• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Editorial 02 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Twababwiye kenshi ko Jambo Asbl ari ikiguri cy’abana n’abuzukuru
b’ajenosideri, bagamije gutagatifuza ababyeyi babo bahekuye u Rwanda.
Inkuru ikomeje kuba impamo!


Mu gihe Abanyarwanda biteguraga Umunsi w’Intwari z’Igihugu, aba bana
bonse ingengabitekerezo ya Jenoside bo bari bahugiye mu cyo bise”inteko
rusange” ya Jambo Asbl yabereye i Buruseli mu Bubiligi tariki 29 Mutarama
2022, bacura umugambi wo kwerekana ko ahubwo abo bakomokaho
aribo”ntwari.

Muri iryo koraniro ry’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi kandi,
umuhungu wa Yuvenali Habyarimana witwa Léon Habyarimana ni umwe
mu batorerwe kuriyobora, bigashimangira ko Jambo Asbl ari ihuriro
ry’abakomoka ku boretse u Rwanda.
Gushyira umwe mu bana ba Habyarimana Yuvenali muri Jambo Asbl,
wateguye umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, ni agasuzuguro
n’agashinyaguro ku Banyarwanda, by’umwihariko ku barokotse iyo Jenoside.

Nta muntu ushyira mu gaciro utazi uruhare rwa Yuvenali Habyarimana mu
kaga u Rwanda rwanyuzemo, cyane cyane ibyo Interahamwe ze zakoze muri
uru Rwanda. Umuhungu we rero aje gufatanya n’abandi nkawe koza
ubwonko bw’abashukika, no gusiribanga amateka y’u Rwanda.

Uyu Léon Habyarimana kandi ni umuhungu wa Agatha Kanziga, umugore-
gito washinze akazu k’abicanyi, akaba umuhuzabikorwa w’umugambi
mubisha wa Jenoside yakorewe Abatutsi. Agatha Kanziga arakerakera mu
Bufaransa. Umuhungu we yamutagatifuza yagira, amaherezo azashyikirizwa
ubutabera aryozwe ibyaha ndengakamere akurikiranyweho.

Undi mujenosideri Léon Habyarimana afite inshingano yo gutagatifuza, ni
nyirarume Protais Zigiranyirazo wamarishije isi amaguru kubera guhekura
Igihugu cye. Zigiranyirazo ni umwe muri ba bagome bari muri Niger, ariko
bakaba bakibunza akarago kuko icyo gihugu cyababwiye ko kitazakomeza
gucumbikira abicanyi.

Ubundi mu mategeko icyaha ni gatozi. Ntibyumvikana rero ukuntu aba bana
bakomeza kwizirika ku byaha bya ba se na ba sekuru, kandi bazi neza ko
amahano yabo bayakoze isi yose ireba.

Kuba umwana wa Habyarimana Yuvenali na Agatha Kanziga, kuba umwana
wa Theoneste Bagosora cyangwa umuhungu wa Shingiro Mbonyumutwa,
muri make kugirana isano y’amaraso n’abajenosideri ubwabyo si icyaha, iyo
bigaragaye ko wowe ubwawe nta ruhare wagize muri Jenoside. Icyaha ni
uguhakana ibyaha abawe bakoze, kandi isi yose ifitiye ibimenyetso.

Inama ya kigabo rero: Bantu bo muri Jambo Asbl, nimureke gutsimbarara ku
marorerwa. Nimwitandukanye n’amateka mabi, muze mufatanye n’abandi
Banyarwanda kubaka ejo h’uRwanda hazima, kandi kuva mu buyobe
ukayoboka icyiza burya nabyo ni ubutwari.

2022-02-02
Editorial

IZINDI NKURU

RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

Editorial 30 Dec 2019
Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Editorial 09 Jan 2023
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres arasaba abashyira mu gaciro guhagurukira rimwe bakarwanya politike nshya ya mpatse ibihugu kimwe n’Abanazi bo muri iki gihe, kuko birushaho gukura, kandi bikaba bishobora guteza isi yose akaga gakomeye.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres arasaba abashyira mu gaciro guhagurukira rimwe bakarwanya politike nshya ya mpatse ibihugu kimwe n’Abanazi bo muri iki gihe, kuko birushaho gukura, kandi bikaba bishobora guteza isi yose akaga gakomeye.

Editorial 02 Mar 2021
Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika

Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika

Editorial 06 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

Editorial 10 Dec 2025
Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”
Amakuru

Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”

Editorial 11 Dec 2020
Kigali: Umupasiteri yafatiwe muri Lodge asambanya umwe mubo bafatanya umurimo w’Imana
Mu Mahanga

Kigali: Umupasiteri yafatiwe muri Lodge asambanya umwe mubo bafatanya umurimo w’Imana

Editorial 08 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru