• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro

Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro

Editorial 04 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abantu bitwaje intwaro bataye muri yombi umunyarwanda bamukuye muri gare i Kampala aho kugeza ubu umuryango we utaramenya irengero rye.

Phillip Rwakibibi ukorera ikigo cy’imodoka zitwara abagenzi cya Trinity muri Uganda; ku wa Kabiri tariki ya 31 Nyakanga 2018 yatwawe n’abantu bitwaje intwaro bamubwiraga ko bakorera inzego z’umutekano.

Abatangabuhamya babonye Rwakibibi atabwa muri yombi babwiye ikinyamakuru Chimp Reports ko uyu mugabo wari amaze imyaka ine atuye muri Uganda, yagerageje kwirwanaho ariko akaza kuganzwa n’aba bagabo bari bitwaje imbunda nto (pistolet).

Umwe mu bayobozi ukorera muri gare i Kampala utifuje ko amazina ye ashyirwa mu itangazamakuru, yagize ati “Twatunguwe no kubona abagabo basimbuka mu modoka ya Rav 4 bagategeka Phillip kwinjiramo.”

Umugore wa Rwakibibi witwa Jeannette we yagize ati “Bivugwa ko abo bantu bakora mu nzego zishinzwe umutekano bakuyemo za pistolet, batera ubwoba ko bagiye kurasa Phillip. Yagombye kumanika amaboko. Bamuyobora ku modoka yabo hanyuma baratsa baragenda.”

Uyu mugore yakomeje avuga ko umugabo we yahamagawe n’umuntu, akamusiga ku bitaro bya Kabowa aho yari ategerereje kwibaruka impanga.

Yakomeje agira ati “Nabwiwe ko abashinzwe umutekano bamutwaye. Ntabwo nzi aho ari, nahungabanye.”

Umugore wa Rwakibibi yakomeje avuga ko abo mu muryango we bagerageje gushakira umugabo we kuri station zitandukanye za polisi mu Mujyi wa Kampala, ikirego cyo kumushakisha kikaba cyakiriwe kuri station ya Polisi izwi nka Old Kampala.

Bombi bafitanye abana babiri ndetse bari barakoreye imihango yo gushyingirwa mu Rwanda.

Hari hashize iminsi inzego zishinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda zita muri yombi abanyarwanda bya hato na hato aho ziba zibashinja kuba intasi z’u Rwanda no guhungabanya umutekano wa Uganda.

Uyu Rwakibibi ni umunyarwanda ufite inkomoko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yakoraga ku modoka zikora mu cyerekezo cya Kampala-Goma.

Umugore we yatangaje ko umugabo we atigeze na rimwe akorera inzego zishinzwe umutekano mu Rwanda. Ati “Ni umukozi usanzwe, ndetse n’amateka ye nta hantu na hamwe ahuriye n’igisirikare cyangwa umutekano.”

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire, yatangaje ko “nta gitekerezo” afite ku ifatwa rya Rwakibibi naho Umuyobozi w’Urwego rw’Ubutasi muri Uganda, Brig. Abel Kandiho we yavuze ko ari “hanze y’igihugu”.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Rtd. Maj. Gen. Frank Mugambage, yari aherutse gutangaza ko bitumvikana uburyo abanyarwanda batabwa muri yombi muri Uganda aho yashimangiye ko u Rwanda rurangajwe imbere no kunoza umubano w’ibihugu byombi.

Rene Rutagungira, umunyarwanda wahoze ari umusirikare, ni we wavuzwe mu ba mbere batawe muri yombi na Uganda aho kugeza ubu ari muri gereza ashinjwa ibyaha birimo gushimuta no gucyura abanyarwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko bavanwa muri Uganda.

Perezida Museveni na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, baherutse kugirana ibiganiro i Kampala aho baganiraga ku bibazo by’umutekano bivugwa mu mubano w’ibihugu byombi.

Bombi bemeranyije ubufatanye mu kuzahura umubano aho Ambasaderi Mugambage avuga ko ibihugu byombi bizakomeza kugirana ibiganiro hagamijwe gushimangira umubano wabyo.

2018-08-04
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ku ijambo rya perezida Nkurunziza ko ataziyamamaza mu 2020

Burundi: Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ku ijambo rya perezida Nkurunziza ko ataziyamamaza mu 2020

Editorial 08 Jun 2018
Iperereza rya Loni ryagaragaje ko mu Burundi hagikorwa ibyaha byibasira inyokomuntu

Iperereza rya Loni ryagaragaje ko mu Burundi hagikorwa ibyaha byibasira inyokomuntu

Editorial 06 Sep 2018
Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Editorial 11 Oct 2019
UMUGAMBI WO GUSIGA FPR INKOTANYI ICYAHA CYA JENOSIDE  WAPFUBYE UGITEGURWA

UMUGAMBI WO GUSIGA FPR INKOTANYI ICYAHA CYA JENOSIDE  WAPFUBYE UGITEGURWA

Editorial 15 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye,  Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL
Amakuru

Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye, Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL

Editorial 27 Nov 2023
Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero
Amakuru

Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero

Editorial 14 Apr 2024
Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa  Congo
INKURU NYAMUKURU

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Editorial 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru