• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Editorial 27 Jul 2016 Mu Mahanga

Umuganura w’uyu mwaka wa 2016 uzizihizwa werekana ibyo u Rwanda rukora ariko uhuzwe n’Iserukiramuco Nyafurika ry’imbyino (FESPAD) mu rwego rwo kugaragaza umuco w’uyu mugabane.

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nyakanga 2016, yatangaje ko umunsi w’umuganura uzizihirizwa i Nyanza tariki 5 Kanama, uzabanzirizwa n’iserukiramuco rizamara iminsi ine.

Iri serukiramuco Nyafurika ry’imbyino rizatangirira i Kigali, tariki ya 1 Kanama 2016 ariko rikaba rizazenguruka intara zose.

Minisitiri Uwacu yasabye abikorera, abazerekana umuco Nyarwanda n’abaturage muri rusange, gutegura bihagije uburyo bazerakana u Rwanda mu rwego rw’umuco ndetse n’ibyo rukora.

Yagize ati “Umusaruro uzamurikwa si ukomoka ku buhinzi n’ubworozi gusa nka kera, kuko uyu munsi hari ibikorwa biva mu nganda, mu ikoranabuhanga, mu bukorokori, ubugeni n’ibindi. Turashaka rero kwerekana uwo musaruro.”

Minisitiri Uwacu yavuze ko Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) ifite urutonde rw’ibigo 106 bizamurika ibikorwa byabyo mu gitaramo cy’iserukiramuco kizabera kuri Stade Amahoro i Kigali ku itariki ya 1 Kanama, ndetse kikaba kizitabirwa n’abahanzi nyarwanda n’abanyamahanga baturuka mu bihugu 14 bya Afurika.

Iserukiramuco rizakomereza mu turere twa Rusizi, Musanze, Kayonza na Nyanza, rikazajya ryitabirwa n’abamurika umuco n’ibikorerwa mu Rwanda bya buri ntara.
Nubwo umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi ngo wabaye muke, ndetse hakaba n’uturere twibasiwe n’amapfa kuva mu mwaka ushize, Minisitiri Uwacu yavuze ko kwizihiza umuganura bitagomba kureka gukorwa bitewe n’akamaro ko “guca bugufi kw’abayobozi iyo basabana n’abaturage, ndetse no gufashanya, gusangira no gusabana”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yatangaje ko biteguye kwakira ibirori by’umuganura bizahizirizwa ku rwego rw’igihugu, kandi ko uretse imurika ry’ibikorerwa mu Ntara y’Amajyepfo, umunsi w’umuganura uzabanzirizwa n’igitaramo cyiswe “Nyanza Twataramye” kizaba ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 4 Kanama.

-3425.jpg

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne

2016-07-27
Editorial

IZINDI NKURU

‘Kiliziya Gatolika igiye gusabwa indishyi’ -Prof. Jean Pierre Dusingizemungu

‘Kiliziya Gatolika igiye gusabwa indishyi’ -Prof. Jean Pierre Dusingizemungu

Editorial 21 Nov 2016
CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

Editorial 16 Jan 2016
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bakomeje kugaragaza  uruhare mu gukumira ibyaha

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bakomeje kugaragaza uruhare mu gukumira ibyaha

Editorial 06 Feb 2016
Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel

Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel

Editorial 13 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!
Mu Mahanga

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!

Editorial 13 Oct 2017
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi
Mu Mahanga

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Editorial 03 Sep 2016
Ibitaro bya Gisilikare Kanombe byasangiye Noheli n’Abana babirwariyemo
Mu Mahanga

Ibitaro bya Gisilikare Kanombe byasangiye Noheli n’Abana babirwariyemo

Editorial 22 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru