• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umuryango w’Ikigarasha Bénoit MUHOZA,Urarira ayo Kwarika, ngo Wapfushije Uhagaritse!!

Umuryango w’Ikigarasha Bénoit MUHOZA,Urarira ayo Kwarika, ngo Wapfushije Uhagaritse!!

Editorial 19 Aug 2020 ITOHOZA

Twababwiye kenshi iby’uwitwa Bénoit MUHOZA waciye ukubiri n’urwamubyaye, ayoboka inzira y’ubugome, atera inshuti n’umuryango agahinda, ubwo yinjiraga mu dutsiko dutunzwe n’ikinyoma. Uyu Bénoit MUHOZA yabaye umuyoboke wa RNC y’icyihebe Kayumba Nyamwasa, anayihagararira mu Bufaransa. Ntibyateye kabiri ariko, ubusambo n’ubugambanyi biranga ibigarasha, byazanye umwiryane muri RNC, maze si ukumarana riravuga.

Ng’uko uko bamwe baburiwe irengero nka Ben RUTABANA, abandi barashwiragizwa, birukanwa muri iryo ngirwa-shyaka, harimo n’uyu Bénoit MUHOZA, washinjwe gusuzugura shebuja w’ibigarasha Kayumba Nyamwasa.

Inkuru y’uko Bénoit MUHOZA yirukanywe muri RNC, abo mu muryango we bayakiranye ubwuzu, bibwira ko ashobora kubona ko yayombye, akava mu mitwe itagira umurongo. Kwari ukwibeshya ariko kuko yahise aboneza mu kindi kiryabarezi, ARC-URUNANA, cya Jean Paul TURAYISHIMIYE na Tabithe GWIZA, abatekamutwe nabo ubwabo batabasha kwiyobora nguko uko kwabaye guhungira ubwayi mu kigunda!!

Ikinyamakuru cyanyu RUSHYASHYA rero cyaje kumenya inkuru y’akababaro k’umuryango Bénoit MUHOZA akomokamo, maze tuganira na Jérome MUGABE, murumuna wa Benoit MUHOZA,mu nda ya se na nyina. Mu gahinda kenshi, ati:”Twapfushije duhagaritse!”
Dore ikiganiro twagiranye.

Jérome MUGABE(JM): Nibyo koko twarababaye cyane  twumvaga ko umuntu w’imfura mu muryango wacu atuvuyemo, akanyuranya n’indangagaciro yatorejwe mu muryango. Nk’umwana wavukiye mu buhunzi, dore ko muw’1959 ababyeyi bacu bahungiye muri Tanzaniya ari naho twavukiye,Bénoit yagombye kuba azi agaciro ko kugira igihugu, akirinda icyagihungabanya cyose. Igitangaje kandi mukuru wanjye ari mu barwanye intambara yo kubohora uRwanda, akaba atari we wari ukwiye kurugambanira, Mu byukuri twarapfushije, uretse ko tutashyinguye.

RUSHYASHYA: Ubundi Bénoit ni muntu ki, ese mu bwana bwe yagaragazaga ubuhararumbo?

JM: Bénoit Muhoza yabaye umusirikari wa RPA. Urugamba rwo kubuhora uRwanda rwarangiye afite ipeti ryo hasi, ariko ntibyamubuza guhabwa akazi ahantu hiyubashye nko ku mupaka w’uRwanda n’uBurundi, ndetse aza gukora no ku kibuga cy’indege cya Kanombe.Yanakoreye kampani yitwa AMAZON Studio I Kigali, aho yaje kwirukanwa, ndetse aranafungwa kubera ubujura.

Muw’2004 cyangwa 2005(sinibuka neza), yasezerewe mu ngabo, nyuma y’umwaka umwe twumva ngo yageze mu mahanga. Amakuru dufite ni uko yinjiye muri RNC muw’2012, ubu akaba ari mu kindi kitwa ARC-Urunana.
Bénoit rero, ni umuntu uhubuka cyane, ufata ibyemezo ntawe agishije inama,ku buryo icyo yishyizemo ntawe upfa kukimuvanamo, uko cyaba ari kibi kose.

RUSHYASHYA: Ese mu muryango mwaba mwaragerageje kumugarura mu nzira nziza akananirana?
JM: Sinshobora kwibuka inama mu muryango wacu twakoze, ngo turebe ko twarokora umuvandimwe, ariko nk’uko nabikubwiye, yaratunaniye. Ubu twararekeye, tumufata nk’igihombo mu muryango,Tubabazwa no kuvukana n’umuntu nka Bénoit MUHOZA, wagombye guhoza amarira ababyeyi n’abavandimwe ahubwo akayabateza. Birababaje cyane.

RUSHYASHYA: Mu muryango wanyu hari undi ufite imyumvire nk’iya Bénoit MUHOZA?
JM: Oya rwose. Nta n’undi wabirota kuko dukunda uRwanda n’Abanyarwanda. Tuzi icyo byasabye ngo tubone igihugu. Bénoit yaraduhemukiye, ariko nawe amateka azamwereka ko yayobye cyane.

RUSHYASHYA: Ubu mubana nawe mute?

JM: Yabaye igicibwa ariko ariwe ubyigize. Yahemukiye umuryango avukamo, ndetse na FPR yamuhaye byose, imwigisha urukundo rw’igihugu. Namwe nimwumve kugira umuvandimwe mudashobora kwicarana ngo mwungurane ibitekerezo byubaka umuryango.Hari ugupfusha kutari uko se?

RUSHYASHYA: Abavuga ko barwanya ubutegetsi bw’uRwanda ubabona ute?

JM: Ntabwo ndi umunyapolitiki, ariko mbona batagira umurongo uhamye. Ntibanawugira ariko kuko badafite icyo barwanira. Impamvu RPF-Inkotanyi yarwanye ikanatsinda, ni uko yari ifite impamvu yumvinaka, nko kurwanya akarengane, gucyura impunzi, mbese kubaka uRwanda nk’urwo dufite uyu munsi kandi twishimira. RNC se, ARC, FDLR n’abandi njya numva bavuga ko barwanira iki? Ikigaragara ni uko nka hano I Burayi, usanga abafite ibitekerezo bibi, ari ba bandi n’ubundi basanganywe ubusembwa. Abavuye mu Rwanda bishe abantu, abasize bibye, n’abandi batari inyangamugayo.
Icyiza ariko ni uko urubyiruko rudafite iyo myumvire, kuko rurajwe ishinga no kubaka igihugu, ayo mateshwa usanga barayarekeye imburamukoro zashaje mu mitekerereze.

RUSHYASHYA: Ubu rero wasoza uvuga ko umuryango wa Bénoit MUHOZA witandukanyije n’ibitekerezo bye bigayitse?
JM: Cyane rwose. Ibi kandi ndabivuga mu izina ry’umuryango. Mbonereho kwihanganisha abo umuvandimwe wacu agenda aharabika, nyamuna rwose ntibiziririrwe umuryango wacu. Natwe biratubabaza.

Twebwe tuzakomeza guharanira ineza y’Igihugu cyacu,kuko tugikesha byinshi, kandi natwe tukigomba byinshi.

RUSHYASHYA:Murakoze Bwana Jérome MUGABE.

JM: Murakoze Rushyashya, kandi turabakurikira cyane. Mukomereze aho, dufatanye kurwanya ikibi aho cyava hose.

2020-08-19
Editorial

IZINDI NKURU

Margret Zziwa  wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera

Margret Zziwa wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera

Editorial 06 Feb 2017
Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Editorial 05 Apr 2019
Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Editorial 15 Mar 2021
Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda

Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda

Editorial 05 Sep 2019
Margret Zziwa  wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera

Margret Zziwa wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera

Editorial 06 Feb 2017
Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Editorial 05 Apr 2019
Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Editorial 15 Mar 2021
Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda

Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda

Editorial 05 Sep 2019
Margret Zziwa  wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera

Margret Zziwa wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera

Editorial 06 Feb 2017
Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Editorial 05 Apr 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru