• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Editorial 26 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ku munsi w’ejo mu ntara ya Bubanza mu gihugu cy’I Burundi habaye igitero cyigambwe n’umutwe wa RED Tabara wavuze ko wasize wishe abasirikari batandatu bagasenya n’ibiro by’ishyaka CNDD FDD. Nkuko Ndayishimiye yabigize indirimbo yahise yihutira gushinja Leta y’u Rwanda ko ifasha umutwe wa RED Tabara kandi ubarizwa mu burasirazuba bwa Kongo mu ntara ya Kivu y’amajyepfo.

Kuva Ndayishimiye yishyira hamwe na Tshisekedi nyuma yo gutera umugongo Umuryango w’Afurika y’iburasirazuba yakomeje gutera intero ko nawe abamurwanya baterwa inkunga ya Leta.

Ibi byaje gufata intera ubwo ingabo za Ndayishimiye zagiye gufasha Tshisekedi zigakubitwa inshuro n’umutwe wa M23 abenshi bakicwa abarokotse nabo basubira I Burundi bagafungwa.

Ubu biravugwa ko abasirikari barenga 200 bafunzwe bazira kuba baranze kurwanya umutwe wa M23.

Uwitwa Col Aaron Ndayishimiye wari woherejwe gutungura umutwe wa M23 byarangiye nawe bamufunze kuko yapfushije abasirikari benshi.

Mu rwego rwo kurangaza abaturage be, Ndayishimiye yitwaza u Rwanda ko ruri inyuma y’ibibazo afite.

U Burundi bwaherukaga kumvikana bushinja u Rwanda gukorana na RED Tabara, nyuma y’ikindi gitero uyu mutwe wari wagabye muri iki gihugu mu mpera za 2023.

Ni ibirego u Rwanda rwamaganira kure, rugashimangira ko nta nyungu rufite mu guhungabanya umutekano w’iki gihugu cy’igituranyi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, mu kiganiro aherutse kugirana na Africa Daily yavuze ko ntacyo rupfana n’ibikorwa bya RED Tabara.

Ati “Nta kuri na guto kuri muri ibyo, nta ruhare dufite mu bikorwa bya RED Tabara, ni umutwe ukorera muri Kivu y’Amajyepfo, mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa RDC ntabwo uri mu Rwanda, ntabwo ufashwa n’u Rwanda, nta ruhare tubifitemo. Abarundi bakwiriye guhangana n’iki kibazo ku giti cyabo na RDC, aho kugerageza kuzana u Rwanda mu bintu bitarureba.”

Yakomeje avuga ko kuba u Rwanda n’u Burundi bitabanye neza ari ibintu bihangayikishije kuko ibihugu byombi bifite byinshi bibihuza.

Ati “Dufite impungenge, ntabwo ariko bikwiriye kuba bimeze, twakoze ibishoboka byose mu buryo bwa dipolomasi no mu bundi buryo kugira ngo tugerageze kugarura umubano mwiza, u Rwanda n’u Burundi bifitanye isano ya hafi, Abanyarwanda benshi babaye impunzi i Burundi, ubu dufite Abarundi b’impunzi mu Rwanda, ni ikintu kitari gikwiriye kuba cyarabaye.”

Yolande Makolo yavuze ko u Rwanda ruhora rwiteguye ibiganiro mu gukemura ibibazo bitandukanye, gusa yemeza ko n’ibindi bihugu bikwiriye gutera intambwe mu kubahiriza ibiba byaganiriwe.

Ndayishimiye yakurikiye amafaranga muri Congo ariko bigaragara ko azahakura imbwa yiruka.

Arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi.

2024-02-26
Editorial

IZINDI NKURU

Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Editorial 19 Nov 2019
APR FC, Rayon Sports na Etoile de l’Est mu makipe yitwaye neza, Police na As Kigali zitsindwa ku munsi wa 23 PNL

APR FC, Rayon Sports na Etoile de l’Est mu makipe yitwaye neza, Police na As Kigali zitsindwa ku munsi wa 23 PNL

Editorial 04 Mar 2024
Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Editorial 08 Apr 2020
Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo

Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo

Editorial 03 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Umupadiri yishwe arashwe nyuma y’igitambo cya misa
Mu Mahanga

RDC: Umupadiri yishwe arashwe nyuma y’igitambo cya misa

Editorial 09 Apr 2018
Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka
SHOWBIZ

Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka

Editorial 23 Dec 2017
RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF
Mu Mahanga

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

Editorial 23 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru