• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Editorial 14 Oct 2017 ITOHOZA

Burya ngo umugezi w’isuri urisiba, kandi uwasogongeye ku “intango” y’imandwa za Kinani nta muterekere uwo nyabingi ze zizamuyagaza ubwonko.

Muri iki gihe umuryango wa Rwigara uri mukaga, hari abibaza impamvu zabyo ndetse bamwe bagahamya ko uyu muryango watotejwe kuva cyera. Aba ariko bavuga ibi nabatazi uko umuryango wa Rwigara watunzwe n “Akazu” k’abasilikare bari bagize ubutegetsi bwa Perezida Habyarimana. Ndetse bakanasangira ku intango y’imandwa ze.

Muri iyi nyandiko twagerageje gusesengura umubano wihariye w’Adeline Rwigara na Col. Sagatwa , Col Rwagafirita, Rwabukumba n’abandi…

-8270.jpg

Perezida Juvenali Habyarimana, Col. Sagatwa Elie n’inshuti yabo Adeline Rwigara Mukangemanyi

Mu mwaka w’1980, Adeline Rwigara Mukangemanyi yari umutoni mu rugo kwa Perezida Juvenal Habyarimana, ubucukumbuzi bwa Rushyashya, bugaragaza ko ariwe wari ufite isoko ryo guhahira urugo, amarido yo munzu , amashuka yo kuryamira n’ibindi bikoresho byo murugo kwa Perezida Habyarimana I Kanombe, binavugwa ko ariwe wari ushinzwe gusasa uburiri no gutegura munzu [decorations].

Muri icyo gihe Adeline Rwigara, yari afite inshoreke z’Abasilikare bakuru mu ngabo zatsinzwe [ Ex.FAR ], bamufashaga kubigeraho, barimo na muramu wa Habyarimana akaba n’ Umujyanama we wihariye Col. Elie Sagatwa, na Col. Rwagafirita wari Chef d’état-major de la Gendarmerie, uyu ndetse hari n’amakuru tugitohoza neza avuga ko yaba yaranabyaranye umwana wimfura n’ Adeline Rwigara.

Ikimenyetso kuri ibi n’ imodoka yo mubwoko bwa Range Rover bamwe bayitaga Land Rover, ya Nzabarinda Xavier, yakunze kugaragaramo Adeline Rwigara ava cyangwa ajya kwa Col. Sagatwa i Masaka ubundi bakayibona yinjira kwa Nzabarinda Xavier nawe wari ufite inzu I Masaka, agatura I Remera.Ibi n’ibivugwa n’uwaduhaye aya makuru atifuje ko dutangaza izina rye.

Undi wabaye ihabara rikomeye ry’ Adeline ni Nduwayezu wari ushinzwe iperereza,Chef des Service Central de Renseignements [ S.C.R.].

Bivugwa kandi ko abo bagabo bombi bamwakuranwagaho ndetse ibi bamwe bakabyita kwigura kugirango ubone ubutunzi, kuko ngo bitari byoroshye muri kiriya gihe.
Ngabo abasilikare bari barigaruriye urugo rwa Rwigara, wari utuye I Nyamirambo hafi yo kwa SISI Evariste, kugeza naho bamusenyeye urugo.

-8268.jpg

-8269.jpg

Adeline Rwigara mu maboko ya Polisi y’u Rwanda

Andi makuru twamenye avuga ko uko guhora murugo rwa Habyarimana byanatumye Adeline Rwigara wari ufite uburanga, aba inshuti magara na basaza b’ Agatha Kanziga, bikundiraga gusambanya abatutsikazi, aribo Zigiranyirazo na Rwabukumba Seraphin wakoraga muri BNR wari ushinzwe ama banki no gutanga amadeni mu banya “Kazu” n’ abasilikare bakoraga ubucuruzi nka Rwagafirita na Serubuga. Rwabukumba Seraphin uyu akaba yari interahamwe ikomeye nyiri La Centrale,n’ inzu iri Kacyuru hafi ya Novotel-umubano.

Si abo gusa Adeline Rwigara yisanzuragaho kuko yari afite ubwiza bwanatumye yigarurira umucuruzi wari ukomeye muri MRND Nzabarinda Xavier, wari inshuti ya Rwigara, ariko akamuca inyuma, Nzabarinda uyu akaba yarakoranaga ubucuruzi na Musabe Pasteur wayoboraga BACAR, aba bombi ni nabo bashinze umutwe w’Interahamwe, bawugabira Kajuga Robert, babifashijwemo na BACAR ari nayo yatangaga amafaranga yo kugura imyambaro ndetse n’amadeni yahabwaga bamwe mu bacuruzi bizewe nka Nzabarinda Xavier waje gupfa akoze impanuka y’ indege ye [ akadege yirirwaga yitembereramo] bivugwa ko ako kadege ke, kakoze impanuka ajya I Butare, yashyizemo amavuta make amushiriraho irahanuka agwa I Butare.

-8266.jpg

Nyakwigendera Rwigara Assinapol

Amakuru avuga ko Rwigara wari uzwi nk’umucuruzi, umenyereye gukora forode, uciriritse muri Kigali , yaje kubona ubutunzi, biturutse mu kwigarurira urugo rwe kw’abo basilikare, twavuze haruguru bari bakomeye mu gihugu, bicaga bagakiza.

Col. Rwagafirita yaza kuryama, Rwigara agaca inyuma y’urugo maze imipaka akayiyogogoza, akora forode y’Itabi na Wisky, aratunga, aratunganirwa, ahinduka umukire umuntu wacuruzaga agapaki kamwe k’itabi n’agafuka k’umunyu, yitwa umukire muri Quartier Mateus ,bikitwa ko akora Transport [ Import/Export ] Congo, Uganda na Kenya.

Rwigara Assinapol umugabo uvuka ku Kibuye, yaje kumenyekana cyane kubera ubucuruzi bw’itabi ryitwa SM yatumizaga muri Kenya akoresheje ikompanyi ye y’ubucuruzi yitwa Rwigass Cigarettes Company icyo gihe byari mu myaka ya za 1980 akaba yarabarizwaga mu baherwe ba mbere mu Rwanda.
Kuko uretse gutumiza itabi mu mahanga bivugwa ko yagize n’uruganda rukora itabi ndetse yanatumizaga ibindi bicuruzwa birimo n’inzoga zikomeye.

Bijya kwegera imyaka ya 1990, Bwana Rwigara yari atangiye kugira ibibazo by’ubukungu harimo ibibazo n’amabanki ndetse na Ministeri y’imali yari ishinzwe ibijyanye no kwishyuza imisoro akenshi akekwaho gucuruza magendu.

Rwigara yakoranaga na maneko za Habyarimana akingiwe ikibaba n’abasilikare bakuru, Rwigara agakwepa imipaka ba maneko bakamufasha kwinjiza ibicuruzwa bitishyuye imisoro.

-8264.jpg

Diane Rwigara yashinze umutwe wa Politiki urwanya Leta y’u Rwanda

Ngibyo ibyatumye Rwigara yikoma ubuyobozi bwa FPR- inkotanyi aho zibohoreje igihugu kuko bamubujije gukomeza gukora magendu, no kunyereza imisoro, bamwigisha uko basora aranga ahinduka inyaga ihora mu myobo yihishahisha.

Nyuma y’igitero cy’Inkotanyi kuya mbere ukwakira 1990, n’ifatwa ry’ibyitso mu mujyi wa Kigali, bivugwa ko Rwigara yaje guhungira muri Kenya n’umuryango we, kubera amakuru yari mu nzego z’iperereza yavugaga ko arimo kubaka inzu y’umwami Kigeli Ndahindurwa mu Kiyovu ndetse ko banabonaniye muri Kenya.

Wenda Adeline n’abana be n’ubwo batari kwicwa kubera umubano we n’abasilikare ba Habyarimana, bivugwa ko Rwigara yashoboraga gupfa cyane ko bashakaga umugore we n’ubutunzi bwe.

Amakuru avuga ko mu gihe cyose Rwigara yari muri Kenya, yari ahangayikishijwe n’ubucuruzi bwe buri muri Kigali, mu gihe impunzi zo zari zihangayikishijwe no gutahuka mu guhugu cyazo.

Ibyo ngo byatumye Rwigara, ayoboka umugambi wo gufasha no gutera inkunga urugamba rwo kubohora igihugu, rwari rurimbanije ruyobowe na Perezida Paul Kagame.

Nyuma yo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside, umubano wa Leta na Rwigara wakomeje kuzamo agatotsi kubera amanyanga no kwanga gukurikiza amategeko y’igihugu, uwo muco mubi w’ubuhemu, awinjiza no mu rubyaro rwe ukwira umuryango wose, ari nayo nkomoko y’ibibazo barimo kugeza ubu.

Adeline Mukangemanyi n’umugabo we Rwigara Assinapol bivugwa ko mu gihe Rwigara yapfaga, umubano wabo utari wifashe neza, wakomeje kuzamo ibibazo, nkuko bivugwa n’inshuti yabo yahafi y’uyu muryango wa Rwigara, amateka n’ibyo bombi baciyemo byatumye batumvikana, Rwigara akabyuka kare, agataha atinze.

Cyane ko ngo mu mibereho ye atakunze kuba iwe yabaga ari hirya no hino mu bihugu bitandukanye nka Uganda, Kenya, Afrika y’epfo, Dubai n’ahandi… mu bikorwa bye by’ubucuruzi.

Bivugwa kandi ko mugihe babanaga munzu imwe mu Kiyovu umugore we yabaga ukwe n’umugabo ukwe, uko kwiheba ngo kwaje gutuma Adeline, yikura mu idini ry’Abadivantiste b’umunsi wa 7, akora icyumba cy’amasengesho mu rugo, ariko nyuma ngo icyo cyumba cyaje guhinduka icyumba cy’inama z’ubugambanyi no ku bonaniramo n’abanyamakuru b’Umuseso, BBC na VOA mugihe umugabo yabaga yafunzwe cyangwa se bivugwa ko yaburiwe irengero kandi yabaga yamuhunze kubera ibibazo bari bafitanye.

-8262.jpg

Impanuka yahitanye Nyakwigendera Rwigara Assinapol mu kabuga ka Nyarutarama

Rwigara ajya gupfa yari amaze igihe azindukira muri sport Novotel rimwe na rimwe bikavugwa ko yaraye mu masengesho, ariko abandi bakabona imodoka ye yiriwe ku kibuga cy’indege I kanombe we yafashe rutemikirere, rimwe na rimwe akazagaragara Kampala muri Hotel, mu mubonano w’ibanga na Rujugiro cyangwa se Majyambere Silas uba aho Kampala.

Uyu ati: “yabwiraga umugore ko yaraye mu masengesho, bikaba bizwi gutyo, nyamara yafashe indege ageze Kampala saa tanu akaba ari I Kigali “.

-8265.jpg

Ben Rutabana muramu wa Rwigara ubu mu ishyaka rya RNC

Mu busesenguzi bwacu twabonye ko kuva kera Rwigara n’umuryango we wabaye umuzigo ku gihugu. Mugihe havugwa baramube Ben Rutabana na Jason Muhayimana bari mu mitwe irwanya igihugu mu ishyaka rya Kayumba Nyamwasa[ RNC ] bikaba bimaze kugaraggara ko n’umuryango wose wageze muri RNC, dukurikije amajwi tumaze iminsi twumva, Leta y’u Rwanda yarihanganye bikomeye.

-8263.jpg

Umuryango wa Rwigara wabaye umuzigo ku Igihugu

Mugihe bimeze gutya hamaze kwigaragaza abandi bana ba nyakwigendera Rwigara yabyaranye na Josiane uba ku Gisozi, abahungu babiri umwe afite imyaka 14 undi yujuje 2. Urukiko rukaba rumaze kwemeza ko koko abo bana bafite uburenganzira ku mutungo wa Rwigara.

Muri abo bana umwe yavutse nyuma y’amezi abiri gusa Rwigara yitabye Imana mu mpanuka yabereye mu Kabuga ka Nyarutarama.

Cyiza Davidson

2017-10-14
Editorial

IZINDI NKURU

Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Editorial 06 Jul 2017
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Editorial 29 Mar 2017
Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Editorial 18 Feb 2020
Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Editorial 10 Jan 2023
Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Editorial 06 Jul 2017
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Editorial 29 Mar 2017
Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Editorial 18 Feb 2020
Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Editorial 10 Jan 2023
Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Editorial 06 Jul 2017
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Editorial 29 Mar 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru