• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

  • AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso   |   22 Jun 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Editorial 23 Dec 2019 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagaragaje ko kugira ngo icyerekezo 2050 kigizwe n’imyaka 30 kigerweho gifite ibice bibiri, ni ukuvuga kimwe kigizwe n’imyaka 15 ya mbere kugera mu 2035 n’imyaka 15 izakurikira; bisaba ko ubukungu bw’igihugu buzaba bwiyongera ku kigero kirenze 10% ku mwaka.

Yabigarutseho ku wa Kane ubwo yatangaga ikiganiro cyagarutse ku kwihutisha iterambere ry’ubukungu, cyatangiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano 2019 yahurije hamwe abasaga 2,000 muri Kigali Convention Centre. Ni inama yasojwe tariki 20 Ukuboza uyu mwaka.

Dr Ndagijimana yavuze ko intego igihugu cyihaye ni uko mu myaka 15 u Rwanda rwaba rugeze ku bukungu buri hagati y’ibihugu bigeze ku rwego ruciriritse, ndetse ruri mu nzira zo kugera mu nzira y’ibihugu bikungahaye ku isi.

Yagize ati “Mu 2035 tuzaba dufite nibura umusaruro mbumbe ubariye ku muturage usaga gato ibihumbi bine by’amadorali ni ukuvuga miliyoni enye z’amanyarwanda, mu 2050 ho tukaba tugeze ku rwego rw’ibihugu byateye imbere nk’uko tubizi uyu munsi, nibura ibihumbi 12 by’amadorali ku muturage.”

Dr Ndagijimana avuga ko kugira ngo ibi bigerweho bisaba byinshi. Ati “Ni ukubakira ku bushobozi tumaze kubaka, ni urugendo turi hafi gusoza ariko birasaba ko tugira umuvuduko w’iterambere urenze 10% buri mwaka kandi bigaragara ko bishoboka, 12% mu myaka ishize twagezeho bigaragaza ko twakora n’ibirenze.”

Yavuze ko “Kugira ngo dukomeze uwo muvuduko hari byinshi bidusaba, nubwo uyu muvuduko uri hejuru birasaba ko twongera ubwinshi by’ibyo dukora uyu munsi byaba mu nganda mu buhinzi, muri za serivisi n’ahandi ariko tugahanga n’ibicuruzwa bishya, serivisi zikaguka kugira ngo ubukungu bwacu bube bushingiye ku bicuruzwa bitandukanye, bityo haramutse havutse ikibazo ku gicuruzwa runaka bireke guhungabanya ubukungu muri rusange.”

Yavuze ko ikindi abona bazibandaho ni ukongera imbaraga mu bushobozi bwo gupiganwa ku masoko haba mu karere no ku isi, ibi bikaba bisaba gukomeza kuvugurura ubuhinzi n’umusaruro kuko umusaruro ukiri muke.

Yavuze ko nubwo inganda zivuka cyane muri gahunda ya Made in Rwanda, bisaba ko zikora byinshi kuko iyo zibikoze nibwo igiciro kigabanuka zikaba zahangana n’amasoko yo mu karere, muri Afurika no ku Isi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ibarurishamibare mu Rwanda, NISR, Yusuf Murangwa, we avuga ko mu myaka 18 ishize ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 8% buri mwaka, avuga ko ari byiza kuko u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri muri Afurika inyuma ya Ethiopia.

Ati “Dukurikije uko ibintu bihagaze uyu munsi, turumva uyu mwaka u Rwanda ruzaba ari urwa mbere muri Afurika.”

Agaragaza ko iyo ubukungu buzamutse haboneka uburyo bityo bigakemura ibibazo mu buhinzi n’ahandi.

Yagize ati “Iyo turebye mu buhinzi umusaruro wariyongereye cyane, wareba mu nganda turazizi mu myaka 10, hari nyinshi tutari dufite ubu zihari, serivisi z’amahoteli turazibona, ubuvuzi, amashuri, ibigo by’imari byariyongere ku buryo n’utazi kubara iyo mibare arabibona.”

Murangwa yavuze ko iyo ubukungu buzamutse buri mwaka haboneka imirimo ibihumbi 160 idashingiye ku buhinzi gusa agaragaza ko hakiri icyuho.

Yagize ati “Buri mwaka hari urubyiruko rugera ku bihumbi 200 bageza imyaka yo gukora bakajya ku isoko, iyo habonetse akazi ibihumbi 160 gusa ni ukuvuga ko ibihumbi 40 nta kazi babona, ni ukuvuga ko igipimo turiho kidahagije, ibi ni nako bimeze mu bindi byose aho dufite ibibazo.”

Ati “Birasaba ko ubukungu buzamuka hejuru 10% kugira ngo ibibazo bikemuke tugere kuri gahunda twifuza mu 2050, turasabwa ko mu buhinzi buzamuka hejuru 8%, mu nganda 15% kuko hari inganda zinshi zigomba gushyirwaho zigafasha mu buhinzi n’ibijya hanze, muri serivizi turifuza 12%.”

Kugeza ubu u Rwanda ni igihugu kiri guteza imbere ikoranabuhanga aho ubu kwandikisha ubucuruzi bitwara amasaha atandatu, naho kwandikisha ubutaka u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu ku Isi mu buryo rwashyizeho bwo kwandikisha no guhindura ibyo byemezo.

Src: IGIHE

2019-12-23
Editorial

IZINDI NKURU

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Editorial 02 Apr 2018
U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Editorial 01 Aug 2019
Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Editorial 29 Jan 2020
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Editorial 07 May 2019
‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Editorial 02 Apr 2018
U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Editorial 01 Aug 2019
Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Editorial 29 Jan 2020
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Editorial 07 May 2019
‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Editorial 02 Apr 2018
U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Editorial 01 Aug 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru