• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Umuyobozi w’abarinda Gen. Mudacumura wa FDLR yatawe muri yombi

Uko Umuyobozi w’abarinda Gen. Mudacumura wa FDLR yatawe muri yombi

Ubwanditsi 18 Aug 2016 ITOHOZA

Maj. Sabimana Iraguha uzwi ku mazina ya Mugisha Vainqueur wari ukuriye abarinda Umuyobozi Mukuru wa FDLR FOCA, Gen. Mudacumura, yatawe muri yombi

Uyu muyobozi ( Close body guard ) yafashwe na Maneko y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ku wa 11 Kanama 2016, aho akorera muri Kiyeye – Rutshuru, akaba ari we wari ukuriye itsinda ririnda Gen. Mudacumura.

Akaba yari n’umwe mu bayobozi b’abarwanyi FDLR yagenderagaho, akaba yari asanzwe anashakishwa n’ubutabera bwa Congo kubera ibyaha by’intambara yakoze ahitwa Busurungi muri Walikale mu gihe cya Omoja Wetu.

Umuvugizi w’Ingabo za FARDC muri Kivu y’Amajyaruguru, Capt. Guillaume Ndjike Kaiko, avuga ko Maj. Sabimana yari umuyobozi muri FDLR ushakishwa n’ubutabera bwa Congo kubera ibyaha yakoze ahitwa Bunyakiri muri 2013, aho ashinjwa kwica abantu 32.

-3676.jpg

Maj. Sabimana Iraguha uzwi ku mazina ya Mugisha Vainqueur

Uyu muvugizi wa FARDC muri icyo gice, yasabye abandi barwanyi ba FDLR kuva mu mashyamba bakishyikiriza ingabo za FARDC na MONUSCO.

Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Kanama 2016, ingabo za Congo zatangaje ko kuva mu 2015 kugera muri Nyakanga 2016 zimaze kwica abarwanyi 140 ba FDLR, ko hafashwe abarwanyi 323 naho abandi barwanyi 191 ngo bagiye muri MONUSCO ku buryo bashobora gutaha mu Rwanda.

-23.gif

Gen. Mudacumura wahoze yungirije Umuyobozi w’Umutwe w’abasirikare barindaga Perezida Juvenal Habyarimana

Mu ruzinduko rw’umunsi umwe Perezida Kabila yagiriye mu Rwanda kuwa Gatanu tariki 12 Kanama i Rubavu mu Ntara y’ u Burengerazuba, abakuru b’ibihugu byombi bamenyeshejwe ifatwa rya Nsabimana Fidèle wari ushinzwe umutekano wa Gen. Sylvestre Mudacumura, Umuyobozi Mukuru wa FDLR.

Mudacumura wahoze yungirije Umuyobozi w’Umutwe w’abasirikare barindaga Perezida Juvenal Habyarimana, ni umwe mu bayobozi ba FDLR bashyiriweho ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, birimo kubuzwa gukandagira ku butaka bwayo ndetse n’imitungo ye igafatirwa.

-3677.jpg

Ingabo za Congo FARDC

Muri Nyakanga 2012 Umushinjacyaha mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, yashyizeho impapuro zo guta muri yombi Gen Mudacumura, ukurikiranweho ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu bikekwa ko yakoreye mu Ntara za Kivu, iy’amajyepfo n’amajyaruguru, hagati ya 2009 na 2010.

-3678.jpg

Perezida Kabila na Perezida Kagame bishimiye ifatwa rya Maj. Sabimana Iraguha

Guverineri wa Kivu ya Ruguru, Julien Paluku wakurikiranye ibiganiro hagati y’abakuru b’ibihugu, yavuze ko Perezida Kagame na Kabila banyuzwe n’imbaraga ziri gushyirwa mu guhashya FDLR, bakiyemeza gushyira imbaraga mu gucukura gaz Methane iboneka mu kiyaga cya Kivu no gushyiraho aba ambasaderi hagati y’ibihugu byombi.

Guverineri Paluku yakomeje yandika kuri Twitter ati “Abakuru b’ibihugu bombi bishimiye ifatwa rya Nsabimana Fidele wafashwe n’ingabo za FARDC, wari ushinzwe umutekano wa Mudacumura (FDLR)”

Umwanditsi wacu

2016-08-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twagiramungu Kwihandagaza Akabeshya, Agatanga Amakuru Y’ibyabereye Muri Nyungwe Ari Mu Bubiligi Nyamara Abaturiye Iryo Shyamba N’abarigendamo Ntabyo Babonye.

Twagiramungu Kwihandagaza Akabeshya, Agatanga Amakuru Y’ibyabereye Muri Nyungwe Ari Mu Bubiligi Nyamara Abaturiye Iryo Shyamba N’abarigendamo Ntabyo Babonye.

Ubwanditsi 10 May 2019
Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Ubwanditsi 12 Apr 2019
BURUSELI :  RNC irimo gucuruza urupfu rwa Col Patrick Karegeya mu gihe umuryango umaze imyaka 5 usaba ubuhungiro uhakanirwa

BURUSELI : RNC irimo gucuruza urupfu rwa Col Patrick Karegeya mu gihe umuryango umaze imyaka 5 usaba ubuhungiro uhakanirwa

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye  Igitero i Rusizi  cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye Igitero i Rusizi cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Ubwanditsi 23 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Maj.Gatarayiha na The Rwandan ni nde uvugisha ukuri ?
INKURU NYAMUKURU

Maj.Gatarayiha na The Rwandan ni nde uvugisha ukuri ?

Ubwanditsi 05 May 2018
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Ubwanditsi 19 Feb 2022
Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 19 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru