• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umugore wa Ishimwe Moses Rutare yasobanuye iyicarubozo ryakorewe umugabo we muri Uganda

Umugore wa Ishimwe Moses Rutare yasobanuye iyicarubozo ryakorewe umugabo we muri Uganda

Editorial 12 Mar 2019 ITOHOZA

Kuri uyu  wa Mbere nibwo Ishimwe yarekuwe nyuma yo kwishyura ingwate ya miliyoni ebyiri z’amashilingi ya Uganda naho abishingizi be babiri basabwa kugaragaza ko bafite miliyoni icumi nkuko Chimpreports yabitangaje.

Uyu mugabo ufite ikigo gikora ibijyanye no gutegura ibirori mu Rwanda, yabuze ku wa 22 Ukuboza 2018 ahagana saa sita z’amanywa ubwo yari yagiye gusenga mu giterane cy’amasengesho cyari cyateguwe n’umuhanuzi Elvis Mbonye wo muri Zoe Ministries.

Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru Kassim Kayira, umugore wa Ishimwe, Eunice Esule, yavuze ko rwari urugendo rutoroshye dore ko yamubonye nyuma y’iminsi hafi 69 atawe muri yombi, bityo ashimira Imana cyane ko uyu munsi abashije gusohoka.

Ati “ Ubwo namubonaga bwa mbere yari afite intege nke kurusha uko ameze uyu munsi, yageragezaga kwishingikiriza ikintu, naramubajije ambwira ko ameze neza. Yari afite intege nke cyane, yarambwiye ngo baramukubitaga”.

Esule uvuga ko inshuro zose yagiye abona Ishimwe yari yaracitse intege ndetse yari yaratakaje icyizere, gusa ashima Imana ko uyu munsi yabashije gusohoka atanze ingwate.

Ati “ Ndasenga nsaba Imana ko batakongera kumuta muri yombi. Kandi niba hari aho bishoboka rwose bamugirire impuhwe. Uyu mugabo rwose twari twagiye mu masengesho, asohoka gato kuko twari mu gace kamwe muri Bugolobi”.

Uyu mugore avuga ko we na Ishimwe bari bitabiriye ibikorwa by’amasengesho byateguwe Prophet Elvis Mbonye wo mu itorero rya Zoe Ministries yaberaga ahitwa Bugolobi ku muhanda wa Plot 4 Luthuli.

Akomeza avuga ko nyuma yo kumushakisha no kubaririza hose, kuri Noheli aribwo yabashije kumenya ko yatawe muri yombi abibwiwe n’inshuti ye.

Nyuma y’iminsi itatu yaje guhamagarwa abwirwa asabwa gutanga ibyangombwa bya Ishimwe, aha akaba ari naho yaje kumenyera ko ari mu maboko y’Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare (CMI).

Nyuma yo kurekurwa, Esule avuga ko ateganya gutanga ubuhamya no kumushakira ubufasha butuma abasha gukira ibikomere kugira ngo abashe gusubira mu kazi ke ka buri munsi.

Biteganyijwe ko Urubanza rwe ruzaba tariki 1 Mata 2019.

U Rwanda rwasohoye amazina y’abanyarwanda basaga 900 bafashwe, abafunzwe, abatotejwe cyangwa abirukanywe muri Uganda mu buryo budakurikije amategeko mu myaka mike ishize.

Src : Igihe

2019-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

Angola : Abanyarwanda bajyanyweyo  bunyago  gukora muruganda  rw’Umunyarwanda  Kayitare Jean Bosco baratabaza

Angola : Abanyarwanda bajyanyweyo bunyago gukora muruganda rw’Umunyarwanda Kayitare Jean Bosco baratabaza

Editorial 21 Feb 2017
Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Editorial 01 Aug 2018
Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Editorial 30 Jun 2021
Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Editorial 12 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi
HIRYA NO HINO

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Editorial 26 Mar 2018
Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]
HIRYA NO HINO

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Editorial 13 Sep 2018
Itangazo rigenewe abanyamakuru
Mu Rwanda

Itangazo rigenewe abanyamakuru

Editorial 07 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru