• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umucamanza urekura abajenosideri batarangije ibihano yongerewe manda

Umucamanza urekura abajenosideri batarangije ibihano yongerewe manda

Editorial 03 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryamabanga mukuru w’ umuryango w’ abibumye Antonio Guterres yongereye manda umucamanza Theodor Meron nk’umukuru wa “International Residual Mechanism for Criminal Tribunals” ikurikirana imanza zitarangijwe n’ icyahoze ari urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda i Arusha TPIR .

Meron inzego z’ubutabera n’iziharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zakomeje kugaragaza ko ari ku ruhande rw’abaregwa ndetse adakwiye kongererwa umwanya manda kuko arekura abahamwe n’ ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi batarangije ibihano.

Umunyamerika Meron w’imyaka 88 arazwi mu Rwanda bitewe no kuba yaranze gufunga burundu Col Theoneste Bagosora uzwiho kuba yarateguye umugambi wo gushyira mu bikorwa Jenoside akamukatira imyaka 35, no kuba bamwe mu bari bagize Guverinoma y’abatabazi na mbere yayo yarabagabanyirije ibihano mu bujurire ku byaha bya Jenoside byabahamye.

Umunyamabanga Mukuru wa UN yatangaje ko Me Meron azayobora International Residual Mechanism for Criminal Tribunals kugeza muri Mutarama 2019 anongerera manda y’imyaka ibiri abandi bacamanza b’uru rwego babisabye.

Theodor Meron yakoze mu cyari Urukiko mpuzamahanga rwa Arusha rwashyiriweho ibyaha byakorewe mu Rwanda akora mu bujurire ari naho yarekuye akanagabanyiriza ibihano bamwe mu bo icyaha cya Jenoside cyari cyarahamye.

Mu 2016, Meron yarekuye igihe kitageze Ferdinand Nahimana, uri mu bashinze Radio Television des Mille Collines (RTLM), na Padiri Emmanuel Rukundo bari barahamwe na Jenoside kucyo yise ‘imyitwarire myiza’ bafunze.

Meron kandi mu bujurire yagabanyirije ibihano Protais Zigiranyirazo, Justin Mugenzi, Prosper Mugiraneza, Augustin Ndindiriyimana, Francois Xavier Nzuwonemeye n’abandi.

Hassan Ngeze w’ikinyamakuru Kangura wari warakatiwe na Arusha gufungwa burundu, mu bujurire Theodor Meron yamuhaye imyaka 35 y’igifungo, ubu Ngeze na bagenzi be Dominique Ntawukuriryayo na Col Aloys Simba bakaba bari gusaba Mechanism for International Criminal Tribunals (MICT) iyobowe na Meron ngo ibarekure.

2018-07-03
Editorial

IZINDI NKURU

Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere

Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere

Editorial 15 Sep 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Editorial 26 Sep 2018
U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera  Kayumba Nyamwasa kurusha rwo

U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera Kayumba Nyamwasa kurusha rwo

Editorial 12 Dec 2018
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Editorial 20 Jul 2023

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 4, 20182:30 pm -

    MBEGA KAGAME NINKOTANYI BISHE ABAKONGOMANI NABAHUTU BARENGA MILIYONI 8 BIBA INZAHABU MWUBAKISHIJE IMIHANDA NAMAZU YAMARASO, HAMWE NUWICA ABATUTSI BATARENGA 800 000 UMU GENICIDERI NINDE MURI ABO BOMBI?
    IKINYOMA CYO GUCURUZA JENOSIDE KIRI KUBARANGIRANA SHA!! MUKWIYE KUBYUMVA MUKANABYEMERA UCURUZA GENOSIDE UKUNGUKA???????

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro
POLITIKI

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

Editorial 28 Sep 2018
Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza
Amakuru

Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza

Editorial 14 Oct 2021
Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen.  Nzabamwita
Mu Rwanda

Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen. Nzabamwita

Editorial 16 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru