• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Ubwanditsi 24 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Mugabe Robert yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.

Mugabe akurikiranyweho ibyaha byo gusambanya umwana w’imyaka 17 y’amavuko no gusambanya ku ngufu umukobwa w’imyaka 19 akamutera inda, ndetse n’Ubwinjiracyaha mu kumushakira imiti yo gukuramo inda.

Yatawe muri yombi muri Nzeri 2018 ariko aza gufungurwa by’agateganyo n’icyemezo cy’Urukiko rw’ibanze rwa Kagarama mu Ukwakira 2018.

Iki cyemezo cyaje kujuririrwa mu Rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu Ugushyingo rutegeka ko agomba kuburana afunzwe by’agateganyo.

Muri Gashyantare 2019 Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama rwanzuye ko yongererwa igihe cyo gufungwa by’agateganyo kuko iperereza rigikorwa, ahita ajurira na none mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rutesha agaciro ubusabe bwe ku wa 1 Mata akomeza gufungwa.

Ku wa 25 Mata 2019, Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama rwamukatiye indi minsi 30 y’igifungo ndetse rutegeka ko yemera gufatwa ibizamini bya ADN. Ku nshuro ya gatatu yahise ajurira mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Kuri uyu wa Kane, Mugabe yitabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge arugezaho impamvu zamuteye kujurira n’ingingo ashingiraho ajururira icyemezo cy’ Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama asaba ko giteshwa agaciro akarekurwa ndetse ntanafatwe ibindi bizamini bya ADN.

Mugabe wari waje mu rubanza adafite umwunganira mu mategeko yabwiye umucamanza ko afite ingingo ebyiri zirimo kubogama k’urukiko ndetse no kuba urukiko rwarahaye umugisha ibyo ubushinjacyaha buvuga kandi butagaragaza ibyavuye mu iperereza bwakoze.

Yasobanuye ko impamvu avuga ko urukiko rwabogamye ari uko Umucamanza yemeza ko afungwa by’agateganyo yavuze ko agira ngo bahereze umwanya ubushinjacyaha bukore iperereza.

Kuri Mugabe ngo kuba amaze amezi arindwi muri gereza n’amezi icyenda akurikiranwa, yibaza impamvu ntawe ubaza ubushinjacyaha aho bugeze bukora iperereza.

Mugabe yakomeje avuga ko “Ibyo mvuga muri ibi bihe byose mbona bidahabwa agaciro kandi n’ingingo z’amategeko ntanga ntabwo zihabwa agaciro.”

Icyo kuba Urukiko rwarahaye umugisha ibyo ubushinjacyaha buvuga kandi nta kigaragaza icyo iryo iperereza riri gukorwa rigezeho.

Yakomeje avuga ko “Ubushinjacyaha bwasabye urukiko ko nakongera gukorerwa ibizamini bya kabiri. Ingingo yanjye ikaba ko ntakwemera gukorerwa ibindi bizamini kandi n’ibya mbere bataragaragaje icyo byavuyemo.”

Umushinjacyaha yahawe umwanya avuga ko nta kintu Mugabe yanenze ku cyemezo cyo kumufunga indi minsi 30 y’agateganyo.

Abwira umucamanza ati “Muze gusoma icyemezo hari impamvu urukiko rwashingiyeho rumwongerera igifungo. Icyo dusaba tumaze igihe tumusaba ni uko yakoreshwa ibizamini bya ADN.”

Yakomeje avuga ko “Kugeza uyu munsi yanze kubyemera avuga ngo ni ugutekinika. Ibindi birimo agasuzuguro ni uko tumukorera inyandiko zimwemerera kuva muri gereza akajya gukorwa ibizamini akabyanga. N’ubu n’ejo twari twayikoze anasuzugura ubuyobozi bwa gereza yanga gusohoka.”

“Nk’uko twabisobanuye ni uko hari ibizamini twakoresheje mu Rwanda ariko twasobanuye ko hari n’ibindi mu Rwanda batabasha gupima tuzajyana mu Budage.”

Uwo akekwaho gutera inda yarabyabye

Umushinjacyaha yabwiye Urukiko ko n’ubwo basaba Mugabe kwemera gufatwa ibizamini bya kabiri ariko hari n’ibindi bizakenerwa kubera ko umukobwa yateye inda yamaze kubyara kandi hakenewe gupima uwo mwana na Mugabe bakamupima kugira ngo hamenyekane niba ari we Se.

Yakomeje asobanura ko “umukobwa Mugabe ashinjwa gufata ku ngufu yarabyaye rero dukeneye no kureba niba uwo mwana wavutse ari uwa Mugabe. Dukeneye ibindi bizamini tuzajyana mu Budage ndetse n’ibindi tuzakorera mu Rwanda.”

Umushinjacyaha yavuze ko ibisubizo byose bizava mu bizamini bizagaragazwa mu iburanisha mu mizi.

Yasabye urukiko gutesha agaciro ubujurire bwe ku gufungwa kw’agateganyo ndetse akanategekwa kwemera gutanga ibizamini bya ADN.

Ubushinjacyaha kandi bwagaragaje ko amategeko abwemerera ko aribwo bufite uburenganzira kuri dosiye kandi bugomba kugena uburyo iperereza rikorwamo, bityo Mugabe adashobora gutegeka uko iperereza rikorwa.

Nyuma yo kumva impande zombi, umucamanza wari uyoboye iburanisha yavuze ko umwanzuro w’urukiko uzasomwa ku wa 27 Gicurasi 2019 saa cyenda z’umugoroba.

2019-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jan 2018
Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Ubwanditsi 26 Jan 2021
Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Ubwanditsi 24 Jul 2025
Uganda: Bamwe mu bapolisi bakuru banze kongera amasezerano y’akazi barashaka kukivamo

Uganda: Bamwe mu bapolisi bakuru banze kongera amasezerano y’akazi barashaka kukivamo

Ubwanditsi 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye
INKURU NYAMUKURU

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 14 Apr 2020
BREWAEYS, UMUNYAMAKURU AKABA N’UMWANDITSI KURI JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI YATABARUTSE.
Mu Mahanga

BREWAEYS, UMUNYAMAKURU AKABA N’UMWANDITSI KURI JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI YATABARUTSE.

Ubwanditsi 04 May 2016
‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’
ITOHOZA

‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’

Ubwanditsi 03 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru