• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Editorial 23 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Uyu mugani ushatse wawucira Perezida Tshisekedi wa Kongo wisunga abajenosideri bo ku ngoma ya Yuvenali Habyarimana batsinzwe, ubu kaba babunza akarago, Tshisekedi wenyine akaba ariwe ukibabonamo abantu bagira icyo bafasha ubutegetsi bwe.

Ku rundi ruhande ariko, uyu mugani wanawucira izo mpehe zo kwa Habyarimana, zibwira ko Tshisekedi yazifasha kongera kwimika ingoma y’abajenosideri mu Rwanda, kandi uwo Tshisekedi nawe akubitwa iz’akabwana ku rugamba ahanganyemo na AFC/M23, ndetse abasesenguzi bakemeza ko ubutegetsi bwe buri ku manga.

Ari Tshisekedi rero ntacyo yafasha izo njijite zo kwa Habyarimana, nazo kandi ntacyo zamumarira mu kumwamururaho ibibazo akangari bimugose. Nguru urugero rwiza rw’ igisobanuro cy’umugani ugira uti:” Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Kuba ubutegetsi bwa Kongo-Kinshasa bukorana bya hafi n’abajenosideri b’Abanyarwanda, byo nta nkuru ikirimo, kuko na Mobutu akiriho ntacyo atakoze ngo arwanirire ingoma y’abicanyi ya Habyarimana, nubwo bitayibujije guhirima. Igitangaje ahubwo ni ukubona na nyuma y’imyaka isaga 30, ubutegetsi bwa Kongo bukiziritse kuri izo nkorabusa, kandi bigaragara ko ubufatanye muri iyo myaka yose ntacyo bwatanze.

Ikinyamakuru “Jeune Afrique” giherutse kugaragaza uburyo umujenosideri Fabien Singaye ubu ari “sombambike” wa Perezida Tshisekedi, ndetse akaba ariwe uri inyuma ya wa mugambi wo kwimurira muri Kongo-Kinshasa ba bajenosideri 6, bamaze imyaka 4 bakerakera muri Niger.

Uyu Fabien Singaye yahoze ari maneko ku ngoma ya Habyarimana, by’umwihariko mu myaka ya za 90, akaba yari afite inshingano zo gutoteza Abatutsi bari impunzi mu mahanga, cyane cyane mu Burayi n’Amerika. Ubugome bwe yabukoreraga i Berne mu Budage, aho yari afite icyicaro.

Uyu munsi rero Fabien Singaye ni umuhuzabikorwa hagati ya Tshisekedi n’abajenosideri, mu rwego rwo gushakira amaboko FDLR ngo ishobore kurwanirira uwo Tshisekedi, nawe ayifashe gufata ubutegetsi mu Rwanda.

Fabien Singaye ni umwana w’ingoma-ngome, kuko ari mwene André Singaye, wabaye umutoni kwa Habyarimana. Ubwo butoni bwanamugize umuherwe rurangiranwa, dore ko ariwe nyiri hoteli” Palm Beach” yari akataraboneka mu mujyi wa Gisenyi.

Ubucuti bwa “famille Singaye” na Perezida Tshisekedi ni umugambi wa Jenoside ukomeza.

Mu rwego rwo kwagura amarembo y’ingengabitekerezo ya jenoside, Habyarimana yashinze André Singaye gushora ibyo bifaranga muri Kivu y’amajyaruguru, maze ashingayo icyiswe” MAGRIVI”( Mituelle des Agriculteurs de Virunga), cyitwa ko ari ishyirahamwe ry’abahinzi bo karere k’ibirunga, kandi mu by’ukuri wari umutwe w’intagondwa z’Abahutu wari ugamije gutsemba Abatutsi bo muri Kongo.

Kuva MAGRIVI yagera muri ako gace, Abatutsi baho ntibongeye kugira uburenganzira nk’ubw’abandi Bakongomani. Barishwe, bamburwa amasambu n’amatungo, batangira kwangara, mbese akaga kabo gatangira ubwo.

Aho abajenosideri batsindiwe muri 94 bagahungira muri Kongo, ibintu byarushijeho kujya irudubi kuko MAGRIVI yari ibonye undi musada, maze Abatutsi bari bagihanyanyaza baratsembwa, abarokotse barahunga, ubu bakaba banyanyagiye mu nkambi zo mu bihugu byo muri aka karere.

MAGRIVI kandi n’ubu ” iracyakora”(kwica mu mvugo y’abajenosideri). Gusa, muri iyi myaka 30 ishize yahinduriwe izina kenshi: PARECO, Nyatura, n’ ayandi, ubu irigezweho rikaba ari Wazalendo.

Fabien Singaye kandi yari umusemuzi, akaba no mu batangabuhamya bakomeye ba wa “muryamanza” w’Umufaransa, Jean-Louis Bruguière, washatse gushyira abayobozi bakuru ba FPR n’u Rwanda mu manza zitagira ishingiro, ariko umutego mutindi we ugashibuka akiwutega.

Muri ubwo bugambanyi bwose ariko nta gitangaje kirimo, urebye amateka y’uyu mugome, n’ibisanira afitanye n’abahekuye uRwanda.

Fabien Singaye ni umukwe wa Kabuga Felisiyani, wamamaye nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abahungu babiri ba Habyarimana nabo barongoye abakobwa ba Kabuga, bisobanuye ko Felisiyani Kabuga, André Singaye na Yuvenali Habyarimana bari ” bamwana”, kuko abana babo bashyingiranywe. Nubwo inyinshi muri izo ngo zitarambye, ntibikiraho urusobe rw’amasano hagati y’abajenosideri!

Ikindi twamenya ni ko Fabien Singaye ari inkoramutima ya Perezida Evariste Ndayishimiye w’uBurundi, amakuru yizewe akavuga ko Singaye ariwe uhagarariye ubucuruzi bwa sebukwe Kabuga mu mu mujyi wa Bujumbura.

Fabien Singaye kandi ni igikoresho cy’abantu nka Filip Reyntjens, Judi Rever, Charles Onana, Michella Wrong, Keneth Roth, n’abandi babura ibitotsi iyo nta nkuru mbi ivugwa ku Rwanda.

Ngayo rero amaboko Tshisekedi atezeho amakiriro. Uretse ko nabo ubwabo ari injijite zabuze amirukiro, n’ubusanzwe ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka.

2024-09-23
Editorial

IZINDI NKURU

Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Editorial 20 Jan 2016
Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Editorial 01 Feb 2024
Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Editorial 27 Apr 2021
Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Editorial 10 Oct 2019
Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Editorial 20 Jan 2016
Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Editorial 01 Feb 2024
Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Editorial 27 Apr 2021
Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Editorial 10 Oct 2019
Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Editorial 20 Jan 2016
Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Editorial 01 Feb 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru