• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Editorial 24 Mar 2021 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Mu minsi mike nibwo humvikanye amajwi y’umuhanzi Itahiwacu Bruce wamenyekanye nka Bruce Melodie mu muziki nyarwanda aho abumvise ayo majwi bavuze ko yaba yaribasiye abahanzi barimo The Ben ndetse na Meddy bitewe nuko muri ayo majwi humvikanagamo ko hari abahanzi bari bazwiho gukora cyane aribo ubu batagikora nka mbere.

Muri ayo majwi yumvikanye hari abahanzi bamwe na bamwe uyu muhanzi Bruce Melodie yaba yaribasiye avugako ari abanebwe, gusa abandi bakavuga ko uyu muhanzi uri mubakunzwe mu Rwanda atatinyuka kuvuga abahanzi bagenzi be nabi ko wenda haba hari uwiganye ijwi rya Bruce Melodie akavuga ayo magambo atarashimwe na benshi.

Muri ubwi butumwa bw’amajwi yumvikanagako Bruce Melodie yarimo aganira nundi muntu basanzwe baziranye witwa Emmy, Bruce yavugaga ko iki ari igihe cye bityo adakwiye kugereranywa n’abandi bahanzi atavuze amazina ariko abakurikiye neza ikiganiro bavuga ko ari Meddy na The Ben yavugaga.

Ayo majwi atangira Bruce Melodie agira Ati “Sha Emmy buriya rero igihe kirageze ko ibintu bisobanuka njye ibyo bintu byawe nta kintu na kimwe cyatuma mbyumva kimwe nawe. Abo basore banyu b’abahanzi nta kintu cyatuma ungereranya nabo, erega iki ni igihe cyanjye! Ntabwo ari ibintu byo kwikina kuko kwikina ni ukwivuga ibintu bitari byo.”

Ati “Aba basore icya mbere cyo ni abanebwe babi. Abantu basohora akaririmbo kamwe mu mwaka, icyamamare ndakora, ngaho shaka ikintu na kimwe mpuriyeho na bariya basore.”

Nyuma y’uko aya majwi yumviswe n’abantu benshi bamwe mu bahanzi bakora umuziki nyarwanda bumvikanye mu biganiro bitandukanye bavuga ko Bruce Melodie yaba arimo kwishongora ku bahanzi bagenzi be bamwe banamutanze gukora uyu muziki.

Mu banenze Bruce Melodie harimo umuhanzi Tom Close, Sparks wamenyekanye mu itsinda rya Family Squad, Bad Rama uzwi nka nyiri The Mane ireberera inyungu abahanzi batandukanye mu Rwanda barimo Marina na Queen Cha ndetse n’abandi bantu bazwi mu muziki nyarwanda.

Nyuma y’ibi byose, umuhanzi Bruce Melodie aherutse kugirana ikiganiro na ISIMBI TV, aha akaba ariho yashimangiriye ko amajwi ari aye koko ariko ko ntamuntu n’umwe yigeze yibasira kuko nta mazina y’umuhanzi uwariwe wese yavuze.

Bruce Melodie ati “Ririya jwi rero ni iryanjye, ririya jwi kuba iryanjye ni iryanjye, ririya jwi rero naryoherereje Emmy mu mwaka wa 2017 cyangwa 2018, kandi koko ibintu narindimo mvuga byaribyo.”

“Hari igihe cyageze Ben na Meddy bashyiramo gap, ariko kuki abantu bahise batekereza ko navuze Ben na Meddy ?, nibyo koko ntabwo bakoraga ibintu byinshi”.

“Mu byukuri amajwi ni ayanjye, njyewe na Emmy twaravuganye, amampa voicenote nanjye muha iyindi bikomeza uko, barangije bafata agace gato mu magambo menshi twari twavuganye, umuntu arangije arabifata ngo uyu ni Bruce Melodie yavugaga The Ben na Meddy, noneho ngiye kubona mbona hari n’abantu babigize ibyabo, The Ben na Meddy abo mwigeze mwumva mbavuga?”.

Muri icyo kiganiro na Isimbi TV, Bruce Melodie yashoje avuga ko nta muntu n’umwe yigeze atunga urutoki muri ayo majwi yagiye hanze mu buryo butateguwe, avuga kandi ko yatunguwe no kuba nta muntu ni umwe wafashe umwanya ngo yumve neza niba koko hari umuntu yavuzemo.

Kugeza ubu Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi nyarwanda bamaze guhirwa nawo ndetse ibi bikagaragarira mu buryo bihangano ashyira hanze abantu babyakira, aha twavuga nko mu ndirimbo zikunzwe cyane muri iyi minsi harimo iheruka yise Bado ndetse n’izabanje zirimo Saa moya, Ikinyafu yafatanyije na Ken Sol, Abu Dhabi ndetse n’izindi zagiye zigaragara ko zakunzwe cyane.

2021-03-24
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Editorial 30 May 2021
Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda

Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda

Editorial 15 Jan 2024
Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Editorial 30 Jan 2023
Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya  Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Editorial 06 Feb 2024
Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Editorial 30 May 2021
Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda

Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda

Editorial 15 Jan 2024
Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Editorial 30 Jan 2023
Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya  Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Editorial 06 Feb 2024
Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Editorial 30 May 2021
Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda

Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda

Editorial 15 Jan 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo
Amakuru

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Editorial 10 Sep 2024
Umushoferi wa Bobi Wine yarashwe arapfa
POLITIKI

Umushoferi wa Bobi Wine yarashwe arapfa

Editorial 14 Aug 2018
Urukiko rwemeje ko Protais Zigiranyirazo akomeza kwimwa viza yo gutura mu Bufaransa
ITOHOZA

Urukiko rwemeje ko Protais Zigiranyirazo akomeza kwimwa viza yo gutura mu Bufaransa

Editorial 19 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru