• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuhanzi Meddy agiye guhuza ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi hamwe n’Abashoramari.

Umuhanzi Meddy agiye guhuza ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi hamwe n’Abashoramari.

Editorial 22 Sep 2017 Mu Rwanda

Umuhanzi Meddy uba muri Amerika kuri ubu akaba amaze igihe abarizwa mu Rwanda mu bikorwa bitandukanye agiye gutangiza umuyoboro( platform) uhuza ba rwiyemezamirimo badafite ubushobozi hamwe n’abashoramari.

Ni umuyoboro witwa eGa Connect ukaba ari umuyobora yashinze afatanyije n’inshuti ze nazo ziba muri Amerika arizo Mutesi Gentille na Ishimwe Charles, ukazafasha guhuza ba rwiyemezamirimo badafite ubushobozi cyangwa abafite imishinga ariko badafite abaterankunga kubashakira abashoramari bashora imari mu mishanga yabo kugira ngo birusheho kwaguka.

Mu kiganiro n’abanyamakuru ku mugoroba wo kuri uyu wa kane Meddy yavuze ko aho baba muri Amerika bahafite abantu benshi bafite ubushobozi ndetse n’amafaranga ariko badafite aho bashora amafaranga yabo, bikaba aribyo byatumye batekereza gushyiraho uyu muyoboro.

Yakomeje avuga ko uyu muyoboro kandi uzafasha urubyiruko rufite imishinga ndetse n’ibitekerezo kuko bazajya bakira ibitekerezo byabo bityo bakabisuzuma hamwe n’abo bashoramari ibyo babonye byujuje ibisabwa bakabishoramo amafaranga bityo bikazafasha urubyiruko kwihangira imirimo.

Mutesi Gentille we yavuze ko imishinga ndetse n’ibitekerezo bazibandaho ari bijyanye na Technology, energy, Media and Entertainment ndetse n’ibijyanye n’imideli akaba yashishikarije abantu bose bafite bene iyo mishanga ndetse n’ibitekerezo ariko badafite abaterankunga kubagana bakabahuza n’abashoramari bityo ibikorwa byabo bigatera imbere.

Charles Ishimwe yavuze ko uyu muyoboro ari amahirwe hagati ya ba rwiyemezamirimo bari mu Rwanda bagiye guhuza n’abashoramari kandi ko ari uburyo bwo gushishikariza urubyiruko kwihangira imirimo, bityo uyu muyoboro ukaba uzatanga umusanzu kuri Leta mu rwego rwo gufasha urubyiruko guhanga imirimo.

eGa Connect izaba ifite ibiro I Kigali aho abazakenera ibitekerezo n’ubufasha bazajya babagana bityo imishinga yabo n’ibitekerezo bakabyakira ikindi ni uko izaba ifite urubuga rwa Internet umuntu azajya asura akiyandikisha bityo akazajya abasha kubona ibyo akeneye byose kuri eGa Connect.

Biteganyijwe ko uyu muyoboro uzatangizwa ku mugaragaro kuri uyu wa gatandatu tariki ya 23 Nzeli 2017, kuri Park Inn Hotel iherer eye mu Kiyovu iki gikorwa kikazitabirwa na Minisitiri w’urubyiruko.

-8058.jpg

-8055.jpg

-8056.jpg

-8057.jpg

Norbert Nyuzahayo

2017-09-22
Editorial

IZINDI NKURU

Uyu wa Gatanu usize ba Mayor bashya uwa Rubavu na Kamonyi bimitswe

Uyu wa Gatanu usize ba Mayor bashya uwa Rubavu na Kamonyi bimitswe

Editorial 17 Nov 2017
Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Editorial 26 Sep 2017
Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Editorial 24 Aug 2021
FPR Inkotanyi mu mujyi wa Kigali yatoye Paul Kagame nk’uzayihagararira mu matora ya Perezida

FPR Inkotanyi mu mujyi wa Kigali yatoye Paul Kagame nk’uzayihagararira mu matora ya Perezida

Editorial 10 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?
INKURU NYAMUKURU

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Editorial 03 Aug 2019
The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo
Mu Rwanda

The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

Editorial 06 Jun 2017
Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby
Mu Rwanda

Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby

Editorial 18 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru