• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Umunyarwanda yavumbuye ikoranabuhanga rikoreshwa muri Gari ya moshi zo mu Bushinwa

Umunyarwanda yavumbuye ikoranabuhanga rikoreshwa muri Gari ya moshi zo mu Bushinwa

Editorial 13 Jan 2020 IKORANABUHANGA

Umunyarwanda wiga mu Bushinwa Katabarwa Gilbert yavumbuye ikoranabuhanga rya ‘Maglev Obsatcle detection’ rishobora kwerekana mbere inzitizi ziri mu nzira ya Gari ya Moshi zizwi nka ‘Maglev’ bityo rikayirinda gukora impanuka.

Mu 2002 u Bushinwa bwatangiye gukoresha bwa mbere gari ya moshi izwi nka Maglev (magnetic levitation) zigira umuvuduko wa Kilometero 431 mu isaha ziri mu zihuta cyane ku Isi.

Ni gari ya moshi ikoresha ikoranabuhanga rya rukuruzi, aho igice cyayo gitwara abagenzi kigenda gikururuka ku nzira ikozwe muri rukuruzi, bikayiha imbaraga zidasanzwe zo kwihuta. Ni gari ya moshi idakoresha amashanyarazi cyangwa ibikomoka kuri peteroli, nta moteri igira muri make.

Guhera iki gihe ibindi bihugu bike nk’u Buyapani na Koreya y’Epfo n’ibyo byabashije gukoresha ubu bwoko bwa Gari ya Moshi nshya zihuta cyane.

Gusa n’ubwo izi Gari ya Moshi zagendaga zikundwa n’abatari bake kubera umuvuduko wazo wihutishaga urugendo, hari hakiri ikibazo cy’uko nta koranabuhanga rihari rishobora kuburira abazitwara n’abazigenzura igihe mu nzira yazo harimo imbogamizi ishobora kuziteza impanuka.

Aha niho Umunyarwanda witwa Katabarwa Gilbert Murenzi wari waragiye mu Bushinwa mu 2015 gukomeza amashuri y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza muri Kaminuza ya Tongji iri mu Mujyi wa Shanghai, yahereye akora ubushakashatsi avumbura uburyo bushobora kwerekana ko hari imbogamizi iri mu nzira y’iyi Gari ya Moshi ya Maglev.

Mu 2016 nibwo Katabarwa wigaga amasomo y’ubugenzuzi (Surveying and geometrics) yahawe gukora ubushakashatsi ku cyuma gishobora kuvumbura inzitizi ziri mu nzira ya Maglev

Katabarwa avuga ko mu ntangiriro we na mwarimu we batumvaga neza uburyo ibi bizakorwa.

Ati “Sinari nzi icyo Maglev ari cyo, ndetse na mwarimu wanjye yagaragaraga nk’utumva ibizava mu bushakashatsi.”

Katabarwa yahisemo gukora ubushakashatsi kuko yumvaga ntawe uzamushyiraho igitutu cyo kuburangiza vuba, bityo akabubonamo amahirwe y’uko buzamuha umwanya wo kwikorera indi mirimo yafatanyaga no kwiga.

Yagize ati “Imyumvire yanjye yari uko niba mwarimu adafite ubumenyi buhagije kuri ubu bushakashatsi, bizampa umwanya uhagije wo kwita ku biraka byanjye byo hanze ndetse mu gihe nabaga mbajijwe aho bugeze nababwiraga ko nkiri kubukoraho”

Ibi si ko byagenze kuko mu 2018 Katabarwa yaje guhabwa iminsi 15 ngo yerekane aho ubushakashatsi yari amazemo imyaka ibiri bugeze, bitagenda gutyo akabura amahirwe yo kwishyurirwa ishuri yari yarabonye agasubira mu Rwanda.

Yagize ati “Naravuze nti nta buryo nasubira mu rugo. Nari narakoze uburyo busobanura iryo koranabuhanga nari ndimo nkoraho ubushakashatsi. Mu gihe nari ndimo mbubamurikira bashimishijwe cyane n’ibimaze gukorwa ndetse bansaba ko nakwitegura kubishyira mu bikorwa”

Katabarwa avuga ko mu gihe yakoraga ubu bushakashatsi yagowe cyane no kugira ubundi yareberaho kuko nta bandi benshi bari barabikozeho ndetse ko na bake babigerageje bitagenze neza.

Mu 2018 mu Ukuboza nibwo ku nkunga ya miliyoni 1 y’amadorali ya Leta y’u Bushinwa, Katabarwa Gilbert yatangiye gushyira mu bikorwa ibyo yari yarakuye mu bushakashatsi.

Iri koranabuhanga ryavumbuwe na Katabarwa rishobora kwerekana ibiti, abantu ndetse n’ibindi bintu bishobora kujya mu nzira ya Gari ya Moshi bigateza impanuka. Gari ya Moshi imenya ko hari ikiri mu nzira yayo itarakigeraho.

Katabarwa aganira na The New Times yavuze ko inzozi afite ari ukugaruka mu Rwanda agafasha mu mishinga iteza imbere imijyi igezweho n’uburyo bwo gutwara abantu n’ibintu.

Ati “ Hamwe no kwiyongera kw’abaturage no kwaguka kw’imijyi, ikoranabuhanga rigezweho rirakenewe mu kugenzura imijyi. Ndashaka kugaruka mu rugo ngo ngire uruhare ku iterambere ry’imijyi yacu muri Afurika”.

Hagendewe kuri iri Koranabuhanga rya Katabarwa, umwaka ushize muri Gicurasi u Bushinwa bwatangiye igerageza ry’indi gari ya Moshi ishobora kugenda kilometero 600 mu isaha, ikazaba ifite ubushobozi bwo gukoresha amasaha atatu n’iminota 50, ahantu indege yakoresha amasaha 5 n’iminota 50.

Inzozi za Katabarwa ni ukugaruka mu Rwanda akagira uruhare mu mishinga igamije kubaka imijyi igezweho

Katabarwa ubwo yageragezaga iri koranabuhanga mu muhanda wa Gari ya Moshi uri mu mujyi wa Shanghai

Maglev ni ubwoko bwa gari ya moshi zikoresha rukuruzi kandi zihuta cyane.
Src: IGIHE

2020-01-13
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Editorial 29 Oct 2019
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Editorial 11 Sep 2019
Min Philbert yahaye inkwenene abayobozi bafungirana internet ngo idashira

Min Philbert yahaye inkwenene abayobozi bafungirana internet ngo idashira

Editorial 23 Nov 2017

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Editorial 01 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48
Amakuru

Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Editorial 29 Nov 2023
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga
Amakuru

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Editorial 31 Jul 2024
Ibya RNC bikomeje kuba  agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”
INKURU NYAMUKURU

Ibya RNC bikomeje kuba agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”

Editorial 31 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru