukanye.

N’ubwo bimeze gutyo, ababikurikiranira hafi bavuga ko uku kohererezanya ubutumwa  ntacyo byahinduye kuko  umwuka mubi mu mibanire y’ibi bihugu byombi by’ibituranyi byari inshuti  byasangiye akabisi n’agahiye,  bikaba inshuti z’akadasohoka kugeza  Ukwakira 2017,  ubwo  Uganda yahaga icyuho abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda bari mu ishyaka  RNC rya Gen. Kayumba Nyamwasa  wahunze igihugu mu mwaka w’2010,  kuri ubu uyu mubano  w’u Rwanda na Uganda, ukomeje kuzamba kurushaho.

Perezida Kagame yagiye avugana na mugenzi we Museveni ku bijyanye n’umubano w’ibihugu byombi. Bombi bemeranyije  gukemura ibibazo bisanzwe biriho ariko Uganda ikomeza kuvunira ibiti mu matwi.

Sama Kutesa ubwo aheruka mu Rwanda yakiriwe na Perezida Kagame

Iyi baruwa kandi yoherejwe  nyuma yaho muri Werurwe 2018, Perezida Paul Kagame yabonanye na Perezida Museveni ku ngoro ye Entebbe,  hari n’abayobozi bashinzwe umutekano mu byagisilake , Uganda igaragaza nko kwirengagiza ukuri kubiriho n’ubwo u Rwanda ngo rwagaragazaga ibimenyetso ku birego rurega Uganda ariko Museveni, akabigarama avuga ko atabizi ahubwo akavuga ko yibiza impamvu  za telephone ziriho ariko ngo ntizikoreshwe.

Ibi biravugwa mu gihe hari inama  z’ubugambanyi zimaze iminsi zibera muri Ambasade ya Uganda muri Swede , umwe mu bahagagarariye intumwa za RNC witabiriwe  iyi nama ni  Rugema Kayumba, inshuti y’akadasohoka ya Kayumba Nyamwasa  usanzwe uba muri Norvege, ari nawe mwizerwa we yakoresheje mu bikorwa byo gushimuta abanyarwanda muri Uganda mbere y’uko ahakurwa igitaraganya  kuko imigambi ye na Salim Saleh na Gen. Tumukunde yarimaze gutahurwa.

Amakuru yatugezeho avuga ko kimwe mu byigirwa muri iyi nama ya Swede , ari ukureba uko Gen. Kayumba yakurwa muri Afrika y’Epfo,  akajyanwa muri Uganda . Ikindi n’inama Perezida  Museveni yagiriye  Kayumba Nyamwasa  ko bagomba kwitegura byanyabyo umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda baciye muri Congo, akaba ariyo mpamvu Perezida Museveni yasabye Perezida Nkurunziza kuba ahagaritse ibikorwa bya  FLN ya Nsabimana Calixte Sankara hagategurwa uko byakorwa ntagusubira inyuma.

Bivugwa ko Uganda igiye kohereza ingabo kabuhariwe muri Congo, igitindije uyu mugambi ni uruhushya rugomba gutangwa na Perezida Kabila, ariko rukaba rwaratindijwe n’uko Kabila atorohewe n’amatora ategurwa muri iki gihugu bivugwa ko hashobora kwaduka intambara amatora akaburizwamo Kabila agakomeza kuyobora iki gihugu.

Umubano hagati y’U Rwanda na Uganda watangiye kuzamba mu 2017 nyuma yaho Abanyarwanda benshi batangiye gutabwa muri yombi, gufungwa no gukorerwa iyicarubozo n’inzego zishinzwe umutekano zirimo urushinzwe iperereza rya gisirikare (CMI) ruyobowe na Brig. Gen. Abel Kandiho n’urushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) ruyobowe na Rtd Col. Kaka Bagyenda bashinjwa kuba intasi.

Ni mu gihe Abatabwaga muri yombi batahwemye kuvuga ko  baba bari mu bikorwa byabo bya buri munsi nk’ingendo, gushaka akazi n’ubucuruzi muri iki gihugu.

 

2018-11-01
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

Editorial 13 Dec 2023
Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 05 Jan 2021
Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Editorial 28 Jan 2022
“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

Editorial 16 Jan 2023
APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

Editorial 13 Dec 2023
Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 05 Jan 2021
Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Editorial 28 Jan 2022
“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

Editorial 16 Jan 2023
APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

Editorial 13 Dec 2023
Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 05 Jan 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru