• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Editorial 12 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umuhungu wa Perezida Habyarimana ariwe Jean Luc Habyarimana yatanze ubuhamya bw’ibyabaye ku ndege ya Se tariki ya 6 Mata 1994, ahishura byinshi bihuye n’ibyatangajwe na Komisiyo Mutsinzi ubwo yakoraga iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Perezida Habyarimana.

Iyi Komisiyo yemeje ko iyi ndege yahanuwe n’intagondwa z’Abahutu zitashakaga amasezerano hagati ya Leta y’u Rwanda na FPR Inkotanyi.

Mubyo Jean Luc Habyarimana yavuze, ni uko ubwo indege yahanurwaga, ni urugo rwabo rwarashweho bityo bagasabwa kuzimya amatara, abarasaga bari ku musozi wa Ndera bityo abasirikari barindaga Habyarimana ngo nabo babasha kubasubiza. Nubwo Jean Luc Habyarimana agerageza kuvanga usanga agaragaza neza ko ibyavuzwe na Raporo Mutsinzi ari ukuri. Nko kuba indege yarahanutse ari koga ngo yiboneye we ubwe ibisasu bihanura indege, bityo bikagaragaza ko indege yarashwe n’ibisasu byari biturutse I Kanombe kuko urugo rwabo rwegeranye neza n’ikigo cya gisirikari cya Kanombe.

Raporo ya Mutsinzi yagaragaje ko intagondwa z’abahutu zishe Perezida Habyarimana zidashaka kwemera amasezerano y’Arusha. Abari kuruhembe rw’intagondwa bari Theoneste Bagosora, Anatole Nsengiyumva, Matayo Ngirumpatse na Yozefu Nzirorera.

Jean Luc Habyarimana na mushiki we batangaje ko bagiye kwiga hanze mu Misiri kuko hari amakuru yavugaga ko abo bana babiri ba Habyarimana bari imbere mu gihugu bazashimutwa kugirango bategeke Habyarimana ibyo bashaka. Ariko Jean Luc agatinya kuvuga ko zari intagondwa z’abahutu zabiteguraga kuko nibo bari kumwe mu kiganiro.

Ntabwo ari abana bari bafite ibibazo by’umutekano gusa, kuko na Habyarimana mbere yuko indege ye ihanurwa, byaravugwaga mbere ko umunsi uwariwo wose ashobora kwicwa. Uwakoraga mu iperereza rya Habyarimana ariwe Lt Jean de Dieu Tuyisenge yabwiye Komisiyo ya Mutsinzi ko igitekerezo cyo kwica Habyarimana cyacuzwe n’ishyirahamwe AMASASU ryari rigizwe n’abasirikari bakuru mu mapeti kandi no mu myaka bayobowe na Theoneste Bagosora muri Gashyantare 1994.

Naho Gasana JMV wari umukomando watojwe n’abafaransa akaba yarabaga I Kanombe yagize ati “Twari tuziko umunsi uwo ariwo wose Perezida Habyarimana azicwa”. Undi mu komando witwa Sengendo Venuste yabwiye iyi komisiyo ko ibyo kwica Habyarimana byavugwaga ariyo mpamvu yari asigaye akora ingendo atavuze.

Habyarimana yahoraga yikanga, niyo mpamvu ubwo yajyaga Dar Es Salaam yahise asaba umukuru w’ingabo ko bajyana ku munota wanyuma. Ibi byaratangaje kuko igihugu cyari mu ntambara kandi akaba yari amaze imyaka irenga 20 atagendana n’umukuru w’ingabo. Nuko yikangaga byinshi.

Ikindi kimenyetso kigaragaza ko intagondwa arizo zishe Habyarimana, ni uko isoko rya Mulindi, rizwi nko mu Giterane, ryaremuraga guhera saa kumi n’imwe kuzamura, abasirikari b’I Kanombe tariki ya 6 Mata 1994 bariremuje ku manywa y’ihangu.

Naho ikinyamakuru Kangura cyari ijwi ry’abahutu b’intagondwa muri numero yacyo ya 53 yasohotse muri Ukuboza 1993 cyavuze ko Habyarimana azapfa muri Werurwe 1994. Bibeshyeho ukwezi kumwe gusa.

2021-04-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo

Editorial 03 Jun 2016
Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi

Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi

Editorial 15 Feb 2016
Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe

Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe

Editorial 29 May 2020
Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Editorial 03 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda ihagarariwe n’umunyarwandakazi mu irushanwa ry’uhiga abandi uburanga muri Afurika
IMIKINO

Uganda ihagarariwe n’umunyarwandakazi mu irushanwa ry’uhiga abandi uburanga muri Afurika

Editorial 15 Nov 2016
Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)
INKURU NYAMUKURU

Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Editorial 04 Apr 2018
Gen Jean-Claude LaFourcade wari uyoboye Operation Turquoise ngo ntiyari azi abakoraga jenoside mu 1994
ITOHOZA

Gen Jean-Claude LaFourcade wari uyoboye Operation Turquoise ngo ntiyari azi abakoraga jenoside mu 1994

Editorial 27 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru