• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umugabo wa Yvonne Idamange yatangaje ko yagiriye inama umugore we inshuro nyinshi akamunanira atangaza ko umuryango we witandukanyije n’ibikorwa n’uyu mugore

Umugabo wa Yvonne Idamange yatangaje ko yagiriye inama umugore we inshuro nyinshi akamunanira atangaza ko umuryango we witandukanyije n’ibikorwa n’uyu mugore

Editorial 08 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi yavuzwe n’umudamu witwa Idamange Iryamugwiza Yvonne mu minsi ishize binyuze mu butumwa bukubiye muri Videwo yashyizwe ku rubuga rwa YouTube, umugabo we Mabumba Oswald mu izina ry’umuryango we yamaganye bikomeye uyu mugore bashakanye bakabyarana abana bane.

Uyu mugore witwaza ko yarokotse Jenoside ariko akayipfobya agamije indonke, ubutumwa bwe bwasamiwe hejuru n’abakoze iyi Jenoside bahungiye mu bihugu byo hanze ndetse n’abana babo bafite umugambi wo kuyihakana mu rwego rwo gutagatifuza ababyeyi babo.

Mabumba Oswald mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram yagize ati “Nitwa Engineer Mabumba Oswald, ndi umwubatsi w’umwuga, nkaba ndi umubyeyi w’abana bane nabyaranye na Yvonne Idamange. Ndi Umunyarwanda utuye muri Sudan y’Amajyepfo. Impamvu ya mbere itumye nandika ubu butumwa, ni ukugirango menyeshe abantu bose ko namaganye ibyatangajwe n’umugore wanjye”

Mabumba yakomeje agira ati “Nk’umugabo we ndetse na se w’abana bane dufitanye, nagiye mugira inama kenshi ku myitwarire ye idahwitse ariko aranga arananira. Bityo rero ntangarije abantu bose ko njyewe n’abana banjye twitandukanyije n’imigambi mibisha ye”.

Ukurikije ibyatangajwe na Mabumba, biragaragara ko Yvonne Idamange yacengewe kera bityo ibyo atangaza akaba aribyo amazemo iminsi. Yitwaje ko yarokotse ariko bigaragara ko ubutumwa yatanze ari ubuvugwa n’abahekuye u Rwanda, dore ko mu ndiri yabo Yvonne yamamaye, bakanamwita intwari.

Idamange yagakwiye kumenya ko umuheto ushuka umwambi bitari bujyane. Kuryoherwa mu magambo ukarengera ushaka indonke, ntabwo amategeko azabimwemerera. Iyo interahamwe zibonye uzivugira zimufata nk’imana yabo.

Dusubije amaso inyuma twakwibuka uwitwaga ko ari umuvugizi wa Ingabire Victoire, bavugaga ko akiri muto kandi yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ariwe Mahoro Jean ariko bigaragara ko yishakira amaronko. Nyuma yo kubona icyo yashakaga yaracecetse. Ubu rero na Idamange wananiwe gukoresha amaboko agashaka indonke yihuse, ubu arashaka inzira Mahoro Jean yanyuzemo.

2021-02-08
Editorial

IZINDI NKURU

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Editorial 16 Jun 2022
Urujijo kuri Raporo y’iperereza k’urupfu rwa Camille Nkurunziza

Urujijo kuri Raporo y’iperereza k’urupfu rwa Camille Nkurunziza

Editorial 12 Jun 2019
Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Editorial 03 May 2023
Major Kalinijabo Cyprien na Bishop Nsabimana Daniel baguye mu mpanuka ikomeye yabereye i Kayonza

Major Kalinijabo Cyprien na Bishop Nsabimana Daniel baguye mu mpanuka ikomeye yabereye i Kayonza

Editorial 04 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Buruseli : Rudasingwa yateguye umuhango wo kwibuka Habyarimana, Interahamwe  na  Ex. FAR, baguye kurugamba
ITOHOZA

Buruseli : Rudasingwa yateguye umuhango wo kwibuka Habyarimana, Interahamwe na Ex. FAR, baguye kurugamba

Editorial 24 Sep 2016
Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame
Mu Mahanga

Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Editorial 27 Jun 2016
Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023

Editorial 23 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru