• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa   |   15 Aug 2025

  • Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR   |   14 Aug 2025

  • Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club   |   14 Aug 2025

  • APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026   |   13 Aug 2025

  • Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka   |   13 Aug 2025

  • Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA   |   12 Aug 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Umutoza w’Amavubi amaze kwirukanwa (yavuguruwe)

Umutoza w’Amavubi amaze kwirukanwa (yavuguruwe)

Editorial 18 Aug 2016 IMIKINO

Umutoza w’Amavubi Jonathan Mckinstry ukomoka muri Northern Iriland amaze kwirukanwa kuri uwo mwanya.

Ni nyuma y’uko hari ibitangazamakuru bitandukanye byari byanditse ko Mckinstry agomba kwirukanwa kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Kanama 2016.

Hakaba hari hashize igihe gito bi hwihwiswa ko Mckinstry ashobora kwirukanwa mbere y’umukino uzahuza Amavubi na Ghana kuwa 5 Nzeli 2016.

Ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) rwasohotse muri Kanama Amavubi yasubiye inyuma imyanya icumi iri ku mwanya 121 yari ivuye ku mwanya 111

-3725.jpg

Jonathan Mckinstry

Ku ikubitiro uyu mutoza yatezwe umukino wa gishuti na Zambia ihita imutera ibitego 2-0 mu buryo bwihuse hari tariki 29 Werurwe 2015.Uyu mutoza yahise akomeza gushakirwa imikino ya gishuti kuko kugeza iki gihe yirukanwa yari amaze gukina imikino umunani (8) ya gishuti, uheruka yawutsinzwe na Senegal ibitego 2-0 tariki 28 Gicurasi 2016 kuri sitade Amahoro.

Imikino 8 ya gishuti yakinnye yatsinzemo itatu(3), anganya ibiri (2) atsindwa itatu (3).Mu mikino yatsinze harimo umukino u Rwanda rwatsinzemo Tanzania ibitego 2-0 tariki 7 Kamena 2016, yatsinze Ethiopia ibitego 3-1 tariki 28 Kanama 2015 ndetse anatsinda Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igitego 1-0 tariki ya 10 Mutarama 2016 mu mukino wa gishuti wateguraga imikino ya CHAN 2016 yari gutangira nyuma y’iminsi itandatu.

Yanganyije na Kenya 0-0 tariki 6 Kamena 2015 ndetse aza kunganya na Cameroon igitego 1-1 tariki ya 6 Mutarama 2016 mu wundi mukino nawo wateguraga CHAN2016 yabereye mu Rwanda.

Uretse kuba yaratsinzwe n’ibihugu nka Zambia na Senegal mu mikino ya gishuti, McKinstry yanatsinzwe na Gabon igitego 1-0 mu mukino wa gishuti wakinwe tariki 12 Nzeli 2015.

Mu mikino yo gushaka itike yon gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2017 kizakinirwa muri Gabon, u Rwanda rwari rwashyizwe mu itsinda rya mumani (H) aho rwari kumwe na Ghana, Mozambique na Mauritius.

Mu mikino itandatu u Rwanda rwasabwaga gukina, rumaze gukinamo imikino itanu (5).Mu mikino itanu Amavubi amaze gutsindamo imikino ibiri (2) harimo umukino ubanza u Rwanda rwatsinzemo Mozambique igitego 1-0 ndetse na Mauritius ibitego 5-0.Gusa U Rwanda rwatsinzwemo imikino itatu (5) nubwo hasigaye umukino umwe u Rwanda rugomba gukina na Ghana kuwa 1 Nzeli 2016.

Mu mikino Nyafurika y’ibihugu ku bakinnyi bakina mu mashampiyona y’ibihugu (CHAN2016), u Rwanda rwasezerewe rugeze mu mikino ya ¼ nyuma yo gukurwamo na DR Congo mu minota y’inyongera. Mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2018, u Rwanda rwakuwemo na Libya nyuma y’ikinyuranyo cy’ibitego 4-2 mu mikino ibiri yahuje ibihugu byombi. Aha u Rwanda rwatsinze umukino ubanza igitego 1-0, Libya itsinda ibitego 3-1 mu mukino wo kwishyura wabereye i Kigali.

Muri CECAFA y’ibihugu, u Rwanda rwakinnye imikino itandatu (6), rutsindwa imikino ibiri harimo uwo Amavubi yatsinzwemo na Uganda ku mukino wa nyuma ndetse n’undi u Rwanda rwatsinzwe na Tanzania ibitego 2-0 mu matsinda.

Mu mikino 26 Jonathan McKinstry yatoje, yatsinzemo imikino icumi (10), anganya ine (4) atsindwa imikino 12. Iyo ugerageje gushyira ku mpuzandengo y’imikino uyu mutoza yatoje, usanga yaratsinze 38.4 ku ijana (38.4%) by’imikino yatoje.Yanganyije 15.3% atsindwa 46.1%.

Ibi byatumye Minisiteri y’umuco na siporo(MINISPOC) yari ifite uyu mutoza mu maboko ihitamo kumuhambiriza utwangushye nyuma yo kubona ko nta musaruro yagaragaje nk’uko Rurangayire Guy ushinzwe ibikorwa by’amakipe y’ibihugu muri MINISPOC yabitangarije Radio10.

“Impamvu nyamukuru ni umusaruro mucye w’ikipe (Amavubi) kuva igihe yari ayifite no kuba yaratakaje intego yo kugeza ikipe mu gikombe cya Afurika.Ndumva impamvu ikomeye aruko atabashije gutuma ikipe ihagarara neza ku ruhando mpuzamahanga nk’uko twabyifuzaga (MINISPOC)”.

Rurangayire akomeza avuga ko nta rwitwazo McKinstry yari afite rwo kwitwara nabi kuko avuga ko ibyasabwaga byose yari yarabihawe.

Uyu mutoza yirukanwe nyamara yari yaramaze kongererwa amasezerano y’imyaka ibiri(2) amasezerano yasinye mbere yo gukina na Mauritius muri Werurwe 2016.Icyo gihe yahise atsindwa igitego 1-0 mu mukino ubanza.Umukino wo kwishyura ahita anyagira iyi kipe ibitego 5-0 i Kigali.
McKinstry yafashe ikipe y’u Rwanda iri ku mwanya wa 68 ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA ariko kugeza ubu ku rutonde ruheruka gusohoka u Rwanda ruri ku mwanya wa 121.

Bigendanye no kuba u Rwanda rufite umukino rugomba gukina na Ghana ku itariki ya 1 Nzeli 2016, Amavubi ari mu kaga gakomeye ko kuzamuka cyane cyangwa kumanuka bikanganye.U Rwanda ruramutse rutsinze Ghana ntacyo byamara muri gahunda yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ariko byatanga amanota yatuma u Rwanda rujya ku mwanya uri munsi ya 121.

Mu gihe ku rundi ruhande, u Rwanda rutsinzwe uyu mukino ntabwo byaba igitangaza Amavubi yisanze mu myanya ya 125 ku rutonde rwakurikira.

Dore urugendo rwose rwa Jonathan Bryan McKinstry mu Rwanda.
Imikino ya gishuti:
Tariki 29/3/2015:Zambia 2-0 Rwanda
Tariki 6/6/2015:Rwanda 0-0 Kenya
Tariki 7/6/2015:Rwanda 2-0 Tanzania
Tariki 28/8/2015:Rwanda 3-1 Ethiopia
Tariki 12/9/2015:Rwanda 0-1 Gabon
Tariki 6/1/2016:Rwanda 1-1 Cameroon
Tariki 10/1/2016:Rwanda 1-0 DR Congo
Tariki 28/5/2016:Rwanda 2-0 Senegal
Urugendo rugana Gabon 2017:
Tariki 14/6/2015:Mozambique 0-1 Rwanda
Tariki 5/9/2015:Rwanda 0-1 Ghana
Tariki 26/3/2016:Mauritius 1-0 Rwanda
Tariki 29/3/2016:Rwanda 5-0 Mauritius
Tariki 4/6/2016:Rwanda 2-3 Mozambique
Tariki 1/9/2016:Ghana vs Rwanda (Uzatozwa n’undi)
Imikino ya CHAN2016:
Amatsinda
Tariki 16/1/2016:Rwanda 1-0 Cote d’Ivoire
Tariki 20/1/2016:Rwanda 2-1 Gabon
Tariki 24/1/2016:Moroco 4-1 Rwanda
Muri ¼ cy’irangiza
Tariki 30/1/2016:Rwanda 1-1 DR Congo(AET 1-2)
Muri CECAFA 2015:
Mu matsinda
Tariki 21/11/2015:Ethiopia 0-1 Rwanda
Tariki 24/11/2015:Rwanda 1-2 Tanzania
Tariki 27/11/2015:Rwanda 3-0 Somalia
Muri ¼ cy’irangiza
Tariki 1/12/2015: Rwanda 0-0 Kenya (penaliti 5-3)
Muri ½ cy’irangiza
Tariki 3/12/2015:Rwanda 1-1 Sudan(4-2)
Umukino wa nyuma
Tariki 5/12/2015:Uganda 1-0 Rwanda
Urugendo rugana mu Burusiya 2018 (Igikombe cy’isi)
Tariki 13/11/2015:Libya 1-0 Rwanda
Tariki 17/11/2015:Rwanda 1-3 Libya

Ntakirutimana Alfred

2016-08-18
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Editorial 04 Mar 2021
Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Editorial 20 Nov 2023
Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Editorial 19 Apr 2023
Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Editorial 14 Mar 2025
Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Editorial 04 Mar 2021
Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Editorial 20 Nov 2023
Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Editorial 19 Apr 2023
Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Editorial 14 Mar 2025
Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Editorial 04 Mar 2021
Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Editorial 20 Nov 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru