• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Ubwanditsi 24 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Mugabe Robert yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.

Mugabe akurikiranyweho ibyaha byo gusambanya umwana w’imyaka 17 y’amavuko no gusambanya ku ngufu umukobwa w’imyaka 19 akamutera inda, ndetse n’Ubwinjiracyaha mu kumushakira imiti yo gukuramo inda.

Yatawe muri yombi muri Nzeri 2018 ariko aza gufungurwa by’agateganyo n’icyemezo cy’Urukiko rw’ibanze rwa Kagarama mu Ukwakira 2018.

Iki cyemezo cyaje kujuririrwa mu Rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu Ugushyingo rutegeka ko agomba kuburana afunzwe by’agateganyo.

Muri Gashyantare 2019 Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama rwanzuye ko yongererwa igihe cyo gufungwa by’agateganyo kuko iperereza rigikorwa, ahita ajurira na none mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rutesha agaciro ubusabe bwe ku wa 1 Mata akomeza gufungwa.

Ku wa 25 Mata 2019, Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama rwamukatiye indi minsi 30 y’igifungo ndetse rutegeka ko yemera gufatwa ibizamini bya ADN. Ku nshuro ya gatatu yahise ajurira mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Kuri uyu wa Kane, Mugabe yitabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge arugezaho impamvu zamuteye kujurira n’ingingo ashingiraho ajururira icyemezo cy’ Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama asaba ko giteshwa agaciro akarekurwa ndetse ntanafatwe ibindi bizamini bya ADN.

Mugabe wari waje mu rubanza adafite umwunganira mu mategeko yabwiye umucamanza ko afite ingingo ebyiri zirimo kubogama k’urukiko ndetse no kuba urukiko rwarahaye umugisha ibyo ubushinjacyaha buvuga kandi butagaragaza ibyavuye mu iperereza bwakoze.

Yasobanuye ko impamvu avuga ko urukiko rwabogamye ari uko Umucamanza yemeza ko afungwa by’agateganyo yavuze ko agira ngo bahereze umwanya ubushinjacyaha bukore iperereza.

Kuri Mugabe ngo kuba amaze amezi arindwi muri gereza n’amezi icyenda akurikiranwa, yibaza impamvu ntawe ubaza ubushinjacyaha aho bugeze bukora iperereza.

Mugabe yakomeje avuga ko “Ibyo mvuga muri ibi bihe byose mbona bidahabwa agaciro kandi n’ingingo z’amategeko ntanga ntabwo zihabwa agaciro.”

Icyo kuba Urukiko rwarahaye umugisha ibyo ubushinjacyaha buvuga kandi nta kigaragaza icyo iryo iperereza riri gukorwa rigezeho.

Yakomeje avuga ko “Ubushinjacyaha bwasabye urukiko ko nakongera gukorerwa ibizamini bya kabiri. Ingingo yanjye ikaba ko ntakwemera gukorerwa ibindi bizamini kandi n’ibya mbere bataragaragaje icyo byavuyemo.”

Umushinjacyaha yahawe umwanya avuga ko nta kintu Mugabe yanenze ku cyemezo cyo kumufunga indi minsi 30 y’agateganyo.

Abwira umucamanza ati “Muze gusoma icyemezo hari impamvu urukiko rwashingiyeho rumwongerera igifungo. Icyo dusaba tumaze igihe tumusaba ni uko yakoreshwa ibizamini bya ADN.”

Yakomeje avuga ko “Kugeza uyu munsi yanze kubyemera avuga ngo ni ugutekinika. Ibindi birimo agasuzuguro ni uko tumukorera inyandiko zimwemerera kuva muri gereza akajya gukorwa ibizamini akabyanga. N’ubu n’ejo twari twayikoze anasuzugura ubuyobozi bwa gereza yanga gusohoka.”

“Nk’uko twabisobanuye ni uko hari ibizamini twakoresheje mu Rwanda ariko twasobanuye ko hari n’ibindi mu Rwanda batabasha gupima tuzajyana mu Budage.”

Uwo akekwaho gutera inda yarabyabye

Umushinjacyaha yabwiye Urukiko ko n’ubwo basaba Mugabe kwemera gufatwa ibizamini bya kabiri ariko hari n’ibindi bizakenerwa kubera ko umukobwa yateye inda yamaze kubyara kandi hakenewe gupima uwo mwana na Mugabe bakamupima kugira ngo hamenyekane niba ari we Se.

Yakomeje asobanura ko “umukobwa Mugabe ashinjwa gufata ku ngufu yarabyaye rero dukeneye no kureba niba uwo mwana wavutse ari uwa Mugabe. Dukeneye ibindi bizamini tuzajyana mu Budage ndetse n’ibindi tuzakorera mu Rwanda.”

Umushinjacyaha yavuze ko ibisubizo byose bizava mu bizamini bizagaragazwa mu iburanisha mu mizi.

Yasabye urukiko gutesha agaciro ubujurire bwe ku gufungwa kw’agateganyo ndetse akanategekwa kwemera gutanga ibizamini bya ADN.

Ubushinjacyaha kandi bwagaragaje ko amategeko abwemerera ko aribwo bufite uburenganzira kuri dosiye kandi bugomba kugena uburyo iperereza rikorwamo, bityo Mugabe adashobora gutegeka uko iperereza rikorwa.

Nyuma yo kumva impande zombi, umucamanza wari uyoboye iburanisha yavuze ko umwanzuro w’urukiko uzasomwa ku wa 27 Gicurasi 2019 saa cyenda z’umugoroba.

2019-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hahishuwe Inyandiko Z’ubutasi Bw’u Bufaransa Zitunga Agatoki Abasilikare Bakuru [ Ex.FAR ] Batanze Amabwiriza  Y’ihanurwa Ry’indege Ya Habyarimana

Hahishuwe Inyandiko Z’ubutasi Bw’u Bufaransa Zitunga Agatoki Abasilikare Bakuru [ Ex.FAR ] Batanze Amabwiriza Y’ihanurwa Ry’indege Ya Habyarimana

Ubwanditsi 06 Feb 2019
I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

Ubwanditsi 01 Jun 2019
“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Ubwanditsi 23 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriwe bihambaye mu birori by’irahizwa rya Idriss Deby
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriwe bihambaye mu birori by’irahizwa rya Idriss Deby

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018
UBUKUNGU

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Ubwanditsi 31 Dec 2018
BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari
Mu Rwanda

BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

Ubwanditsi 31 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru