• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Editorial 18 Aug 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Izina Corneille Nangaa ni izina rikomeye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuko yayoboye Komisiyo ishinzwe amatora, Commission Electorale Nationale (CENI) mu minsi ishize akaba yaratangaje ko abarwanyi b’umutwe wa FDLR binjijwe mu mutwe udasanzwe ushinzwe kurinda Perezida Tshisekedi n’izindi nzego nkuru z’igihugu. Corneille Nangaa yavuze ko ibi ari ingaruka z’umusaruro muke w’ibihe bidasanzwe washyizweho mu burasirazuba bw’iki gihugu mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru niya Ituri.

Nyuma y’ukuri kwa Corneille Nangaa, umuvugizi wa Guverinoma ya Kongo Patrick Muyaya urangwa no kwivuguruza gukabije yavuze ko Nangaa azakurikiranwa n’inkiko.

Mu kumusubiza Nanga ntiyariye iminwa yamubwiye ko ibyo bavuga babifitiye amakuru n’ibimenyetso bihagije.

Nangaa wemeje ko aziyamamariza kuyobora Congo-Kinshasa avuga ko atumva uko byagenze kugira ngo Kinshasa itsure umubano n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri ziriya ntara, kandi ku ikubitiro yari yariyemeje kuyirandura burundu.

Nubwo Patrick Muyaya atangaza ko Tshisekedi yiyemeje kudakorana n’imitwe yitwaje intwaro, yibagiwe ko mu kwezi kwa  Kamena 2023 Ministiri w’Amashuri Makuru na Kaminuza Muhindo Nzangi yatangaje kumugaragaro ko icyifuzo cyo gushyira mu ngabo abazwi nka Wazalendo (Urubyiruko rukunda igihugu) cyaganiriwe mu nama y’abaminisitiri yari iyobowe na Tshisekedi.

Bemeje ko bagomba guhembwa kandi bakambikwa nka FARDC. Wazalendo ihuza imitwe yose yitwara gisirikari yo muri Congo yanga urunuka abo mu bwoko bw’Abatutsi hiyongereyeho umutwe witwaje intwaro wa FDLR

Nangaa yongeyemo ko umutwe wa CODECO umaze imyaka ukorera ubwicanyi abo mu bwoko bw’abahema mu ntara ya Ituri usigaye warahawe intwaro ndetse n’ibikoresho byo gucukura amabuye y’agaciro.

Muyaya yigaramye FDLR, mu gihe raporo y’impuguke za Loni zakunze kugaragaza ko uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda ufitanye imikoranire n’Igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC).

Mu mpera za Mata 2021 ni bwo Perezida Félix Antoine Tshisekedi yshyizeho ibihe bidasanzwe mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, nyuma y’imyaka myinshi zarayogojwe n’imitwe yitwaje intwaro.

Kuva icyo gihe Tshisekedi yahise akuraho ubutegetsi bwa gisivile bwayoboraga ziriya ntara ashyiraho ubwa gisirikare, mu rwego rwo kurandura burundu imitwe yitwaje intwaro nka FDLR, Mai-Mai, ADF na CODECO.

Nyuma y’imyaka irenga ibiri ibihe bidasanzwe bishyizweho, abenshi bahuriza ku kuba nta musaruro byigeze bizana muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri. Inteko ishinga amategeko y’icyo gihugu yatoye yamagana kongera ibihe bidasanzwe mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri mu gihe Muyaya yemeza ko byatanze umusaruro.

2023-08-18
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Editorial 22 Jun 2023
Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Editorial 22 Jul 2016
Iperereza rya Loni ryagaragaje ko mu Burundi hagikorwa ibyaha byibasira inyokomuntu

Iperereza rya Loni ryagaragaje ko mu Burundi hagikorwa ibyaha byibasira inyokomuntu

Editorial 06 Sep 2018
Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Editorial 30 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo  wo mu Karere ka Nyamasheke ‘Nzirabatinya Emmanuel’ yiyemeje kwiyamamaza nk’umukandida wigenga, nk’uko ngo yabisabwe n’Imana
ITOHOZA

Umugabo wo mu Karere ka Nyamasheke ‘Nzirabatinya Emmanuel’ yiyemeje kwiyamamaza nk’umukandida wigenga, nk’uko ngo yabisabwe n’Imana

Editorial 03 Jun 2017
Itabi ry’abo kwa Rwigara Assinapol rigiye gutezwa cyamunara
INKURU NYAMUKURU

Itabi ry’abo kwa Rwigara Assinapol rigiye gutezwa cyamunara

Editorial 15 Mar 2018
Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage
Amakuru

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Editorial 13 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru