• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26

Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26

Editorial 01 Jul 2020 Mu Rwanda, SHOWBIZ

Mu gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 26, umuhanzi Jean de Dieu Rwamihare uzwi nka Bonhomme mu ndirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Usanzwe utegura ibitaramo ngarukamwaka yise ‘Inkotanyi ni Ubuzima’, agamije gushimira  abasirikare b’Inkotanyi bagiye barokora Abatutsi bicwaga mu gihe cya Jenoside yakorerwaga Abatutsi 1994.

Ni igitaramo gisanzwe kibera Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali) buri Tariki ya 3 Nyakanga dore ko ubu kizaba kibaye ubwa 3 ariko kubera Ingamba zo kurwanya  no kwirinda Icyorezo cya Covid 19 giterwa na Coronavirus ntabwo kizabera aho gisanzwe kibera, iki gitaramo kizatambuka indorane (Live concert) kuri BTN TV saa mbiri kugeza saa sita (20h00-00h00) ni ibitaramo asanzwe akorera n’iburayi

Umwaka ushize Bonhomme yapfukamye imbere y’abamugariye ku rugamba mu rwego rwo guha agaciro Inkotanyi zahagaritse Jenoside

Mu kiganiro na Rushyashya News, Umuhanzi Bonhomme  yashishikarije abanyarwanda kuzitabira icyo gitaramo bakumva ubutumwa yabateguriye mu ndirimbo zishima inkotanyi nk’uko bisanzwe, yakomeje abaza abanyarwanda by’Umwihariko abarokotse Jenoside ati “Inkotanyi iyo zikererwaho amasaha abiri,byari kugenda bite?” Ni igitaramo azafashwamo n’abandi bahanzi batandukanye

Mu ndirimbo Bonhomme asanzwe aririmba harimo izakunzwe cyane ziririmbwa no mu bindi bikorwa bishima Inkotanyi nk’ Inkotanyi ni ubuzima, Ijambo rya mbere inkotanyi zakubwiye,Urugamba rwo guhagarika Jenoside,Ya mbunda y’Inkotanyi n’izindi nyinshi

Massamba Intore azaba yabukereye                          Cyusa n’Inkera nabo bazabanza mu ngamba

Ku musozo twababwira ko atari Bonhomme gusa wahagurukiye gukora ibitaramo bigamije guha agaciro no kwishimira isabukuru yo kwibohora bizanyura ku mbuga nkoranyambaga nka Youtube  cyangwa Televiziyo kuko mu ijoro rya Tariki ya 4 Nyakanga 2020 Umuhanzi usanzwe ataramira cyane kuri Hotel Grand Legacy  ariwe Cyusa Ibrahim n’itsinda rye Cyusa n’Inkera bazataramira kuri Youtube live (Cyusa Ibrahim) guhera saa 7PM-9PM

Umuhanzi Massamba Icyogere mu nkuba nawe wagiye umenyekana kandi umenyerewe mu ndirimbo zitandukanye cyane nka Jenga Taifa,Nyeganyega,Rwagihuta,Rwanda itajengwa n’izindi nyinshi yaririmbye akiri mu itorero Indahemuka n’ahandi,Binyijijwe mu gitaramo Iwacu Muzika (Susurukira mu rugo) bitegurwa na EAP, Massamba ari kumwe n’Itorero Urukerereza  na Pascal Hakuzweyezu bazataramira kuri Televiziyo y’Igihugu (RTV) Tariki ya 4 Nyakanga guhera saa 20H45 kuwa gatandatu.

2020-07-01
Editorial

IZINDI NKURU

Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi

Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi

Editorial 24 Dec 2021
Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?

Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?

Editorial 24 Jun 2017
Nyuma y’amezi abiri gusa igiciro cya lisansi kizamutseho amafaranga 52

Nyuma y’amezi abiri gusa igiciro cya lisansi kizamutseho amafaranga 52

Editorial 02 Mar 2017
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

Editorial 17 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi
Amakuru

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Editorial 12 Jul 2024
Mohamed Ali apfuye yaragacishijeho
IMIKINO

Mohamed Ali apfuye yaragacishijeho

Editorial 04 Jun 2016
Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1
Amakuru

Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Editorial 19 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru