• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi

Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi

Editorial 01 Apr 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’igitaramo umuhanzi Patient Bizimana yakoze kuri Pasika yabaye ku Cyumweru tariki 27 Werurwe 2016 aho yari yatumiye n’icyamamare Solly Mahlangu wo muri Afrika y’Epfo, n’ubwo igitaramo cyagenze neza abantu bakaba benshi kandi bagafashwa, Patient Bizimana we ubu ntiyorohewe.

Amakuru Inyarwanda.com ifitiye gihamya, ni uko nyuma y’iki gitaramo Patient Bizimana yaje kwisanga yibwe amafaranga menshi arenga miliyoni icumi z’amafaranga y’u Rwanda, kugeza ubu ibijyanye n’irengero ryayo, abayibye n’ibindi bijyanye n’ubu bujura bikaba ari ibyo uyu muhanzi n’abamufashije muri iki gitaramo barimo gukurikirana.

Uretse Patient Bizimana, mu bibwe harimo n’umugabo witwa Eric Mashukano Mugisha usanzwe afasha Patient Bizimana ndetse akaba ari no mu bateguranye nawe iki gitaramo, uyu nawe bakaba baramwibye ibikoresho bitandukanye birimo na mudasobwa ye igendanwa, ibi nabyo kugeza ubu bakaba batarabasha kumenya irengero ryabyo.

-2583.jpg

Patient Bizimana yari yakoranye igitaramo cyiza cyane na Solly Mahlangu ndetse bigaragara ko hari havuyemo amafaranga atubutse

Nk’uko amakuru agera ku Inyarwanda.com abivuga, Patient Bizimana yakomwe mu nkokora akimara kumenya iby’ubu bujura bw’aka kayabo k’amafaranga, ndetse mu gihe nawe ataranabisobanukirwa akaba yaririnze kugira abantu benshi abibwira.
Umunyamakuru wa Inyarwanda.com yashatse kumenya neza iby’ubu bujura n’aho bigeze, avugana na Patient Bizimana utabashije kugira byinshi adusobanurira bitewe n’ibyo yavuze ko arimo, ariko mu magambo macye yemera ko ari byo koko bamwibye aka kayabo k’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni icumi.

Amakuru agera kuri Rushyashya avuga ko bazimije umuriro hagati mu gitaramo kugirango babone uko bamwiba.

Ibi byatumye bamwe bivumbura bataha batabonye Solly Mahlangu kandi bari bishyuye mensi, dore ko kwinjira byari 5000 na 10000 mu myanya y’icyubahiro.

Source: Inyarwanda

2016-04-01
Editorial

IZINDI NKURU

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Editorial 25 Aug 2025
Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe  gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Editorial 17 May 2016
Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha

Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha

Editorial 27 Jan 2016
Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu

Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu

Editorial 04 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Editorial 29 Jan 2019
Uko Kayumba yibye inka z’Abagogwe mu majyaruguru y’u Rwanda azijyana  Uganda mu bushyo bwitwa Banyankore kweterana hagati ya 1997-1998
INKURU NYAMUKURU

Uko Kayumba yibye inka z’Abagogwe mu majyaruguru y’u Rwanda azijyana  Uganda mu bushyo bwitwa Banyankore kweterana hagati ya 1997-1998

Editorial 04 Mar 2018
Ebola iravuza ubuhuha  muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo
Mu Mahanga

Ebola iravuza ubuhuha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Editorial 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru